• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Urayeneza Gerard wari wakatiwe burundu yagizwe umwere

radiotv10by radiotv10
31/03/2022
in MU RWANDA
0
Urayeneza Gerard wari wakatiwe burundu yagizwe umwere
Share on FacebookShare on Twitter

Urayeneza Gerard, wari wakatiwe gufungwa burundu akajurira, yagizwe umwere ku byaha yari yahamijwe birimo ibya Jenoside, urukiko rwategetse ko arekurwa.

Urugereko rw’Urukiko Rukuru ruburanisha Ibyaha mpuzamahanga n’Ibyambukiranya imipaka, rwaburanishije ubujurire bwa Urayeneza Gerard na bagenzi be, rwasomye umwanzuro warwo kuri uyu wa Kane tariki 31 Werurwe 2022.

Uru rukiko rwavuze ko Urayeneza Gerard agizwe umwere ku cyaha cyo kuba icyitso mu cyaha cya Jenoside n’icyaha cyo kuzimiza cyangwa gutesha agaciro ibimenyetso cyangwa amakuru byerekeye Jenoside.

Urukiko kandi rwemeje ko Rutaganda Dominique, Nyakayiro Samuel, Nsengiyaremye Elysee na Munyampundu Leon, bafahamwa n’icyaha cyo kuzimiza cyanwa gutesha agaciro ibimenyetso cyanwa amakuru byerekeye Jenoside.

Gusa kuri Munyampundu Léon alias Kinihira, we yahamijwe icyaha cya Jenoside ariko agabanyirizwa igihano kuko yakatiwe  igifungo cy’imyaka 25 mu gihe na we mbere yari yakatiwe burundu.

Umwanzuro w’Urukiko, ugira uti “Rutegetse koUrayeneza Gerard, Rutagana Domique, Nyakayiro Samuel na Nsengiyaremye Elyse bahita barekurwa uru rubanza rukimara gusomwa.”

Mu iburanisha, Ubushinjacyaha bwavugaga ko hari Abapasiteri 80 bagiye kwicirwa i Nyanza bajyanywe n’imodoka y’ikigo cya Urayeneza.

Urukiko rwavuze ko abatangabuhamya bagiye banyuranya kuri ibi byashinjwaga Urayeneza ndetse ko bamwe bavugaga ko bagiye babyumvana abandi bantu.

Kimwe no ku cyaha cyo kuzimiza ibimenyetso, Urukiko na cyo rwavuze ko nta bimenyetsi bidashidikanywaho byagaragajwe n’Ubushinjacyaha kuko abatangabuhamya babwo na bo bivuguruje ndetse bamwe bakavuga ko ibyo bashinja abaregwa ari ibyo bumvanye abandi.

Munyampundu we yari yarahamijwe icyaha cya Jenoside akatirwa igifungo cy’imyaka 12 arangiza n’igihano arataha, ariko hakaba haragaragaye amakuru ko ubwo Jenoside yabaga mu 1994, yabaga kuri bariyeri yica abantu.

Urayeneza Gerard agizwe umwere nyuma y’umwaka umwe ahamijwe ibyaha yari akurikiranyweho. Tariki 25 Werurwe 2021, Urukiko rwisumbuye rwa Muhanga rwaburanishije uyu mugabo na bagenzi be, rwari rwamuhamije icyaha cyo kuba icyitso mu cyaha cya Jenoside n’icyaha cyo kuzimiza cyangwa gutesha agaciro ibimenyetso cyangwa amakuru byerekeye Jenoside.

Uru rukiko Rwisumbuye rwa Muhanga rwari rwanahamije ibyaha Munyampundu Leon Alias Kinihira na Ruganiza Benjamin baregwaga hamwe na Urayeneza, bose rwari rwabakatiye gufunugwa burundu.

Mu rubanza rw’ubujurire rwaburanishijwe n’ Urugereko rw’Urukiko Rukuru ruburanisha Ibyaha mpuzamahanga n’Ibyambukiranya imipaka, bamwe mu batangabuhamya bari bashinje Urayeneza na bagenzi be, bagarutse bivuguruza bavuga ko ibyo bari bavuze bari babihatiwe n’uwitwa Ahobantegeye Charlotte wavuzweho kugirana ibibazo na Urayeneza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 + eight =

Previous Post

Andi mafoto ateye ubwuzu ya ‘Inyogoye’ yakoze ubukwe

Next Post

Perezida Kagame yakiriye intumwa idasanzwe ya Madamu Samia Suluhu Hassan

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Perezida Kagame yakiriye intumwa idasanzwe ya Madamu Samia Suluhu Hassan

Perezida Kagame yakiriye intumwa idasanzwe ya Madamu Samia Suluhu Hassan

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.