Sunday, June 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Urayeneza Gerard wari wakatiwe burundu yagizwe umwere

radiotv10by radiotv10
31/03/2022
in MU RWANDA
0
Urayeneza Gerard wari wakatiwe burundu yagizwe umwere
Share on FacebookShare on Twitter

Urayeneza Gerard, wari wakatiwe gufungwa burundu akajurira, yagizwe umwere ku byaha yari yahamijwe birimo ibya Jenoside, urukiko rwategetse ko arekurwa.

Urugereko rw’Urukiko Rukuru ruburanisha Ibyaha mpuzamahanga n’Ibyambukiranya imipaka, rwaburanishije ubujurire bwa Urayeneza Gerard na bagenzi be, rwasomye umwanzuro warwo kuri uyu wa Kane tariki 31 Werurwe 2022.

Uru rukiko rwavuze ko Urayeneza Gerard agizwe umwere ku cyaha cyo kuba icyitso mu cyaha cya Jenoside n’icyaha cyo kuzimiza cyangwa gutesha agaciro ibimenyetso cyangwa amakuru byerekeye Jenoside.

Urukiko kandi rwemeje ko Rutaganda Dominique, Nyakayiro Samuel, Nsengiyaremye Elysee na Munyampundu Leon, bafahamwa n’icyaha cyo kuzimiza cyanwa gutesha agaciro ibimenyetso cyanwa amakuru byerekeye Jenoside.

Gusa kuri Munyampundu Léon alias Kinihira, we yahamijwe icyaha cya Jenoside ariko agabanyirizwa igihano kuko yakatiwe  igifungo cy’imyaka 25 mu gihe na we mbere yari yakatiwe burundu.

Umwanzuro w’Urukiko, ugira uti “Rutegetse koUrayeneza Gerard, Rutagana Domique, Nyakayiro Samuel na Nsengiyaremye Elyse bahita barekurwa uru rubanza rukimara gusomwa.”

Mu iburanisha, Ubushinjacyaha bwavugaga ko hari Abapasiteri 80 bagiye kwicirwa i Nyanza bajyanywe n’imodoka y’ikigo cya Urayeneza.

Urukiko rwavuze ko abatangabuhamya bagiye banyuranya kuri ibi byashinjwaga Urayeneza ndetse ko bamwe bavugaga ko bagiye babyumvana abandi bantu.

Kimwe no ku cyaha cyo kuzimiza ibimenyetso, Urukiko na cyo rwavuze ko nta bimenyetsi bidashidikanywaho byagaragajwe n’Ubushinjacyaha kuko abatangabuhamya babwo na bo bivuguruje ndetse bamwe bakavuga ko ibyo bashinja abaregwa ari ibyo bumvanye abandi.

Munyampundu we yari yarahamijwe icyaha cya Jenoside akatirwa igifungo cy’imyaka 12 arangiza n’igihano arataha, ariko hakaba haragaragaye amakuru ko ubwo Jenoside yabaga mu 1994, yabaga kuri bariyeri yica abantu.

Urayeneza Gerard agizwe umwere nyuma y’umwaka umwe ahamijwe ibyaha yari akurikiranyweho. Tariki 25 Werurwe 2021, Urukiko rwisumbuye rwa Muhanga rwaburanishije uyu mugabo na bagenzi be, rwari rwamuhamije icyaha cyo kuba icyitso mu cyaha cya Jenoside n’icyaha cyo kuzimiza cyangwa gutesha agaciro ibimenyetso cyangwa amakuru byerekeye Jenoside.

Uru rukiko Rwisumbuye rwa Muhanga rwari rwanahamije ibyaha Munyampundu Leon Alias Kinihira na Ruganiza Benjamin baregwaga hamwe na Urayeneza, bose rwari rwabakatiye gufunugwa burundu.

Mu rubanza rw’ubujurire rwaburanishijwe n’ Urugereko rw’Urukiko Rukuru ruburanisha Ibyaha mpuzamahanga n’Ibyambukiranya imipaka, bamwe mu batangabuhamya bari bashinje Urayeneza na bagenzi be, bagarutse bivuguruza bavuga ko ibyo bari bavuze bari babihatiwe n’uwitwa Ahobantegeye Charlotte wavuzweho kugirana ibibazo na Urayeneza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × two =

Previous Post

Andi mafoto ateye ubwuzu ya ‘Inyogoye’ yakoze ubukwe

Next Post

Perezida Kagame yakiriye intumwa idasanzwe ya Madamu Samia Suluhu Hassan

Related Posts

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Abatuye mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, baravuga ko hari abaremye itsinda ryiyise ‘Abanjongo’ baturuka mu Murenge wa...

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

by radiotv10
28/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zibifashijwemo n’iya Leta Zunze Ubumwe za America, zasinye amasezerano y’amahoro arimo...

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

by radiotv10
28/06/2025
0

Bamwe mu bakora akazi ko gusoroma icyayi mu mirima ya Pfunda mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, bavuga...

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

by radiotv10
28/06/2025
0

The Government of Rwanda and the Democratic Republic of Congo, with the support of the United States of America, have...

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

by radiotv10
27/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z’u Rwanda, barangije amasomo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Kimaka muri...

IZIHERUKA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye
IMIBEREHO MYIZA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

28/06/2025
Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

28/06/2025
Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

28/06/2025
Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

27/06/2025
“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

27/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yakiriye intumwa idasanzwe ya Madamu Samia Suluhu Hassan

Perezida Kagame yakiriye intumwa idasanzwe ya Madamu Samia Suluhu Hassan

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.