Saturday, September 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uregwa kuriganya abantu 500 miliyari 13Frw yasobanuriye Urukiko impamvu yifuza kurekurwa n’umusaruro byatanga

radiotv10by radiotv10
11/06/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Uregwa kuriganya abantu 500 miliyari 13Frw yasobanuriye Urukiko impamvu yifuza kurekurwa n’umusaruro byatanga
Share on FacebookShare on Twitter

Sezisoni Manzi Davis uregwa kuriganya abantu barenga 500 miliyari 13 Frw, yasabye Urukiko kurekurwa agakurikiranwa ari hanze kugira ngo na we abashe gukurikirana arenga miliyoni 2 USD afitiwe n’ikigo yakoranaga na cyo, kugira ngo abashe kwishyura abo afitiye umwenda.

Ni mu iburanisha ryabaye kuri uyu wa Kabiri mu Rukiko Rwisumbuye rwa Gasabo, Sezisoni Manzi Davis ukurikiranyweho kuriganya abantu ziriya miliyari binyuze mu kigo cya ’Billion Traders FX’gitanga serivisi z’ivunjisha rikorerwa kuri internet, yavuze ko hari amafaranga  akiri muri konti z’ikigo bakoranaga ubucuruzi IC Market.

Yasabye Urukiko kurekurwa agakurikirana Miliyoni 2,3 USD yaheze mu kigo cyo hanze bakoranaga ubwo bucuruzi cya IC Market, kugira ngo yishyure abo abereyemo imyenda.

Kuri iyi ngingo, umushinjacyaha yavuze ko hakenewe ikigaragaraza niba koko ayo mafaranga ahari kuko bitizewe ko yaba ahari.

Uwunganira mu mategeko Manzi, yavuze ko hari umunyamategeko wagiye gukurikirana aya mafaranga mu gihugu cya Seychelle ariko aza ntayo afite, icyakora ubuyobozi bwa ICE Market bumubwira ko bugiye kumubarira ingano y’ayo bumufitiye bityo ko yizeye ko ahari kuko ngo iyo aba adahari bari kumuhakanira.

Yerekanye ibaruwa yandikiye RIB asaba ko yakurirwaho itambamira ry’ayo mafaranga kuri konti ye kugira ngo ayakurikirane yishyure abo abereyemo imyenda.

Manzi yagaragarije urukiko ko umuryango we wateranyije Miliyoni 30 Frw zishyurwa abantu batanu bityo ko bitanga icyizere cy’uko arekuwe yashaka n’andi mafaranga akishyura abasigaye.

Abunganira mu mategeko abaregera indishyi, bavuze ko umugore we na we yanditse kuri iyo kampani ya Billion Traders FX ku buryo na we yakurikirana ayo mafaranga akayishyura.

Manzi yavuze ko atari kampani ahubwo ari Entreprise imwanditseho ndetse ko ari we ufite ububasha bwo kubona ayo mafaranga bitewe nuko ari we wayacuruzaga.

Mu mikorere y’ubucuruzi bw’ikigo ya Billion Traders, amafaranga yanyuraga kuri konti ya Manzi Davis yo muri Equity, agakomeza muri BNR akagera kuri konti z’umushoramari wo hanze muri Seyshelle akayacuruza ku isoko mpuzamahanga yarangiza inyungu zikagaruka zinyuze mu nzira amafaranga yanyuzemo.

Ubushinjacyaha bwavuze ko yahawe umwanya ungana n’amezi umunani mbere yo gufungwa kugira ngo agaruze amafaranga ariko ntagaragaze ubushake bwo kuyishyura.

Umwunganizi we mu mategeko yavuze ko mu bihe bitandukanye ubwo RIB yagerageza kuba yakura itambamira muri konti ye hazaga amafaranga akayishyura abakiliya be.

Manzi yasobanuye ku nkomoka kuba muri Miliyari 13 z’amafaranga y’u Rwanda yacuruje nta mutungo umwanditseho ko yashakaga kwagura ishoramari rye.

Yatanze urugero rw’uko niba “Miliyoni 200 z’amafaranga y’u Rwanda zacuruzwa Miliyoni eshanu ku munsi, kubera iki nagura inzu iri bumpe miliyoni eshatu ku kwezi?”

Abunganira mu mategeko abaregera indishyi basaba ko ubusabe bwe bwateshwa agaciro kuko babibonamo nko gutinza urubanza.

Ubushinjacyaha burega Manzi Sezisoni ibyaha bitatu; icyo kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya, kuvunja amafaranga mu buryo butemewe n’amategeko n’icyaha cy’iyezandonke. Umwanzuro w’Urukiko uzatangazwa tariki 19 Kamena 2025.

