• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

radiotv10by radiotv10
08/11/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu batuye mu Mirenge ya Muyira na Kigoma mu karere ka Nyanza bavuga ko hashize umwaka urenga babariwe agaciro k’inzu zabo zangiritse ubwo hakorwaga umuhanda mushya wa kaburimbo wa Nyanza-Bugesera, ariko kugeza ubu bakaba batarishyurwa.

Aba baturage bavuga ko nubwo bishimira ibikorwa by’iterambere nk’uyu muhanda, bagifite impungenge z’uko inzu zabo zishobora kubagwaho kubera kutasanwa.

Bavuga ko ubwo umuhanda wakorwaga, imashini zishinzwe gutunganya kaburimbo zasenye ibice bimwe by’inzu zabo, ibindi bikangirika cyane, bityo bagahabwa icyizere ko bagiye kwishyurwa mu gihe cya vuba, ariko bakaba bategereje baraheba.

Dusingizimana Bonaventure wo mu Kagari ka Gasoro, mu Murenge wa Kigoma, yagize ati “Njyewe imashini zansenyeye, inzu irasatagurika bikabije ndetse n’amabati yaratobaguritse. Barambarira ntegereza ko amafaranga bayampa, ndaheba. Ubu iyi nzu nyibamo uko imeze, mba mfite impungenge ko ishobora kungwaho, nyibanamo n’umuryango wanjye.”

Umuhoza Chantal wo mu Kagari ka Gasoro, mu Murenge wa Kigoma, mu karere ka Nyanza, we ati “Inzu yanjye yarasataguritse, baraza barambarira, ayo bamariye narategereje ndaheba. Hashize igihe kinini barambarira, ubu ndi kuyibamo ariko isaha n’isaha yagwa. Turasaba ko baduha ayo batwemereye tukimuka cyangwa tugasana.”

Si aba baturage gusa bafite iki kibazo kuko ari benshi bagihuriyeho, aho bamwe bavuga ko kubera gutegereza igihe kirekire, bajya gusaba ibisobanuro ku kicaro cy’abashinzwe gukora umuhanda ariko ntibahabwe igisubizo gihamye.

Umuyobozi w’agateganyo w’Akarere ka Nyanza, Kajyambere Patrick, yemeza ko iki kibazo kizwi kandi ko kiri gukorwaho kugira ngo abaturage bishyurwe.

Yagize ati “Abangirijwe barabaruwe, bamwe barishyuwe, hari abatarishyurwa batari buzuza ibyangombwa. Hari abasenyerwe n’ikorwa ry’umuhanda; abo turimo gukorana na kompanyi ikora umuhanda. Uyu munsi hari abatangiye kwishyurwa amafaranga yabo.”

Uretse abavuga ko babariwe ntibishyurwe, hari n’abandi bavuga ko bahawe amafaranga yo gusana ariko akaba ari macye ugereranyije n’uko inzu zabo zangiritse. Bavuga ko bifuzaga ko zakubakwa bushya aho gusanwa, kuko nubwo zasaniwe, bakibaza ko zishobora gusenyuka bitewe n’uko zari zangiritse cyane.

Avuga ko inzu ye yangiritse bikabije ku buryo anahorana ubwoba ko yamugwaho
Na mugenzi we ni uko
Ni ikibazo bahuriyeho ari abaturage benshi

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × three =

Previous Post

Five lifestyle habits every young woman in Kigali should adopt for 2026

Next Post

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

Related Posts

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

by radiotv10
01/06/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, is currently in Seoul, South Korea, where he is...

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

by radiotv10
01/06/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe ari i Seoul muri Korea y’Epfo, aho yitabiriye Inama y’ubufatanye bw’iki Gihugu n’Umugabane...

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

by radiotv10
01/06/2026
0

A home should be the place where your body relaxes and your mind slows down after a long day. But...

Next Post
Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.