Tuesday, March 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Urugomo abaturage bakoreye Abayobozi barimo Mayor na Gitifu w’Umurenge rwasize umwe ahakomerekeye

radiotv10by radiotv10
17/03/2026
in MU RWANDA
0
Urugomo abaturage bakoreye Abayobozi barimo Mayor na Gitifu w’Umurenge rwasize umwe ahakomerekeye
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Mudugudu wa Gakoni, Akagali ka Karama  mu Murenge wa Ruhashya mu Karere ka Huye;  haravugwa urugomo rwakozwe n’abantu bakekwaho gusagarira abayobozi barimo Mayor n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge, bari bagiye kumena inzoga zitemewe zengwa n’umuturage, aho umwe muri aba bayobozi bamukomerekeje.

Ibi byabaye ubwo bamwe mu bayobozi bo mu nzego z’ibanze bajyaga ahantu hakekwaga gukorerwa no gucururizwa inzoga zitemewe kugira ngo bazimene, ariko bamwe mu bakoreraga uwo muturage bazengaga izo nzoga babasagarira bashaka kubakubita, bituma bamwe mu bayobozi bakomereka.

Umwe mu baturage batuye muri uwo mudugudu yavuze ko byabaye mu buryo butunguranye, aho bamwe mu bakoreraga uwengaga izo nzoga bahise bagaragaza imyitwarire y’urugomo.

Yagize ati: “Abayobozi bari baje kumena inzoga zitemewe, ariko bamwe mu bakoreraga uwazengaga batera amabuye  umuyobozi w’akarere ari kumwe n’inzego zitandukanye zirimo iz’umutekano, nyuma umuyobozi w’akarere amaze kugenda haje umuyobozi w’umurenge ngo aganirize abaturage, abakozi ba wa muntu wengaga akanacuruza inzoga zitemewe  baramukubita baramukomeretsa.”

Undi muturage yavuze ko nyuma y’ibi byabaye bamwe mu bakekwaho uruhare muri uru rugomo bahise bacika, ariko ko hari abandi inzego z’umutekano zahise zitwara kugira ngo batange amakuru ku bagize uruhare muri ibyo bikorwa.

Ati “Hari abahise biruka baracika ntibafatwa, ariko hari abandi bafashwe kugira ngo batange amakuru. Twifuza ko abakoze ibi bashakishwa bagashyikirizwa ubutabera kuko kuba batarafatwa dufite ubwoba.’’

Abaturage bavuga kandi ko ibikorwa by’urugomo nk’ibi bidakwiye kwihanganirwa, cyane ko ngo si ubwa mbere bibaye muri uwo mudugudu.

Uyu muturage yagize ati: “Ibi bikorwa by’urugomo ntibikwiye kubaho. Turasaba inzego z’umutekano ko abakoze ibi bashakishwa bagahanwa kuko ngo nubundi bikunze gukorwa aho usanga bakorera urugomo abaturage kandi bigakorwa n’abantu bamwe aribo babo bagize uruhare mu gushaka gukubita abayobozi.”

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo, CIP Hassan Kamanzi yavuze ko bamwe mu bagaragaye muri ibi bikorwa bari gukurikiranwa, anavuga ko iperereza rigikomeje kugira ngo ababigizemo uruhare bose bafatwe bashyikirizwe ubutabera.

Ati “Bamwe mu baturage bari mu bikorwa bigayitse byo gukora ibinyobwa bitujuje ubuziranenge,inzego zigiyeyo kubimena bamwe mu baturage bashaka kwihagararaho ngo bitamenwa,hari bamwe muribo polisi yafashe ubugenzacyaha buri kubakurikirana ku cyaha cyo gukora ibigakorwa bigayitse birimo gukora ibyo binyobwa bitemewe no kwigomeka ku mategeko.”

Yanaburiye abishora mu bikorwa nk’ibyo ko Polisi n’izindi nzego z’umutekano zitazihanganira uwo ari we wese uhungabanya umutekano.

Hagati aho bamwe mu baturage bavuga ko kuba abagize uruhare muri uru rugomo batarafatwa bose bibateye impungenge, bagasaba ko aka gace kacungirwa umutekano by’umwihariko mu gihe hagishakishwa abakekwaho uruhare muri ibi bikorwa.

