Wednesday, December 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Urukiko rwategetse ko Rusesabagina azaburanishwa mu bujurire adahari

radiotv10by radiotv10
18/01/2022
in MU RWANDA
0
Rusesabagina aracyahagaze ku k’ejo: Na none ntiyitabye Urukiko mu Bujurire
Share on FacebookShare on Twitter

Urukiko rw’Ubujurire rwajuririwe mu rubanza ruregwamo Paul Rusesabagina na bagenzi be, rwemeje ko uyu mugabo utaragaragaye mu rubanza kuri uyu wa Mbe, yanze kwitaba Urukiko ku bwende, rutegeka ko uru rubanza ruzakomeza adahari.

Abaregwa hamwe na Rusesabagina uko ari 20 kuri uyu wa Mbere tariki 17 Mutarama 2022 bitabye Urukiko rw’Ubujurire kugira ngo baburane ku bujurire bwa bamwe muri bo ndetse n’ubw’Ubushinjacyaha.

Gusa Rusesabagina n’ubundi waburanishijwe mu Rugerero rw’Urukiko Rukuru ruburanisha Ibyaha mpuzamahanga n’ibyambukiranya imipaka na bwo adahari, kuri uyu wa mbere na bwo ntiyitabye Urukiko rw’Ubujurire.

Ibi byatumye haba impaka hagati y’uruhande rw’Ubushinjacyaha ndetse n’abunganira abaregwa barimo abavugaga ko Rusesabagina yanze kwitaba ku bushake, bagasaba ko urubanza ruburanishwa adahari.

Mu gihe bamwe mu bunganira abaregwa na bo bavugaga ko hakwiye kubanza gusuzumwa uburyo Rusesabagina yamenyeshejwe ibijyanye n’uru rubanza ndetse niba n’umwamumenyesheje abifitiye ububasha.

Urukiko rw’Ubujurire rwahise rusubika urubanza, kuri uyu wa Kabiri tariki 18 Mutarama rwasomye umwanzuro kuri izi mpaka, ruvuga ko hagendewe ku nyandiko zihamagaza abaregwa zasinyweho n’abandi bose uretse Rusesabagina Paul ari ikimenyetso cy’uko yamenyeshejwe.

Umucamanza yavuze ko ibimenyetso byose byatanzwe n’ubushinjacyaha bigaragaza ko Rusesabagina yamenyeshejwe mu buryo bukurikije amategeko bityo ko “yanze kwitaba Urukiko ku bwende.”

Icyemezo cy’urukiko kisunze ingingo ya 128 y’itegeko ryerekeye imiburanishirize y’imanza z’inshinjabyaha mu gika cyayo cya mbere, kivuga ko Rusesabagina azaburanishwa adahari bityo ko urubanza rwimuriwe ku wa Kane tariki 20 Mutarama 2022.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × four =

Previous Post

Ese Muhoozi wise Perezida Kagame Se wabo yaharuriraga inzira Intumwa ya Museveni?

Next Post

U Rwanda rwataramwe kubera Mukansanga waruhesheje ishema rishashagirana

Related Posts

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

by radiotv10
24/12/2025
0

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Repubulika ya Mozambique, yasuye inzego z’Umutekano z’u Rwanda ziri mu butumwa muri Mocímboa da Praia,...

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
23/12/2025
0

Umunyamakuru Gakuru Emmanuel wamenyekanye nka Muzehe Gakuru uri mu bamaze igihe bakora itangazamakuru mu Rwanda, yatawe muri yombi akurikiranyweho gutanga...

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

by radiotv10
23/12/2025
0

Nyuma y’imyaka igera kuri ibiri, abaturage bo mu Karere ka Rutsiro na Rubavu batabaje kubera ikibazo cy’umugezi wa Bihongora ugabanya...

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
23/12/2025
0

Mu muhanda uva Nyanza ya Kicukiro werecyeza Sanatubes mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka itwara...

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

by radiotv10
23/12/2025
0

Abasirikare barimo abo ku rwego rwa Ofisiye ndetse n’abo ku zindi nzego barangije amahugurwa yo ku rwego rwo hejuru barimo...

IZIHERUKA

Ubutumwa bwa Minisitiri Nduhungirehe ku bahanganisha abahanzi The Ben na Bruce Melodie
IMYIDAGADURO

Ubutumwa bwa Minisitiri Nduhungirehe ku bahanganisha abahanzi The Ben na Bruce Melodie

by radiotv10
24/12/2025
0

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

24/12/2025
Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

23/12/2025
Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

23/12/2025
Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

23/12/2025
Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

23/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwataramwe kubera Mukansanga waruhesheje ishema rishashagirana

U Rwanda rwataramwe kubera Mukansanga waruhesheje ishema rishashagirana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa bwa Minisitiri Nduhungirehe ku bahanganisha abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.