Saturday, May 10, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Urayeneza Gerard wari wakatiwe burundu yagizwe umwere

radiotv10by radiotv10
31/03/2022
in MU RWANDA
0
Urayeneza Gerard wari wakatiwe burundu yagizwe umwere
Share on FacebookShare on Twitter

Urayeneza Gerard, wari wakatiwe gufungwa burundu akajurira, yagizwe umwere ku byaha yari yahamijwe birimo ibya Jenoside, urukiko rwategetse ko arekurwa.

Urugereko rw’Urukiko Rukuru ruburanisha Ibyaha mpuzamahanga n’Ibyambukiranya imipaka, rwaburanishije ubujurire bwa Urayeneza Gerard na bagenzi be, rwasomye umwanzuro warwo kuri uyu wa Kane tariki 31 Werurwe 2022.

Uru rukiko rwavuze ko Urayeneza Gerard agizwe umwere ku cyaha cyo kuba icyitso mu cyaha cya Jenoside n’icyaha cyo kuzimiza cyangwa gutesha agaciro ibimenyetso cyangwa amakuru byerekeye Jenoside.

Urukiko kandi rwemeje ko Rutaganda Dominique, Nyakayiro Samuel, Nsengiyaremye Elysee na Munyampundu Leon, bafahamwa n’icyaha cyo kuzimiza cyanwa gutesha agaciro ibimenyetso cyanwa amakuru byerekeye Jenoside.

Gusa kuri Munyampundu Léon alias Kinihira, we yahamijwe icyaha cya Jenoside ariko agabanyirizwa igihano kuko yakatiwe  igifungo cy’imyaka 25 mu gihe na we mbere yari yakatiwe burundu.

Umwanzuro w’Urukiko, ugira uti “Rutegetse koUrayeneza Gerard, Rutagana Domique, Nyakayiro Samuel na Nsengiyaremye Elyse bahita barekurwa uru rubanza rukimara gusomwa.”

Mu iburanisha, Ubushinjacyaha bwavugaga ko hari Abapasiteri 80 bagiye kwicirwa i Nyanza bajyanywe n’imodoka y’ikigo cya Urayeneza.

Urukiko rwavuze ko abatangabuhamya bagiye banyuranya kuri ibi byashinjwaga Urayeneza ndetse ko bamwe bavugaga ko bagiye babyumvana abandi bantu.

Kimwe no ku cyaha cyo kuzimiza ibimenyetso, Urukiko na cyo rwavuze ko nta bimenyetsi bidashidikanywaho byagaragajwe n’Ubushinjacyaha kuko abatangabuhamya babwo na bo bivuguruje ndetse bamwe bakavuga ko ibyo bashinja abaregwa ari ibyo bumvanye abandi.

Munyampundu we yari yarahamijwe icyaha cya Jenoside akatirwa igifungo cy’imyaka 12 arangiza n’igihano arataha, ariko hakaba haragaragaye amakuru ko ubwo Jenoside yabaga mu 1994, yabaga kuri bariyeri yica abantu.

Urayeneza Gerard agizwe umwere nyuma y’umwaka umwe ahamijwe ibyaha yari akurikiranyweho. Tariki 25 Werurwe 2021, Urukiko rwisumbuye rwa Muhanga rwaburanishije uyu mugabo na bagenzi be, rwari rwamuhamije icyaha cyo kuba icyitso mu cyaha cya Jenoside n’icyaha cyo kuzimiza cyangwa gutesha agaciro ibimenyetso cyangwa amakuru byerekeye Jenoside.

Uru rukiko Rwisumbuye rwa Muhanga rwari rwanahamije ibyaha Munyampundu Leon Alias Kinihira na Ruganiza Benjamin baregwaga hamwe na Urayeneza, bose rwari rwabakatiye gufunugwa burundu.

Mu rubanza rw’ubujurire rwaburanishijwe n’ Urugereko rw’Urukiko Rukuru ruburanisha Ibyaha mpuzamahanga n’Ibyambukiranya imipaka, bamwe mu batangabuhamya bari bashinje Urayeneza na bagenzi be, bagarutse bivuguruza bavuga ko ibyo bari bavuze bari babihatiwe n’uwitwa Ahobantegeye Charlotte wavuzweho kugirana ibibazo na Urayeneza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen + thirteen =

Previous Post

Andi mafoto ateye ubwuzu ya ‘Inyogoye’ yakoze ubukwe

Next Post

Perezida Kagame yakiriye intumwa idasanzwe ya Madamu Samia Suluhu Hassan

Related Posts

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwafashe icyemezo cyo gufunga by’agateganyo iminsi 30 Moses Turahirwa uzwi mu guhanga imideri wanashinze inzu yayo...

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

by radiotv10
09/05/2025
0

Umugore w’imyaka 58 wo mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza ukurikiranyweho kwica umugabo we w’imyaka 80, avuga ko...

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda bwashimiye Imana ku itorwa ry’Umushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Nyirubutungane Lewo XIV...

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kizura mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, yatawe muri yombi nyuma yuko mu...

Abapolisi bari bamaze umwaka mu butumwa bakigera mu Rwanda bagarutse ku byo bishimira bakoze

Abapolisi bari bamaze umwaka mu butumwa bakigera mu Rwanda bagarutse ku byo bishimira bakoze

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bw’Abapolisi bavuye mu butumwa bw’amahoro muri Repubulika ya Centrafrique, bwagarutse ku byo bakoze mu gihe cy’umwaka bakoze ibikorwa bitandukanye...

IZIHERUKA

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda
Uncategorized

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

by radiotv10
09/05/2025
0

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yakiriye intumwa idasanzwe ya Madamu Samia Suluhu Hassan

Perezida Kagame yakiriye intumwa idasanzwe ya Madamu Samia Suluhu Hassan

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.