Sunday, December 7, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

radiotv10by radiotv10
08/11/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu batuye mu Mirenge ya Muyira na Kigoma mu karere ka Nyanza bavuga ko hashize umwaka urenga babariwe agaciro k’inzu zabo zangiritse ubwo hakorwaga umuhanda mushya wa kaburimbo wa Nyanza-Bugesera, ariko kugeza ubu bakaba batarishyurwa.

Aba baturage bavuga ko nubwo bishimira ibikorwa by’iterambere nk’uyu muhanda, bagifite impungenge z’uko inzu zabo zishobora kubagwaho kubera kutasanwa.

Bavuga ko ubwo umuhanda wakorwaga, imashini zishinzwe gutunganya kaburimbo zasenye ibice bimwe by’inzu zabo, ibindi bikangirika cyane, bityo bagahabwa icyizere ko bagiye kwishyurwa mu gihe cya vuba, ariko bakaba bategereje baraheba.

Dusingizimana Bonaventure wo mu Kagari ka Gasoro, mu Murenge wa Kigoma, yagize ati “Njyewe imashini zansenyeye, inzu irasatagurika bikabije ndetse n’amabati yaratobaguritse. Barambarira ntegereza ko amafaranga bayampa, ndaheba. Ubu iyi nzu nyibamo uko imeze, mba mfite impungenge ko ishobora kungwaho, nyibanamo n’umuryango wanjye.”

Umuhoza Chantal wo mu Kagari ka Gasoro, mu Murenge wa Kigoma, mu karere ka Nyanza, we ati “Inzu yanjye yarasataguritse, baraza barambarira, ayo bamariye narategereje ndaheba. Hashize igihe kinini barambarira, ubu ndi kuyibamo ariko isaha n’isaha yagwa. Turasaba ko baduha ayo batwemereye tukimuka cyangwa tugasana.”

Si aba baturage gusa bafite iki kibazo kuko ari benshi bagihuriyeho, aho bamwe bavuga ko kubera gutegereza igihe kirekire, bajya gusaba ibisobanuro ku kicaro cy’abashinzwe gukora umuhanda ariko ntibahabwe igisubizo gihamye.

Umuyobozi w’agateganyo w’Akarere ka Nyanza, Kajyambere Patrick, yemeza ko iki kibazo kizwi kandi ko kiri gukorwaho kugira ngo abaturage bishyurwe.

Yagize ati “Abangirijwe barabaruwe, bamwe barishyuwe, hari abatarishyurwa batari buzuza ibyangombwa. Hari abasenyerwe n’ikorwa ry’umuhanda; abo turimo gukorana na kompanyi ikora umuhanda. Uyu munsi hari abatangiye kwishyurwa amafaranga yabo.”

Uretse abavuga ko babariwe ntibishyurwe, hari n’abandi bavuga ko bahawe amafaranga yo gusana ariko akaba ari macye ugereranyije n’uko inzu zabo zangiritse. Bavuga ko bifuzaga ko zakubakwa bushya aho gusanwa, kuko nubwo zasaniwe, bakibaza ko zishobora gusenyuka bitewe n’uko zari zangiritse cyane.

Avuga ko inzu ye yangiritse bikabije ku buryo anahorana ubwoba ko yamugwaho
Na mugenzi we ni uko
Ni ikibazo bahuriyeho ari abaturage benshi

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − seven =

Previous Post

Five lifestyle habits every young woman in Kigali should adopt for 2026

Next Post

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

Related Posts

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

by radiotv10
06/12/2025
0

Imiryango 214 itishoboye y'abahinzi ba Kawa yo mu Mirenge ya Rwinkwavu na Kabarondo yatangiye guhabwa ibiti bya Kawa ibihumbi 80,...

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

by radiotv10
05/12/2025
0

I Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, ahari hahanzwe amaso n’Isi yose, haraye habereye umuhango wo gusinya amasezerano...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
05/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

by radiotv10
05/12/2025
0

Abagore bo mu Ngabo z’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, bagaragarije abagore n’abakobwa bo muri iki Gihugu...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

by radiotv10
05/12/2025
0

Abanyekongo biganjemo abagore n’abana bakomeje guhungira mu Rwanda nyuma yuko imirwano ikomeje gukara mu bice bimwe mu byo muri Kivu...

IZIHERUKA

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda
FOOTBALL

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

by radiotv10
07/12/2025
0

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

06/12/2025
Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

06/12/2025
U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

06/12/2025
Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

06/12/2025
Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.