Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

UPDATE: Hatanzwe umucyo ku makuru yari yatangajwe kuri General Omega wa FDLR

radiotv10by radiotv10
05/03/2025
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
UPDATE: Hatanzwe umucyo ku makuru yari yatangajwe kuri General Omega wa FDLR
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Umutwe wa M23, bwahakanye amakuru yari yatangajwe ko uyu mutwe ushyikiriza u Rwanda General Ntawunguka Pacifique uzwi nka Omega uzwi mu buyobozi bukuru bw’Umutwe w’iterabwoba wa FDLR, ishami ryawo rya FOCA.

Amakuru yuko Genera Omega ashyikirizwa Ingabo z’u Rwanda, yari yatambutse mu bitangazamakuru binyuranye byo mu Rwanda, ariko nyuma biza kumenyekana ko atari impamo.

Nyuma yuko hatangajwe ko aya makuru atari ukuri, Ikinyamakuru Umuseke cyavuganye n’Umuvugizi Wungirije wa M23, Oscal Balinda, akibwira ko ayo makuru “ntabwo ari yo […] ni igihuha.”

Umunyamakuru w’iki gitangazamakuru yabajije Balinda ko hari ikinyamakuru cyari cyatangaje ko bavuganye akagihamiriza aya makuru ko Gen. Omega yoherezwa mu Rwanda hagati yo kuri uyu wa Gatatu n’ejo ku wa Kane, asubiza agira ati “reka reka, barabeshya […] ni bo bazanye igihuha baranagikwiza.”

Umuvugizi Wungirije wa M23, Dr Oscal Balinda, ubwo yaganiraga n’Itangazamakuru mu mpera z’icyumweru gishize ubwo uyu mutwe washyikirizaga u Rwanda abarwanyi ba FDLR wafatiye ku rugamba barimo Brig Gen Gakwerere Jean Baptiste n’abandi 13, yari yabajijwe amakuru yerecyeye uyu muyobozi wa FDLR-FOCA, avuga kugeza icyo gihe batari bafite amakuru ye.

Muri iki kiganiro yagiranye n’Ikinyamakuru cyitwa Umuseke, Dr Balinda yongeye kugira ati “Amakuru ariho ni amwe nababwiye duherekeza Gakwerere ko twageze ku ndaki ye ntawe twabonye, ubwo rero irengero rye ntaryo tuzi, yaba yarapfuye cyangwa yaba ari mu mashyamba ya Congo cyane ko ayazi kurusha benshi…”

Mu minsi ishize kandi havuzwe amakuru ko uyu Gen. Omega yaba yaraguye mu mirwano ihanganishije umutwe wa M23 n’Igisirikare cya Congo Kinshasa (FARDC) gifatanya n’abarimo umutwe wa FDLR.

Gen Omega, ni umwe mu bakomeye mu mutwe w’iterabwoba wa FDLR, uvugwaho kurangwa n’ingengabitekerezo mbi ya Jenoside, ndetse akaba atayihishira aho ari hose.6

General (Rtd) James Kabarebe wagize imyanya inyuranye mu buyobozi bukuru bw’Ingabo z’u Rwanda ubu akaba ari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, yigeze kugaruka ku kiganiro yagiranye kuri telefone na Gen. Omega, aho yamusabaga gutahuka mu Rwanda nk’uko abandi bahoze muri FDLR babigenje kandi bakaza bakakirwa neza bakanashyirwa mu Ngabo z’u Rwanda, ariko akamubera ibamba.

Gen. (Rtd) James Kabarebe, yavuze ko muri icyo kiganiro yagiranye na Omega, yamubwiye ko adashobora kugaruka mu Rwanda, ngo cyeretse igihe nta Mututsi uzaba ukirurimo, na we akamubwira ko niba ategereje icyo gihe kitazigera kibaho.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − 17 =

Previous Post

Hari abacyumvikanaho imyumvire byari bizwi ko yamaze gukendera mu Rwanda

Next Post

Igikombe cy’Amahoro: Imikino imwe yasize hamenyekanye umukino w’ishiraniro wa 1/2

Related Posts

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

How Personal Hygiene Affects Confidence

How Personal Hygiene Affects Confidence

by radiotv10
14/01/2026
0

Personal hygiene may seem like a small part of daily life, but it has a big impact on how we...

How your daily environment affects your mood (room, light, noise)

How your daily environment affects your mood (room, light, noise)

by radiotv10
14/01/2026
0

Most people think mood comes only from thoughts or emotions. But your daily environment plays a very big role in...

IZIHERUKA

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda
IMYIDAGADURO

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

by radiotv10
14/01/2026
0

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

14/01/2026
Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

14/01/2026
APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Igikombe cy’Amahoro: Imikino imwe yasize hamenyekanye umukino w’ishiraniro wa 1/2

Igikombe cy’Amahoro: Imikino imwe yasize hamenyekanye umukino w’ishiraniro wa 1/2

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.