Monday, July 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uretse Museveni ntawundi muntu nzi w’umunyabwenge nka Nyakubahwa Kagame- Muhoozi

radiotv10by radiotv10
03/09/2022
in MU RWANDA
0
Uretse Museveni ntawundi muntu nzi w’umunyabwenge nka Nyakubahwa Kagame- Muhoozi
Share on FacebookShare on Twitter

Lt Gen Muhoozi yavuze ko uretse umubyeyi we Perezida Yoweri Kaguta Museveni, ntawundi muntu azi w’umunyabwenge kandi ushishoza nka Perezida Paul Kagame.

Lt Gen Muhoozi Kainerugaba usanzwe ari Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku Butaka za Uganda, akaba n’umujyanama wa Perezida Museveni mu bya Gisirikare, ni umwe mu bagize uruhare rukomeye mu kubyutsa umubano w’u Rwanda na Uganda wigeze kumara igihe urimo igitotsi.

Yabikoze ubwo yagendereraga u Rwanda inshuro ebyiri, ndetse agatumira Perezida Kagame mu birori by’isabukuru ye, aho Umukuru w’u Rwanda wabyitabiriye, yanaboneyeho kumushimira kuba yaragize uruhare mu gutuma Ibihugu byombi bibyutsa umubano wabyo.

Gen Muhoozi wakunze no kugaragaza ko yubaha Perezida Paul Kagame akunze kwita “My uncle” [Data wacu], yongeye kumuvugaho ubushishozi buhanitse busanzwe buzwi na buri wese.

Mu butumwa yanyujije kuri Twitter, Gen Muhoozi yagize ati “Uretse Nyakubahwa Kaguta Museveni, nta wundi muntu nzi urusha ubwenge n’ubushishozi nyakubahwa Paul Kagame. Ubushishozi bwe iteka buba buhambaye.”

Apart from H.E. @KagutaMuseveni, I have not known a more wise man than H.E @PaulKagame. His insights are always profound. pic.twitter.com/bFNjFgIxqp

— Muhoozi Kainerugaba (@mkainerugaba) September 2, 2022

Muhoozi kandi yakomeje agaragaza uruhare rukomeye rwa Perezida Paul Kagame na nyakwigendera Gen Fred Gisa Rwigema mu rugamba rwo kubohora u Rwanda, avuga ko aba bombi bari inkingi za mwamba mu ngabo zahoze ari RPA zari iz’Umuryango wa RPF-Inkotanyi.

Lt Gen Muhoozi atangaje ibi nyuma y’umunsi umwe Guverinoma y’u Rwanda n’iya Uganda, zishimangiye ko urugendo rwo kuzahura umubano w’ibi Bihugu byombi, rugeze ahashimishije.

Byatangajwe mu itangazo rihuriweho na ba Minisitiri b’Ububanyi n’Amahanga, Dr Vincent Biruta w’u Rwanda na Gen. Odongo Jeje Abubakhar wa Uganda wagiriye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Rwanda.

Muri iri tangazo ryashyizwe hanze ku wa Kane tariki 01 Nzeri 2022, Abaminisitiri bombi, baboneye gushimira Perezida Paul Kagame na mugenzi we Yoweri Kaguta Museveni ku ruhare bagize mu kuzahura umubao w’Ibihugu byabo.

Muhoozi yagendereye u Rwanda inshuro ebyiri zombi yakiriwe na Perezida Kagame

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 + eleven =

Previous Post

DIGP Namuhoranye i New York yagaragaje umusaruro wo kuba Polisi y’u Rwanda ikorana n’abaturage

Next Post

Nyuma yuko FARDC itawe ku rugamba na FDLR, undi mutwe wayifashaga wakuyemo akawo karenge

Related Posts

Hope on the Hills of Kibali: Anglican Bishop calls for hard work to build a better future

Hope on the Hills of Kibali: Anglican Bishop calls for hard work to build a better future

by radiotv10
28/07/2025
0

Once considered a forgotten and underdeveloped place, the hills of Kibali, in Rwanda's Gicumbi District, are now a symbol of transformation...

