Monday, December 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Undi mwarimukazi yagiye gutanga kandidatire ngo azahatanire kwinjira mu Nteko y’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
23/05/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
2
Undi mwarimukazi yagiye gutanga kandidatire ngo azahatanire kwinjira mu Nteko y’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Umwarimukazi mu Ishuri Ryisumbuye ryo mu Karere ka Nyanza, wifuza kuzahatanira umwanya mu Nteko Ishinga Amategeko-Umutwe w’Abadepite, yagiye gutanga kandidatire ye, atanze ku nshuro ya gatatu.

Uwatanze Kandidatire ku mwanya w’Abadepite kuri uyu wa Kane tariki 23 Gicurasi 2024, ni Elisabeth Niyirora w’imyaka 57 y’amavuko, wigisha mu Rwunge rw’Amashuri (G.S) rwa Hanika mu Karere ka Nyanza.

Amakuru avuga ko Elisabeth Niyirora wifuza kuba Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, ari ku nshuro ya gatatu atanze kandidatire, ashaka kuba umwe mu ntumwa za rubanda.

Ubwo yazaga gutanga kandidatire ye kuri uyu wa Kane, Elisabeth Niyirora, yagiye ku cyicaro cya Komisiyo y’Igihugu y’Amatora ari kuri moto yari yateze.

Uyu mwarimukazi atanze kandidatire nyuma y’uko muri iki cyumweru, undi mwarimukazi witwa Nyiramahirwe Jeanne d’Arc na we agiye ku cyicaro cya Komisiyo y’Igihugu y’Amatora na we gutanga kandidatire ku mwanya w’Umudepite.

Nyiramahirwe Jeanne d’Arc we wigisha muri mu ishuri rya Groupe Scolaire Butete ryo mu Murenge wa Cyanika mu Karere ka Burera, we yari yatanze ku wa Kabiri tariki 21 Gicurasi 2024.

Nyuma yo gutanga kandidatire, uyu mwarimukazi Nyiramahirwe Jeanne d’Arc na we wagiye ku Komisiyo y’Amatora yateze moto anahetse umwana mu mugongo, yavuze ko azahatana mu cyiciro cy’abagore, kandi ko afite icyizere, kuko yahoze mu nzego z’imiyoborere ubwo yari akiri urubyiruko.

Elisabeth Niyirora ubwo yazaga kuri Komisiyo y’Amatora

RADIOTV10

Comments 2

  1. Claver Mbonyingingo says:
    2 years ago

    Elles sont vraiment courageuses ces dames !!Je leur souhaite bonne chance.

    Reply
  2. Edouard says:
    2 years ago

    Yubahwe my colleague pe imana imuge imbere

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − 2 =

Previous Post

Uwari umurinzi w’umuhanzi w’ikirangirire yahishuye byinshi ku byanenzwe yakoreye uwari umukunzi we

Next Post

Ubushinjacyaha bwavuze igihano bwifuza ko gihabwa uwari Umudepite mu Nteko y’u Rwanda wasanganywe intwaro iwe

Related Posts

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

by radiotv10
29/12/2025
0

U Rwanda rwatangaje ko rushyigikiye ibyatangajwe n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe n’uwa Afurika y’Iburasirazuba, yagaragaje ko Igihugu cya Somalia kigomba...

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
28/12/2025
0

Umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse, yafashwe, ndetse iperereza rigaragaza ko...

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugore wari umaze ukwezi ashatse mu murenge wa Muganza yagerageje kwiyahura akoresheje igitenge ubwo umugabo yari amaze kumubwirira mu buriri...

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

by radiotv10
27/12/2025
0

Ginger is a common spice found in many kitchens. In Rwanda and across the world, people use it in tea,...

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu busabane bwa Noheli Gianni Infantino, Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yagiranye n’abakiri bato bafite impano muri uyu...

IZIHERUKA

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi
AMAHANGA

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

by radiotv10
29/12/2025
0

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

29/12/2025
Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

29/12/2025
Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

28/12/2025
Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

28/12/2025
Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

27/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubushinjacyaha bwavuze igihano bwifuza ko gihabwa uwari Umudepite mu Nteko y’u Rwanda wasanganywe intwaro iwe

Ubushinjacyaha bwavuze igihano bwifuza ko gihabwa uwari Umudepite mu Nteko y’u Rwanda wasanganywe intwaro iwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.