Monday, March 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

UPDATE: Umuhanda uhuza Intara ebyiri mu Rwanda utari nyabagendwa wongeye gukoreshwa

radiotv10by radiotv10
09/03/2026
in MU RWANDA
0
UPDATE: Umuhanda uhuza Intara ebyiri mu Rwanda utari nyabagendwa wongeye gukoreshwa
Share on FacebookShare on Twitter

Polisi y’u Rwanda, yatangaje ko umuhanda Muhanga- Ngororero- Mukamira wongeye kuba nyabagendwa, nyuma yuko wamaze amasaha udakoreshwa kubera imvura nyinshi.

Isubukurwa ryo gukoresha uyu muhanda uhuza Intara y’Amajyepfo, n’iy’Iburengerazuba, rikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze na Polisi y’u Rwanda mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 09 Werurwe 2026.

Iri tangazo rivuga ko “Turabamenyesha ko umuhanda Muhanga- Ngororero- Mukamira wabaye nyabagendwa.”

Iri tangazo ryaje rikurikira iryari ryatanzwe mu ijoro ryo kuri iki Cyumweru tariki 08 Werurwe 2026, ryagiraga riti “Turabamenyesha ko kubera imvura nyinshi umuhanda RN11, Muhanga- Ngororero- Mukamira ubu udakoreshwa.”

 

Inkuru yari yabanje:

Umuhanda Muhanga-Ngororero-Mukamira nturi gukoreshwa

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko umuhanda Muhanga- Ngororero- Mukamira utari gukoreshwa kubera imvura nyinshi yaguye, isaba abawukoresha gukoresha indi, irimo uwa Mukamira- Musanze- Kigali.

Itangazo rivuga iby’uyu muhanda utari nyabagendwa, ryashyizwe hanze na Poisi y’u Rwanda mu ijoro ryo kuri iki Cyumweru tariki 08 Werurwe 2026.

Uru rwego rwagize ruti “Turabamenyesha ko kubera imvura nyinshi umuhanda RN11, Muhanga- Ngororero- Mukamira ubu udakoreshwa.”

Polisi y’u Rwanda yagiriye inama abakoresha uyu muhanda, gukoresha uwa Mukamira- Musanze- Kigali cyangwa Muhanga- Kigali- Musanze- Mukamira na Muhanga- Rubengera- Rutsiro- Rubavu.

Uru rwego rushinzwe umutekano w’abantu n’ibyabo, rwavuze kandi ko muri icyo gihe umuhanda udakoreshwa, abapolisi baza kuba bahari kugira ngo bayobore abantu.

Imihanda minini nk’iyi ihuza Intara, ikunze kugirwaho ingaruka n’ibiza, aho uretse kuba inkangu zawufunga, hari n’igihe amazi yuzuramo, agatuma ibinyabiziga n’abagenzi batabasha gutambuka.

Ikigo cy’Igihugu cy’Ubumenyi bw’Ikirere Meteo Rwanda giherutse gutangaza ko mu gice cya mbere cy’ukwezi kwa Werurwe 2026 kizarangwa n’imvura iri ku kigero kiri hejuru y’icy’isanzwe igwa muri iki gihe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 + fourteen =

Previous Post

Iran itanze umuburo ku batekereza ko intambara izarangira vuba

Related Posts

Why former UR students must repay Government study loans

Why former UR students must repay Government study loans

by radiotv10
09/03/2026
0

For many students at the University of Rwanda (UR), receiving government support is the key to pursuing higher education. Tuition...

Umunyarwandakazi ukiri muto yegukanye umwanya wa mbere mu marushanwa ya Afurika y’Iburasirazuba

Umunyarwandakazi ukiri muto yegukanye umwanya wa mbere mu marushanwa ya Afurika y’Iburasirazuba

by radiotv10
09/03/2026
0

Atete Kagorora wo mu Rwanda wegukanye umwanya wa mbere mu marushanwa yo kwandika ku Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba, avuga ko...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
09/03/2026
0

Perezida Kagame yashimangiye ko u Rwanda rudashobora kugurana umutekano warwo n’amahitamo adashoboka rusabwa

Perezida Kagame yashimangiye ko u Rwanda rudashobora kugurana umutekano warwo n’amahitamo adashoboka rusabwa

by radiotv10
07/03/2026
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko u Rwanda rudashobora kugurana ingamba z’ubwirinzi ngo ruzikureho nk'uko rubisabwa ngo rwirengagize ko umutwe wa...

Umutwe w’Ingabo Zidasanzwe wa RDF wungutse abasirikare bafite imyitozo ihanitse

Umutwe w’Ingabo Zidasanzwe wa RDF wungutse abasirikare bafite imyitozo ihanitse

by radiotv10
07/03/2026
0

Umutwe w'Ingabo Zidasanzwe (Special Operations Force) muri RDF, wungutse abasirikare n’abofisiye barangije amahugurwa y'ibanze yo guhangana n'iterabwoba, banagaragaje imwe mu...

IZIHERUKA

UPDATE: Umuhanda uhuza Intara ebyiri mu Rwanda utari nyabagendwa wongeye gukoreshwa
MU RWANDA

UPDATE: Umuhanda uhuza Intara ebyiri mu Rwanda utari nyabagendwa wongeye gukoreshwa

by radiotv10
09/03/2026
0

Iran itanze umuburo ku batekereza ko intambara izarangira vuba

Iran itanze umuburo ku batekereza ko intambara izarangira vuba

09/03/2026
Why former UR students must repay Government study loans

Why former UR students must repay Government study loans

09/03/2026
Breaking: Iran yabonye Umuyobozi w’Ikirenga mushya nyuma y’icyumweru America na Israel bishe uwari umazeho igihe

Breaking: Iran yabonye Umuyobozi w’Ikirenga mushya nyuma y’icyumweru America na Israel bishe uwari umazeho igihe

09/03/2026
Umunyarwandakazi ukiri muto yegukanye umwanya wa mbere mu marushanwa ya Afurika y’Iburasirazuba

Umunyarwandakazi ukiri muto yegukanye umwanya wa mbere mu marushanwa ya Afurika y’Iburasirazuba

09/03/2026
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

09/03/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

UPDATE: Umuhanda uhuza Intara ebyiri mu Rwanda utari nyabagendwa wongeye gukoreshwa

Iran itanze umuburo ku batekereza ko intambara izarangira vuba

Why former UR students must repay Government study loans

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.