Tuesday, October 7, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Undi Munyarwanda mu munani baburanishijwe kuri Jenoside boherejwe muri Niger yapfuye nyuma y’abandi babiri

radiotv10by radiotv10
04/08/2025
in MU RWANDA
0
Undi Munyarwanda mu munani baburanishijwe kuri Jenoside boherejwe muri Niger yapfuye nyuma y’abandi babiri
Share on FacebookShare on Twitter

Protais Zigiranyirazo wabaye mu butegetsi bwateguye bukanakora Jenoside yakorewe Abatutsi, aho yabaye Perefe w’iyahoze ari Perefegitura ya Ruhengeri, yapfiriye muri Niger nyuma yuko hari abandi babiri mu munani boherejwe muri iki Gihugu bahitabiye Imana.

Aba banyarwanda umunani boherejwe muri Niger muri 2021, ni Nzuwonemeye François Xavier, Nteziryayo Alphonse, Muvunyi Tharcisse, Ntaganira André, Nsengiyumva Anatole, Mugiraneza Prosper, Sagahutu Innocent na Protais Zigiranyirazo witabye Imana kuri iki Cyumweru.

Urupfu rwa Protais Zigiranyirazo, rwatangajwe n’Umuhungu we Antoine Mukiza Zigiranyirazo kuri uyu wa Mbere tariki 04 Kanama 2025, wavuze ko umubyeyi we yapfuye kuri iki Cyumweru tariki 03 Kanama aguye i Niamey muri Niger.

Uyu wabaye mu butegetsi bwateguye bukanakora Jenoside yakorewe Abatutsi, wanayiburanishijweho n’Urwahoze ari Urukiko Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda i Arusha muri Tanzania, mu mpera za 2008 yakatiwe igifungo cy’imyaka 20, aza kukijuririra, muri 2009 agirwa umwere mu Rugereko rw’Ubujurire rw’uru Rukiko.

Zigiranyirazo Protais

Protais Zigiranyirazo wabaye Perefe w’iyahoze ari Perefegitura ya Ruhengeri, apfuye nyuma yuko hari abandi Banyarwanda babiri bapfuye muri aba umunani boherejwe muri Niger.

Ku ya 10 Kamena 2023, Lt Col Muvunyi Tharcisse na we wari muri aba Banyarwanda umunani boherejwe muri Niger, na we yapfiriye muri iki Gihugu.

Uyu wabaye Umuyobozi w’ishuri rikuru rya gisirikare (ESO) yasanzwe mu bwogero yashizemo umwuka, aho yari amaze igihe ataka uburwayi anasaba kujya kwivuriza mu Bwongereza.

Ni mu gihe mugenzi we Lt Col Nsengiyumva Anatole wigeze kuba Umuyobozi w’Igisirikare mu yahoze ari Perefegitura ya Gisenyi, na we tariki 07 Gicurasi umwaka ushize wa 2024, yasanzwe mu nzu acumbikiwemo na bagenzi be, na we yapfuye azize uburwayi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − 3 =

Previous Post

Eng.-Protais Zigiranyirazo, a brother-in-law of former President Habyarimana has died in Niger

Next Post

DRC: Ishyaka rya Kabila ryagaragaje igiteye impungenge nyuma yuko atangiye kuburanishwa

Related Posts

Soft skills that make you look confident without speaking

Soft skills that make you look confident without speaking

by radiotv10
06/10/2025
0

Confidence is not only shown through words. The way you move, act, and react can speak louder than anything you...

Kigali: Ibyagaragaye ahabonetse umurambo w’umusore byatumye hari igikekwa

Umunyeshuri wa kaminuza wiyahuye yasize urwandiko rurimo ubutumwa yageneye urubyiruko rw’u Rwanda

by radiotv10
06/10/2025
0

Umunyeshuri wigaga muri Kaminuza y’Imyuga n’Ubumenyingiro ya Hanika y’Itorero ry’Abangilikani yo mu Karere ka Nyanza, yasanzwe yapfuye bikekwa ko yiyahuye,...

Madamu Jeannette Kagame yahawe igihembo mpuzamahanga

Madamu Jeannette Kagame yahawe igihembo mpuzamahanga

by radiotv10
06/10/2025
0

Madamu Jeannette Kagame, yahawe igihembo mpuzamahanga ‘FIGO Distinguished Recognition Award’ gihabwa abagize uruhare rukomeye mu buzima bw’abari n’abategarugori. Madamu Jeannette...

Perezida Kagame yibukije abayobozi basubiramo amakosa kenshi ikiba kibategereje

Perezida Kagame yibukije abayobozi basubiramo amakosa kenshi ikiba kibategereje

by radiotv10
06/10/2025
0

Perezida Paul Kagame avuga ko kuba umuyobozi yateshuka agakora ikosa rimwe ari ibisanzwe nk’ikiremwamuntu, ariko ko iyo arisubiyemo kenshi, biba...

Do men really want independent women, or just the idea of them?

Do men really want independent women, or just the idea of them?

by radiotv10
06/10/2025
0

Today, many men say they want an independent woman, someone who is confident, hardworking, and not fully dependent on them....

IZIHERUKA

Soft skills that make you look confident without speaking
IMIBEREHO MYIZA

Soft skills that make you look confident without speaking

by radiotv10
06/10/2025
0

Kigali: Ibyagaragaye ahabonetse umurambo w’umusore byatumye hari igikekwa

Umunyeshuri wa kaminuza wiyahuye yasize urwandiko rurimo ubutumwa yageneye urubyiruko rw’u Rwanda

06/10/2025
Madamu Jeannette Kagame yahawe igihembo mpuzamahanga

Madamu Jeannette Kagame yahawe igihembo mpuzamahanga

06/10/2025
Perezida Kagame yibukije abayobozi basubiramo amakosa kenshi ikiba kibategereje

Perezida Kagame yibukije abayobozi basubiramo amakosa kenshi ikiba kibategereje

06/10/2025
Bwa mbere Umuvugizi w’Abafana ba Rayon Wasili n’uw’aba APR Jangwani bahuye bavuga rumwe

Bwa mbere Umuvugizi w’Abafana ba Rayon Wasili n’uw’aba APR Jangwani bahuye bavuga rumwe

06/10/2025
Hagaragaye umwimukira winjiye i Burayi avuye muri Afurika akoresheje uburyo budasanzwe bugaragaye bwa mbere

Hagaragaye umwimukira winjiye i Burayi avuye muri Afurika akoresheje uburyo budasanzwe bugaragaye bwa mbere

06/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
DRC: Ishyaka rya Kabila ryagaragaje igiteye impungenge nyuma yuko atangiye kuburanishwa

DRC: Ishyaka rya Kabila ryagaragaje igiteye impungenge nyuma yuko atangiye kuburanishwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Soft skills that make you look confident without speaking

Umunyeshuri wa kaminuza wiyahuye yasize urwandiko rurimo ubutumwa yageneye urubyiruko rw’u Rwanda

Madamu Jeannette Kagame yahawe igihembo mpuzamahanga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.