• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibivugwa ku rusaku rw’amasasu rwumvikanye i Goma mu gicuku n’ababiri inyuma

radiotv10by radiotv10
16/03/2026
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Ibivugwa ku rusaku rw’amasasu rwumvikanye i Goma mu gicuku n’ababiri inyuma
Share on FacebookShare on Twitter

Urusaku rw’amasasu rwumvikanye mu majyaruguru y’Umujyi wa Goma muri Kivu ya Ruguru, biravugwa ko ari igitero cy’ubujura cyagabwe n’abarimo abasirikare ba FARDC, abarwanyi b’imitwe ya FDLR na Wazalendo bari bagiye kwiba ibyo kurya.

Uru rusaku rwumvikanye mu masaha y’icuku, saa sita z’ijoro zirengaho iminota zo kuri uyu wa Mbere tariki 16 Werurwe 2026, nk’uko bitangazwa na bamwe mu bakurikirana amakuru yo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Umunyamakuru Rodriguez Katsuva, mu butumwa yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X ahagana saa saba z’ijoro, yavuze ko “Urusaku rw’amasasu n’imbunda ruri kumvikana muri iri joro mu mujyi.”

Uyu munyamakuru wari wavuze ko amakuru arambuye kuri uru rusaku, aza kuyatanga, mu bundi butumwa yanditse kuri uru rubuga nkoranyambaga mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere, yavuze ko “muri iri joro, abarwanyi benshi ba Wazalendo baje kwiba amafunguro mu bubiko bw’ibiribwa.”

Uyu munyamakuru yavuze ko “nibura abantu babiri bishwe, naho umumotari umwe wari wabayoboye afatanwa AK47.” Ndetse ko hahise hakorwa ubutabazi bwihuse bwatumye haburizwamo imigambi y’aba barwanyi.

Uyu munyamakuru kandi yagaragaje amafoto ya bamwe mu barwanyi barasiwe muri iki gitero cy’ubujura gishinjwa abarwanyi barwana ku ruhande rwa Leta ya Congo Kinshasa, aho bagaragaye banambaye impuzankano y’igisirikare cya Congo (FARDC).

Iki gikorwa cyabaye mu gace gatuwe kazwi nka CCLK mu mujyi wa Goma, cyamaze hafi isaha, aho urwo rusaku rw’amasasu rwumvikanye guhera saa sita na mirongo ine rukageza saa saba n’indi minota.

Iki gitero cy’ubujura kibaye mu Mujyi wa Goma nyuma y’icyumweru kimwe muri uyu Mujyi habaye igitero cy’indege zitagira abapilote (Drone) cya FARDC cyahitanye abantu batatu barimo umukozi wa UNICEF.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 1 =

Previous Post

Hatanzwe umucyo ku ihererekanya ridasanzwe ry’amafaranga ryagaragaye muri sisitemu ya Banki ya Equity

Next Post

Abasirikare b’u Rwanda bari bagiye gutanga ubutabazi muri Jamaica bagarukanye ishema

Related Posts

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

Next Post
Abasirikare b’u Rwanda bari bagiye gutanga ubutabazi muri Jamaica bagarukanye ishema

Abasirikare b’u Rwanda bari bagiye gutanga ubutabazi muri Jamaica bagarukanye ishema

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.