Harimo hakorwa ibikorwa byo gufata abakora inzoga zitemewe

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − twelve =

Previous Post

U Rwanda rwemeje ko Ingabo zarwo ziri muri Mozambique zishobora gucyurwa

Related Posts

U Rwanda rwemeje ko Ingabo zarwo ziri muri Mozambique zishobora gucyurwa

U Rwanda rwemeje ko Ingabo zarwo ziri muri Mozambique zishobora gucyurwa

by radiotv10
16/03/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, yavuze ko Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa muri Mozambique, zidashobora gukomeza inshingano...

Abasirikare b’u Rwanda bari bagiye gutanga ubutabazi muri Jamaica bagarukanye ishema

Abasirikare b’u Rwanda bari bagiye gutanga ubutabazi muri Jamaica bagarukanye ishema

by radiotv10
16/03/2026
0

Abasirikare mu Ngabo z’u Rwanda bari berecyeje muri Jamaica mu butumwa bw’ubutabazi mu gusana ibikorwa byangijwe n’ibiza, bagarutse i Kigali...

Hatanzwe umucyo ku ihererekanya ridasanzwe ry’amafaranga ryagaragaye muri sisitemu ya Banki ya Equity

Hatanzwe umucyo ku ihererekanya ridasanzwe ry’amafaranga ryagaragaye muri sisitemu ya Banki ya Equity

by radiotv10
16/03/2026
0

Ubuyobozi bwa Equity Bank Rwanda, bwatangaje ko bwamenye amakuru y’ibikorwa by’uburiganya bwageragejwe gukorwa muri sisitemu y’iyi banki ubwo habagaho ihererekanya...

Ahahoze umuhanda ubu kuhanyura ni ihurizo ku buryo abafite ibinyabiziga bahagera bakabiterura

Ahahoze umuhanda ubu kuhanyura ni ihurizo ku buryo abafite ibinyabiziga bahagera bakabiterura

by radiotv10
16/03/2026
0

Bamwe mu baturage n’abakoresha umuhanda Gahira-Nkomane-Gisovu uherereye mu Karere ka Nyamagabe mu Ntara y’Amajyepfo, bavuga ko wangiritse mu buryo bukomeye,...

Bamaze igihe mu gihirahiro ku byangombwa bemerewe cyera ariko imyaka igashira indi igataha

Bamaze igihe mu gihirahiro ku byangombwa bemerewe cyera ariko imyaka igashira indi igataha

by radiotv10
14/03/2026
0

Bamwe mu baturage batuye mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bavuga ko bamaze imyaka myinshi bategereje ibyangombwa by’ubutaka...

IZIHERUKA

Urugomo abaturage bakoreye Abayobozi barimo Mayor na Gitifu w’Umurenge rwasize umwe ahakomerekeye
MU RWANDA

Urugomo abaturage bakoreye Abayobozi barimo Mayor na Gitifu w’Umurenge rwasize umwe ahakomerekeye

by radiotv10
17/03/2026
0

U Rwanda rwemeje ko Ingabo zarwo ziri muri Mozambique zishobora gucyurwa

U Rwanda rwemeje ko Ingabo zarwo ziri muri Mozambique zishobora gucyurwa

16/03/2026
Haravugwa gushwanyaguza indege y’uwahoze ari Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran n’aho umuhungu we wamusimbuye aherereye

Haravugwa gushwanyaguza indege y’uwahoze ari Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran n’aho umuhungu we wamusimbuye aherereye

16/03/2026
Abasirikare b’u Rwanda bari bagiye gutanga ubutabazi muri Jamaica bagarukanye ishema

Abasirikare b’u Rwanda bari bagiye gutanga ubutabazi muri Jamaica bagarukanye ishema

16/03/2026
Ibivugwa ku rusaku rw’amasasu rwumvikanye i Goma mu gicuku n’ababiri inyuma

Ibivugwa ku rusaku rw’amasasu rwumvikanye i Goma mu gicuku n’ababiri inyuma

16/03/2026
Hatanzwe umucyo ku ihererekanya ridasanzwe ry’amafaranga ryagaragaye muri sisitemu ya Banki ya Equity

Hatanzwe umucyo ku ihererekanya ridasanzwe ry’amafaranga ryagaragaye muri sisitemu ya Banki ya Equity

16/03/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Urugomo abaturage bakoreye Abayobozi barimo Mayor na Gitifu w’Umurenge rwasize umwe ahakomerekeye

U Rwanda rwemeje ko Ingabo zarwo ziri muri Mozambique zishobora gucyurwa

Haravugwa gushwanyaguza indege y’uwahoze ari Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran n’aho umuhungu we wamusimbuye aherereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.