• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ahahoze umuhanda ubu kuhanyura ni ihurizo ku buryo abafite ibinyabiziga bahagera bakabiterura

radiotv10by radiotv10
16/03/2026
in MU RWANDA
0
Ahahoze umuhanda ubu kuhanyura ni ihurizo ku buryo abafite ibinyabiziga bahagera bakabiterura
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage n’abakoresha umuhanda Gahira-Nkomane-Gisovu uherereye mu Karere ka Nyamagabe mu Ntara y’Amajyepfo, bavuga ko wangiritse mu buryo bukomeye, ku buryo abahanyuza moto, hari aho bagera bakayiheka.

Abaturage bavuga ko  igice cy’uyu muhanda gitangirira ahazwi nko  mu Gasarenda werekeza i Mushubi cyangiritse bikabije. Muri aka gace, usanga bamwe mu bakoresha moto cyangwa amagare bagerageza kuziterura kugira ngo babashe kunyura ahangiritse, mu gihe abandi bahitamo guheka abagenzi ku mugongo bakabageza hakurya bakishyurwa amafaranga.

Bamwe mu baturage bo mu duce twegereye urugabaniro rw’Imirenge ya Mushubi na Musebeya, ahangiritse cyane, bavuga ko hari n’abahitamo gusiga ibinyabiziga bakagenda n’amaguru  kuko hangiritse cyane.

Mukasekuru  ati “Hari aho ugera ugasanga nta nzira ihari. Abantu bagerageza guterura moto cyangwa bagatwara abantu ku mugongo kugira ngo bambuke aho hantu.”

Aba baturage bavuga ko hari n’abahitamo guhagarika ingendo kubera ububi bw’uyu muhanda, mu gihe abagerageza kuwukoresha usanga bibahenda cyane.

Irizabimbuto Melanie ati “Iyo uteze moto hari aho igera ntishobore kunyura, ugasanga bayiteruye. Ibyo bituma n’ibiciro by’urugendo bizamuka cyane.”

Aba baturage basaba ubuyobozi kubafasha uyu muhanda ugasanwa kugira ngo ubafashe mu ngendo zabo no mu bikorwa by’iterambere.

Umunyobozi w’akarere ka Nyamagabe  Niyomwungeri Hildebrand, avuga ko hari gahunda yo gutunganya uyu muhanda kugira ngo wongere gukoreshwa neza.

Yagize ati “Ni umuhanda washyizwe mu masoko kugirango utunganwe neza,isoko ryatanzwe na RTDA, ikizwi nuko mu minsi iri imber uyu  uhanda usanwa.”

Uyu muyobozi kandi yibukije abaturage ko muri iki gihe cy’imvura bagomba gufata ingamba zo kurwanya isuri ishobora kwangiza imihanda n’imirima, abasaba gufata amazi ava ku nzu bakoresheje ibigega no guca imirwanyasuri hirya no hino.

Abaturage bakomeje gusaba ko gahunda yo gusana uyu muhanda yakwihutishwa, kuko ari ingenzi mu koroshya ingendo n’ubuhahirane hagati y’imirenge itandukanye y’Akarere ka Nyamagabe.

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 + 17 =

Previous Post

Umunyamakuru wa siporo uzwi mu Rwanda Leonidas yerecyeje kuri RADIOTV10

Next Post

Twahirwa Moses yagarutse imbere y’Urukiko ararutakambira

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Twahirwa Moses yagarutse imbere y’Urukiko ararutakambira

Twahirwa Moses yagarutse imbere y’Urukiko ararutakambira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.