Mu Mudugudu wa Gakoni, Akagali ka Karama mu Murenge wa Ruhashya mu Karere ka Huye; haravugwa urugomo rwakozwe n’abantu bakekwaho gusagarira abayobozi barimo Mayor n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge, bari bagiye kumena inzoga zitemewe zengwa n’umuturage, aho umwe muri aba bayobozi bamukomerekeje.
Ibi byabaye ubwo bamwe mu bayobozi bo mu nzego z’ibanze bajyaga ahantu hakekwaga gukorerwa no gucururizwa inzoga zitemewe kugira ngo bazimene, ariko bamwe mu bakoreraga uwo muturage bazengaga izo nzoga babasagarira bashaka kubakubita, bituma bamwe mu bayobozi bakomereka.
Umwe mu baturage batuye muri uwo mudugudu yavuze ko byabaye mu buryo butunguranye, aho bamwe mu bakoreraga uwengaga izo nzoga bahise bagaragaza imyitwarire y’urugomo.
Yagize ati: “Abayobozi bari baje kumena inzoga zitemewe, ariko bamwe mu bakoreraga uwazengaga batera amabuye umuyobozi w’akarere ari kumwe n’inzego zitandukanye zirimo iz’umutekano, nyuma umuyobozi w’akarere amaze kugenda haje umuyobozi w’umurenge ngo aganirize abaturage, abakozi ba wa muntu wengaga akanacuruza inzoga zitemewe baramukubita baramukomeretsa.”
Undi muturage yavuze ko nyuma y’ibi byabaye bamwe mu bakekwaho uruhare muri uru rugomo bahise bacika, ariko ko hari abandi inzego z’umutekano zahise zitwara kugira ngo batange amakuru ku bagize uruhare muri ibyo bikorwa.
Ati “Hari abahise biruka baracika ntibafatwa, ariko hari abandi bafashwe kugira ngo batange amakuru. Twifuza ko abakoze ibi bashakishwa bagashyikirizwa ubutabera kuko kuba batarafatwa dufite ubwoba.’’
Abaturage bavuga kandi ko ibikorwa by’urugomo nk’ibi bidakwiye kwihanganirwa, cyane ko ngo si ubwa mbere bibaye muri uwo mudugudu.
Uyu muturage yagize ati: “Ibi bikorwa by’urugomo ntibikwiye kubaho. Turasaba inzego z’umutekano ko abakoze ibi bashakishwa bagahanwa kuko ngo nubundi bikunze gukorwa aho usanga bakorera urugomo abaturage kandi bigakorwa n’abantu bamwe aribo babo bagize uruhare mu gushaka gukubita abayobozi.”
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo, CIP Hassan Kamanzi yavuze ko bamwe mu bagaragaye muri ibi bikorwa bari gukurikiranwa, anavuga ko iperereza rigikomeje kugira ngo ababigizemo uruhare bose bafatwe bashyikirizwe ubutabera.
Ati “Bamwe mu baturage bari mu bikorwa bigayitse byo gukora ibinyobwa bitujuje ubuziranenge,inzego zigiyeyo kubimena bamwe mu baturage bashaka kwihagararaho ngo bitamenwa,hari bamwe muribo polisi yafashe ubugenzacyaha buri kubakurikirana ku cyaha cyo gukora ibigakorwa bigayitse birimo gukora ibyo binyobwa bitemewe no kwigomeka ku mategeko.”
Yanaburiye abishora mu bikorwa nk’ibyo ko Polisi n’izindi nzego z’umutekano zitazihanganira uwo ari we wese uhungabanya umutekano.
Hagati aho bamwe mu baturage bavuga ko kuba abagize uruhare muri uru rugomo batarafatwa bose bibateye impungenge, bagasaba ko aka gace kacungirwa umutekano by’umwihariko mu gihe hagishakishwa abakekwaho uruhare muri ibi bikorwa.


Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10









