Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Urubyiruko ruhamya ko gahunda ya leta yo guhanga imirimo itarubuza guhangayika rushaka akazi

radiotv10by radiotv10
16/06/2021
in MU RWANDA
0
Urubyiruko ruhamya ko gahunda ya leta yo guhanga imirimo itarubuza guhangayika rushaka akazi
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage biganjemo urubyiruko baravuga ko n’ubwo leta yiyemeje guhanga imirimo mishya buri mwaka birangira ntayo babonye ku buryo ubushomeri butuma bahora ahazwi nko ku ndege bategereje uwabaha akazi.

Abasesenguzi mu bukungu bavuga ko  mu gihe Leta yakomeza gufata iki kibazo nk’icyayo yonyine, ngo umwaka yihaye uzasanga umushinga ukiri mubisi.

Gahunda ya guverinoma y’imyaka irindwi, iteganya ko bizagera muri 2024 imaze guhanga imirimo mishya 1.500.000, ariko buri mwaka igahanga igera ku bihumbi 216.

Nyamara kuva muri 2017 hashyirwaho iyi gahunda iri mu kiswe NST1, nta na rimwe iyi mirimo  iragerwaho ku mwaka nk’uko byari byitezwe.

Binashimangirwa kandi na bamwe mu baturage biganjemo urubyiruko twasanze ahazwi nko ku ndege mu Murenge wa Kanombe mu Karere ka Kicukiro, bavuga  aho batuye nta mirimo mishya bajya babona ihangwa, ngo akaba ari nayo mbarutso y’ubushomeri bafite bunatuma baza aha ku ndege gutegereza uwabaha ikiraka.

Kwigira ati” Nta mirimo mishya njya mbona ino aha! ubu se ntureba abantu bose bari hano ku ndege,ni ikigaragaza ko akazi kabuze.”

Mushimirimana nawe avuga ko  iyo aza kubona iyo mirimo mishya ihangwa ,ataba amaze imyaka itanu aza ku ndege kureba ko yabona amaramuko.

Uru rubyiruko kandi ruvuga ko narwo ubwarwo rwagize ibitekerezo by’imirimo rwakwihangira,ariko ngo rwasanga bisaba ubushobozi bw’amafaranga badafite ,bagahita bakurayo amaso.

Uwitwa Karenzi Froduard yagize ati “Natekereje gukora Resitora,ariko ndebye inzu ,amazi ,umuriro n’imisoro nsanga sinabona ubushobozi.”

Kamana ucuruza Sambusa nawe yunzemo ati” Nk’ubu ku kwezi mbasha kubona ibihumbi 50, ariko kubera ko bahora bamfata bakamfunga ngasohoka ari uko ntanze amafaranga, sinshobora gutera imbere, bigatuma mpora mu bushomeri.”

Twashatse kumenya icyo  Minisiteri y’abakozi ba Leta n’umurimo inafite mu nshingano iyi gahunda ivuga kuri iki kibazo ntitwayibona, dore ko mu ntego yo guhanga imirimo ibihumbi 2016 ku mwaka, iyahanzwe myinshi ari ibihumbi 210 yo muri 2019.

Impuguke mu bukungu zivuga ko mu gihe Leta itakorana n’abikorera ngo bafatanye guhanga iyi mirimo , ngo nta kabuza umwaka wa 2024 uzasanga uyu mushinga ukiri mubisi, nk’uko Dr.Bihira Canisius abivuga.

Yagize ati ” Ntabwo leta yabishobora yonyine. igishoboka ni uko yashyira hamwe n’abikorera, buri wese akiha intego y’umubare w’imirimo azahanga, hanyuma leta ikaba iretse kumubaza za RSSB na Rwanda Revenue, ibyo byatuma imirimo myinshi ihangwa ikanarenga iyo Leta yari yariyemeje.”

Kuba kuva muri 2017 gahunda yo guhanga imirimo mishya yatangira nta mwaka n’umwe iragerwaho 100%, bigahumira ku mirari ubwo umwka wa 2020 icyorezo kibasiye igihugu kigatuma abatari bake batakaza akazi,bishobora gutuma imyaka itatu isigaye irangira bitagezweho ariko kadno abasesenguzi mu bukungu bavuga ko hakiri amahirwe ko umuhigo wakweswa leta iramutse ihinduye umuvuno.

 

NYIRANSABIMANA Eugenie

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 4 =

Previous Post

OTAN: Umuryango wa OTAN wiyemeje guhangana n’u Bushinwa n’u Burusiya

Next Post

Busanza: Irimbi riri kuvugururwa nyuma y’ubuvugizi bwa Radio & TV10

Related Posts

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

IZIHERUKA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka
MU RWANDA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

01/01/2026
Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

01/01/2026
12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Busanza: Irimbi riri kuvugururwa nyuma y’ubuvugizi bwa Radio & TV10

Busanza: Irimbi riri kuvugururwa nyuma y’ubuvugizi bwa Radio & TV10

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.