Sunday, June 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

UPDATE: Hatanzwe umucyo ku makuru yari yatangajwe kuri General Omega wa FDLR

radiotv10by radiotv10
05/03/2025
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
UPDATE: Hatanzwe umucyo ku makuru yari yatangajwe kuri General Omega wa FDLR
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Umutwe wa M23, bwahakanye amakuru yari yatangajwe ko uyu mutwe ushyikiriza u Rwanda General Ntawunguka Pacifique uzwi nka Omega uzwi mu buyobozi bukuru bw’Umutwe w’iterabwoba wa FDLR, ishami ryawo rya FOCA.

Amakuru yuko Genera Omega ashyikirizwa Ingabo z’u Rwanda, yari yatambutse mu bitangazamakuru binyuranye byo mu Rwanda, ariko nyuma biza kumenyekana ko atari impamo.

Nyuma yuko hatangajwe ko aya makuru atari ukuri, Ikinyamakuru Umuseke cyavuganye n’Umuvugizi Wungirije wa M23, Oscal Balinda, akibwira ko ayo makuru “ntabwo ari yo […] ni igihuha.”

Umunyamakuru w’iki gitangazamakuru yabajije Balinda ko hari ikinyamakuru cyari cyatangaje ko bavuganye akagihamiriza aya makuru ko Gen. Omega yoherezwa mu Rwanda hagati yo kuri uyu wa Gatatu n’ejo ku wa Kane, asubiza agira ati “reka reka, barabeshya […] ni bo bazanye igihuha baranagikwiza.”

Umuvugizi Wungirije wa M23, Dr Oscal Balinda, ubwo yaganiraga n’Itangazamakuru mu mpera z’icyumweru gishize ubwo uyu mutwe washyikirizaga u Rwanda abarwanyi ba FDLR wafatiye ku rugamba barimo Brig Gen Gakwerere Jean Baptiste n’abandi 13, yari yabajijwe amakuru yerecyeye uyu muyobozi wa FDLR-FOCA, avuga kugeza icyo gihe batari bafite amakuru ye.

Muri iki kiganiro yagiranye n’Ikinyamakuru cyitwa Umuseke, Dr Balinda yongeye kugira ati “Amakuru ariho ni amwe nababwiye duherekeza Gakwerere ko twageze ku ndaki ye ntawe twabonye, ubwo rero irengero rye ntaryo tuzi, yaba yarapfuye cyangwa yaba ari mu mashyamba ya Congo cyane ko ayazi kurusha benshi…”

Mu minsi ishize kandi havuzwe amakuru ko uyu Gen. Omega yaba yaraguye mu mirwano ihanganishije umutwe wa M23 n’Igisirikare cya Congo Kinshasa (FARDC) gifatanya n’abarimo umutwe wa FDLR.

Gen Omega, ni umwe mu bakomeye mu mutwe w’iterabwoba wa FDLR, uvugwaho kurangwa n’ingengabitekerezo mbi ya Jenoside, ndetse akaba atayihishira aho ari hose.6

General (Rtd) James Kabarebe wagize imyanya inyuranye mu buyobozi bukuru bw’Ingabo z’u Rwanda ubu akaba ari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, yigeze kugaruka ku kiganiro yagiranye kuri telefone na Gen. Omega, aho yamusabaga gutahuka mu Rwanda nk’uko abandi bahoze muri FDLR babigenje kandi bakaza bakakirwa neza bakanashyirwa mu Ngabo z’u Rwanda, ariko akamubera ibamba.

Gen. (Rtd) James Kabarebe, yavuze ko muri icyo kiganiro yagiranye na Omega, yamubwiye ko adashobora kugaruka mu Rwanda, ngo cyeretse igihe nta Mututsi uzaba ukirurimo, na we akamubwira ko niba ategereje icyo gihe kitazigera kibaho.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − 17 =

Previous Post

Hari abacyumvikanaho imyumvire byari bizwi ko yamaze gukendera mu Rwanda

Next Post

Igikombe cy’Amahoro: Imikino imwe yasize hamenyekanye umukino w’ishiraniro wa 1/2

Related Posts

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Abatuye mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, baravuga ko hari abaremye itsinda ryiyise ‘Abanjongo’ baturuka mu Murenge wa...

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

by radiotv10
28/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zibifashijwemo n’iya Leta Zunze Ubumwe za America, zasinye amasezerano y’amahoro arimo...

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

by radiotv10
28/06/2025
0

Bamwe mu bakora akazi ko gusoroma icyayi mu mirima ya Pfunda mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, bavuga...

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

by radiotv10
28/06/2025
0

The Government of Rwanda and the Democratic Republic of Congo, with the support of the United States of America, have...

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

by radiotv10
27/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z’u Rwanda, barangije amasomo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Kimaka muri...

IZIHERUKA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye
IMIBEREHO MYIZA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

28/06/2025
Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

28/06/2025
Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

28/06/2025
Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

27/06/2025
“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

27/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Igikombe cy’Amahoro: Imikino imwe yasize hamenyekanye umukino w’ishiraniro wa 1/2

Igikombe cy’Amahoro: Imikino imwe yasize hamenyekanye umukino w’ishiraniro wa 1/2

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.