Sunday, January 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Urubyiruko ruhamya ko gahunda ya leta yo guhanga imirimo itarubuza guhangayika rushaka akazi

radiotv10by radiotv10
16/06/2021
in MU RWANDA
0
Urubyiruko ruhamya ko gahunda ya leta yo guhanga imirimo itarubuza guhangayika rushaka akazi
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage biganjemo urubyiruko baravuga ko n’ubwo leta yiyemeje guhanga imirimo mishya buri mwaka birangira ntayo babonye ku buryo ubushomeri butuma bahora ahazwi nko ku ndege bategereje uwabaha akazi.

Abasesenguzi mu bukungu bavuga ko  mu gihe Leta yakomeza gufata iki kibazo nk’icyayo yonyine, ngo umwaka yihaye uzasanga umushinga ukiri mubisi.

Gahunda ya guverinoma y’imyaka irindwi, iteganya ko bizagera muri 2024 imaze guhanga imirimo mishya 1.500.000, ariko buri mwaka igahanga igera ku bihumbi 216.

Nyamara kuva muri 2017 hashyirwaho iyi gahunda iri mu kiswe NST1, nta na rimwe iyi mirimo  iragerwaho ku mwaka nk’uko byari byitezwe.

Binashimangirwa kandi na bamwe mu baturage biganjemo urubyiruko twasanze ahazwi nko ku ndege mu Murenge wa Kanombe mu Karere ka Kicukiro, bavuga  aho batuye nta mirimo mishya bajya babona ihangwa, ngo akaba ari nayo mbarutso y’ubushomeri bafite bunatuma baza aha ku ndege gutegereza uwabaha ikiraka.

Kwigira ati” Nta mirimo mishya njya mbona ino aha! ubu se ntureba abantu bose bari hano ku ndege,ni ikigaragaza ko akazi kabuze.”

Mushimirimana nawe avuga ko  iyo aza kubona iyo mirimo mishya ihangwa ,ataba amaze imyaka itanu aza ku ndege kureba ko yabona amaramuko.

Uru rubyiruko kandi ruvuga ko narwo ubwarwo rwagize ibitekerezo by’imirimo rwakwihangira,ariko ngo rwasanga bisaba ubushobozi bw’amafaranga badafite ,bagahita bakurayo amaso.

Uwitwa Karenzi Froduard yagize ati “Natekereje gukora Resitora,ariko ndebye inzu ,amazi ,umuriro n’imisoro nsanga sinabona ubushobozi.”

Kamana ucuruza Sambusa nawe yunzemo ati” Nk’ubu ku kwezi mbasha kubona ibihumbi 50, ariko kubera ko bahora bamfata bakamfunga ngasohoka ari uko ntanze amafaranga, sinshobora gutera imbere, bigatuma mpora mu bushomeri.”

Twashatse kumenya icyo  Minisiteri y’abakozi ba Leta n’umurimo inafite mu nshingano iyi gahunda ivuga kuri iki kibazo ntitwayibona, dore ko mu ntego yo guhanga imirimo ibihumbi 2016 ku mwaka, iyahanzwe myinshi ari ibihumbi 210 yo muri 2019.

Impuguke mu bukungu zivuga ko mu gihe Leta itakorana n’abikorera ngo bafatanye guhanga iyi mirimo , ngo nta kabuza umwaka wa 2024 uzasanga uyu mushinga ukiri mubisi, nk’uko Dr.Bihira Canisius abivuga.

Yagize ati ” Ntabwo leta yabishobora yonyine. igishoboka ni uko yashyira hamwe n’abikorera, buri wese akiha intego y’umubare w’imirimo azahanga, hanyuma leta ikaba iretse kumubaza za RSSB na Rwanda Revenue, ibyo byatuma imirimo myinshi ihangwa ikanarenga iyo Leta yari yariyemeje.”

Kuba kuva muri 2017 gahunda yo guhanga imirimo mishya yatangira nta mwaka n’umwe iragerwaho 100%, bigahumira ku mirari ubwo umwka wa 2020 icyorezo kibasiye igihugu kigatuma abatari bake batakaza akazi,bishobora gutuma imyaka itatu isigaye irangira bitagezweho ariko kadno abasesenguzi mu bukungu bavuga ko hakiri amahirwe ko umuhigo wakweswa leta iramutse ihinduye umuvuno.

 

NYIRANSABIMANA Eugenie

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 − nine =

Previous Post

OTAN: Umuryango wa OTAN wiyemeje guhangana n’u Bushinwa n’u Burusiya

Next Post

Busanza: Irimbi riri kuvugururwa nyuma y’ubuvugizi bwa Radio & TV10

Related Posts

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yahaye inshingano abasirikare babiri barimo Brig Gen Godfrey Gasana, wagizwe Umupilote...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
25/01/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Save, mu Karere ka Gisagara, baravuga ko bahuye n’ikibazo gikomeye mu buhinzi nyuma yuko urubura...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa
MU RWANDA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

25/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Busanza: Irimbi riri kuvugururwa nyuma y’ubuvugizi bwa Radio & TV10

Busanza: Irimbi riri kuvugururwa nyuma y’ubuvugizi bwa Radio & TV10

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.