BRALIRWA yatangaje umubare wa miliyari yungutse mu mezi atandatu n’impamvu yazamutseho 24%

BRALIRWA yatangaje umubare wa miliyari yungutse mu mezi atandatu n’impamvu yazamutseho 24%

by radiotv10
28/07/2025
0

Uruganda rwa BRALIRWA rwenga ibinyobwa bisembuye n’ibidasembuye, rwatangaje ko mu mezi atandatu ya mbere y’uyu mwaka, rwungutse miliyari 18,4 Frw...

AMAFOTO: Urangije inshingano nka Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda arishimira ibihe byiza yahagiriye

AMAFOTO: Urangije inshingano nka Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda arishimira ibihe byiza yahagiriye

by radiotv10
28/07/2025
0

Ambasaderi Antoine Anfré uri gusoza inshingano ze nk’uhagarariye u Bufaransa mu Rwanda, yagaragaje ko yishimira kuba aherutse gusura Inka z’Inyambo...

Why many African parents fear talking to their children about sex life?

Why many African parents fear talking to their children about sex life?

by radiotv10
28/07/2025
0

In many African households, the topic of sex remains taboo, a subject shrouded in silence, discomfort, and often shame. For...

Huye: Abahinzi barashinja aborozi gutuma batagira icyo bakura mu mirima yabo

Huye: Abahinzi barashinja aborozi gutuma batagira icyo bakura mu mirima yabo

by radiotv10
28/07/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Mukura mu Karere ka Huye bavuga ko abafite amatungo bayashumura mu mirima yabo akona...

IZIHERUKA

Hope on the Hills of Kibali: Anglican Bishop calls for hard work to build a better future
IMIBEREHO MYIZA

Hope on the Hills of Kibali: Anglican Bishop calls for hard work to build a better future

by radiotv10
28/07/2025
0

BRALIRWA yatangaje umubare wa miliyari yungutse mu mezi atandatu n’impamvu yazamutseho 24%

BRALIRWA yatangaje umubare wa miliyari yungutse mu mezi atandatu n’impamvu yazamutseho 24%

28/07/2025
Iby’ingenzi byagezweho mu biganiro byahuje Thailand na Cambodia baherutse kwinjiye mu mirwano ikomeye

Iby’ingenzi byagezweho mu biganiro byahuje Thailand na Cambodia baherutse kwinjiye mu mirwano ikomeye

28/07/2025
Inama Madamu wa Perezida w’u Burundi yagiriye abitabiriye irushanwa ry’ubwiza-Miss Burundi

Inama Madamu wa Perezida w’u Burundi yagiriye abitabiriye irushanwa ry’ubwiza-Miss Burundi

28/07/2025
AMAFOTO: Urangije inshingano nka Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda arishimira ibihe byiza yahagiriye

AMAFOTO: Urangije inshingano nka Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda arishimira ibihe byiza yahagiriye

28/07/2025
Mu mujinya mwinshi AFC/M23 yageneye ubutumwa ubutegetsi bwa Congo inaburira igisirikare cy’u Burundi

AFC/M23 yihanangirije kimwe mu bitangazamakuru bikomeye muri Congo

28/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyuma yuko FARDC itawe ku rugamba na FDLR, undi mutwe wayifashaga wakuyemo akawo karenge

Nyuma yuko FARDC itawe ku rugamba na FDLR, undi mutwe wayifashaga wakuyemo akawo karenge

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hope on the Hills of Kibali: Anglican Bishop calls for hard work to build a better future

BRALIRWA yatangaje umubare wa miliyari yungutse mu mezi atandatu n’impamvu yazamutseho 24%

Iby’ingenzi byagezweho mu biganiro byahuje Thailand na Cambodia baherutse kwinjiye mu mirwano ikomeye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.