NTAMBARA Garleon
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 + 9 =

Previous Post

Abapolisi b’u Rwanda bavuye mu butumwa barindagamo abayobozi bakuru muri Centrafrique bagaragaje ibindi bakoze

Next Post

Nyuma y’ubushyamirane hagati ya Trump na Elon Musk umwe yagaragaje guca bugufi

Related Posts

Ingorane z’uwabyaye akiri muto ziyongereyeho ingaruka zo kongererwa imyaka igakubwa gatatu

Ingorane z’uwabyaye akiri muto ziyongereyeho ingaruka zo kongererwa imyaka igakubwa gatatu

by radiotv10
20/09/2025
0

Umubyeyi w’imyaka 17 wo mu Murenge wa Ndora mu Karere ka Gisagara, aravuga ko nyuma yo kubyara afite imyaka 16,...

Hygiene tips every Gen Z should follow to look good and feel confident

Hygiene tips every Gen Z should follow to look good and feel confident

by radiotv10
20/09/2025
0

Gen Z is known for being stylish, confident, and very active online. But one thing that never goes out of...

Dutembere Kigali turebane uko isa mbere y’amasaha macye ngo shampiyona y’isi y’amagare itangire

Dutembere Kigali turebane uko isa mbere y’amasaha macye ngo shampiyona y’isi y’amagare itangire

by radiotv10
20/09/2025
0

Ni mu gihe habura amasaha gusa ngo iri siganwa ry’isi ry’amagare rigatangire mu murwa Mukuru w’u Rwanda i Kigali. Ipyapa,...

Key elements to know about the new Rwandan Digital ID and its benefits

Key elements to know about the new Rwandan Digital ID and its benefits

by radiotv10
20/09/2025
0

Rwanda is rolling out a new digital ID system, launched by the National Identification Agency (NIDA) in August 2025, to...

AMAKURU MASHYA: Hatangajwe impinduka ku masaha y’ibikorwa birimo utubari n’utubyiniro mu Rwanda mu cyumweru cy’irushanwa

AMAKURU MASHYA: Hatangajwe impinduka ku masaha y’ibikorwa birimo utubari n’utubyiniro mu Rwanda mu cyumweru cy’irushanwa

by radiotv10
19/09/2025
0

Urwego Rushinzwe Iterambere mu Rwanda (RDB) rwatangaje amabwiriza agenga ibikorwa by’ubucuruzi bujyanye no kwakira abantu, birimo utubari, utubyiniro na resitora,...

IZIHERUKA

Ingorane z’uwabyaye akiri muto ziyongereyeho ingaruka zo kongererwa imyaka igakubwa gatatu
MU RWANDA

Ingorane z’uwabyaye akiri muto ziyongereyeho ingaruka zo kongererwa imyaka igakubwa gatatu

by radiotv10
20/09/2025
0

Hygiene tips every Gen Z should follow to look good and feel confident

Hygiene tips every Gen Z should follow to look good and feel confident

20/09/2025
Dutembere Kigali turebane uko isa mbere y’amasaha macye ngo shampiyona y’isi y’amagare itangire

Dutembere Kigali turebane uko isa mbere y’amasaha macye ngo shampiyona y’isi y’amagare itangire

20/09/2025
Key elements to know about the new Rwandan Digital ID and its benefits

Key elements to know about the new Rwandan Digital ID and its benefits

20/09/2025
Si ibintu byashoborwa na buri wese kubana na Weasel-Umunyarwandakazi Teta Sandra yatoboye aravuga

Si ibintu byashoborwa na buri wese kubana na Weasel-Umunyarwandakazi Teta Sandra yatoboye aravuga

19/09/2025
Iby’ingenzi biri mu masezerano hagati ya Rwanda Premier League n’umufatanyabikorwa mushya yungutse

Iby’ingenzi biri mu masezerano hagati ya Rwanda Premier League n’umufatanyabikorwa mushya yungutse

19/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyuma y’ubushyamirane hagati ya Trump na Elon Musk umwe yagaragaje guca bugufi

Nyuma y’ubushyamirane hagati ya Trump na Elon Musk umwe yagaragaje guca bugufi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ingorane z’uwabyaye akiri muto ziyongereyeho ingaruka zo kongererwa imyaka igakubwa gatatu

Hygiene tips every Gen Z should follow to look good and feel confident

Dutembere Kigali turebane uko isa mbere y’amasaha macye ngo shampiyona y’isi y’amagare itangire

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.