Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Urupfu rw’Umunyarwandakazi bikekwa ko yishwe n’umugabo we babanaga muri Sweden rwashenguye benshi

radiotv10by radiotv10
25/11/2021
in MU RWANDA
0
Urupfu rw’Umunyarwandakazi bikekwa ko yishwe n’umugabo we babanaga muri Sweden rwashenguye benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Abanyarwanda baba muri Sweden bababajwe n’urupfu rwa Ingabire Diane wari muri komite ya Diaspora Nyarwanda yo muri kiriya Gihugu, bikekwa ko yishwe n’umugabo we bari bamaze iminsi bafitanye ibibazo.

Ubutumwa bwanyujijwe kuri Twitter y’u Umuryango w’Abanyarwanda batuye muri Sweden, bugaragaza ko uyu muryango wababajwe n’urupfu rwa Ingabire Diane.

Ubu butumwa bugira buti “Umuryango w’Abanyarwanda batuye muri Sweden, ubabajwe no kubamenyesha urupfu rw’umwe mu bagize komite ya diaspora Ingabire Diane yitabye Imana tariki ya 19/11/2021 mu murwa mukuru Stockholm.”

Ubu butumwa bukomeza bugira buti “Twihanganishije umuryango we ndetse nu muryango nyarwanda muri rusange.”

Umuryango w’Abanyarwanda baba muri Finland na wo wagaragaje ko ubabajwe n’uru rupfu rw’uriya Munyarwandakazi.

Ubutumwa bwatambutse kuri Twitter y’uyu muryango, na bwo bugira buti “Umuryango w’Abanyarwanda batuye muri Finland twifatanyije namwe mu kababaro! Imana imuhe iruhuko ridashira kandi twihanganishije n’umuryango asize.”

Amakuru aturuka muri Sweden avuga ko Polisi ya kiriya Gihugu yataye muri yombi Uwizeye Jean Damascene wari usanzwe ari umugabo wa Ingabire Diane aho akekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’umugore we.

Polisi yo muri Stockholm yataye muri yombi Uwizeye Jean Damascene tariki 19 Ugushyingo 2021 akekwaho kwica umugore we uzwi nka Ingabire Diane wari ufite imyaka 31, nawe akaba yari ubwo umugore we yari akimara gupfa.

Bamwe mu basanzwe baba hafi y’umuryango wabo, bavuga ko bari baamze iminsi babanye nabi ndetse ko nyakwigendera atahwemye kugaragaza ko afite impungenge z’umutekano we kubera ko umugabo we yamuhozaga ku nkeke.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five + 7 =

Previous Post

Perezida Kagame yagaragaje uruhare rw’Inteko muri Africa mu kwigobotora ingaruka za COVID-19

Next Post

Abafana bafatiwe ku mukino wa APR&Rayon bashobora gufungwa imyaka 5…Polisi yaberekanye inabashyikiriza RIB

Related Posts

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Museveni n’Abanya-Uganda nyuma yo kongera kumutora

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Museveni n’Abanya-Uganda nyuma yo kongera kumutora

by radiotv10
19/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yashimiye mugenzi we wa Uganda Yoweri Kaguta Museveni watorewe gukomeza kuyobora iki Gihugu, anamwifuriza we n’Abanya-Uganda ishya...

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu Murenge wa Gataraga mu Karere ka Musanze, abaturage benshi bakoraniye ku kigo cy’ishuri bavuga ko baje kureba amabonekerwa ya...

Simple Habits That Improve Digestion

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
18/01/2026
0

Good digestion is the foundation of overall health. When your digestive system works well, your body absorbs nutrients properly, your...

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

IZIHERUKA

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Museveni n’Abanya-Uganda nyuma yo kongera kumutora
MU RWANDA

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Museveni n’Abanya-Uganda nyuma yo kongera kumutora

by radiotv10
19/01/2026
0

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

19/01/2026
Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

19/01/2026
Simple Habits That Improve Digestion

Simple Habits That Improve Digestion

18/01/2026
Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abafana bafatiwe ku mukino wa APR&Rayon bashobora gufungwa imyaka 5…Polisi yaberekanye inabashyikiriza RIB

Abafana bafatiwe ku mukino wa APR&Rayon bashobora gufungwa imyaka 5…Polisi yaberekanye inabashyikiriza RIB

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Museveni n’Abanya-Uganda nyuma yo kongera kumutora

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.