Wednesday, November 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Urushyi Will Smith yakubitiye Chris Rock mu birori rukivugiza rwabaye Inkuru y’Isi yose

radiotv10by radiotv10
28/03/2022
in IMYIDAGADURO
0
Urushyi Will Smith yakubitiye Chris Rock mu birori rukivugiza rwabaye Inkuru y’Isi yose
Share on FacebookShare on Twitter

Mu birori byo gutanga ibihembo bya sinema bikomeye ku Isi bizwi nka Oscar Awards 2022, umukinnyi wa Film w’icyamamare ku isi, Willard Carroll Smith uzwi nka Will Smith yakubise urushyi mugenzi we Chris Rock, rukomeje kuvugwaho na benshi ku Isi.

Muri ibi birori bikomeye bitangirwamo ibihembo ku bakinnyi bitwaye neza muri Sinema ya Hollywood, umunyarwenya ukomeye ku isi, Chris Rock wari uyoboye ibiganiro, yagarutse ku mugore wa Will Smith, Jada Pinkett Smith avuga ku musatsi we uteye mu buryo budasanzwe kubera uburwayi.

Umunyarwenya Chris Rock wavugaga kuri uyu mufasha wa Will Smith atebya ko yakunze uburyo akina muri film yasohotse mu 1997 izwi nka G.I Jane adafite umusatsi, ndetse anaseka, Will Smith aho yari yicaranye n’umugore we na bo bariho baseka.

Ubwo Chris Rock yavugaga ko afite amatsiko yo kuzareba igice cya kabiri cy’iyi film, Will Smith yahagurukanye ingoga yerecyeza kuri Podium asatira Chric Rock, undi agira ngo hari icyo aje kumubwira ariko atungurwa no kumugeraho ahita amwasa uruhsyi ku itama.

Nyuma yo kumukubita uru rushyi rukivugiza, Will Smith yahise asubira mu byicaro bigaragara ko yabishe, ahita atangira kubwira umujinya Chris Rock mu ijwi rirangurura amubwira ko adashaka kuzongera kumva avuga ku mugore we dore ko atari ubwa mbere.

Yahise agira ati “Ndagusabye ntuzongere kumbura umunwa wawe uvuga ku mugore wanjye.”

Will Smith kandi yanabonye igihembo cy’umukinnyi w’umwaka, yanabonyeho gusaba imbabazi Chris Rock kubera urushyi yamukubise abitewe n’umujinya.

Will Smith yakubise Chris Rock urushyi rukomeye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 − 3 =

Previous Post

Musanze: Ufite ubumuga yatawe n’umugabo amusigira abana babiri none bacumbitse mu kiraro

Next Post

Ndimbati afatiwe icyemezo cyo gufungwa

Related Posts

Hatangiye gutangwa ubutumwa bukomeza umuririmbyi Vestine nyuma yo kugaragaza ibyateye urujijo

Hatangiye gutangwa ubutumwa bukomeza umuririmbyi Vestine nyuma yo kugaragaza ibyateye urujijo

by radiotv10
19/11/2025
0

Umuhanzikazi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Aline Gahongayire, yageneye ubutumwa mugenzi we Ishimwe Vestine amukomeza, nyuma yuko hagiye hanze...

Hamenyekanye igihe hazabera igitaramo mbaturamugabo cyakunze kwifuzwa na benshi muri muzika Nyarwanda

Hamenyekanye igihe hazabera igitaramo mbaturamugabo cyakunze kwifuzwa na benshi muri muzika Nyarwanda

by radiotv10
19/11/2025
0

Yifashishije ibipfunsi bibiri byambaye uturindantoki tuzwi ku bakinnyi b’iteramakofe, Umuhanzi The Ben yateguje abantu igitaramo mbaturamugabo bivugwa ko azahuriramo na...

Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

by radiotv10
19/11/2025
0

Nyuma yuko Umuririmbyi w’Indirimbo zo kuramya Uwiteka, Ishimwe Vestine ashyize hanze ubutumwa bamwe bakabufata nk’ubuca amarenga ko ishyamba atari ryeru...

Umuntu ni mugari- Minisitiri Utumatwishima avuga ku Muhanzi Bill Ruzima wafunzwe afatanywe urumogi

Umuntu ni mugari- Minisitiri Utumatwishima avuga ku Muhanzi Bill Ruzima wafunzwe afatanywe urumogi

by radiotv10
18/11/2025
0

Minisitiri w’Urubyiruko n’Ubuhanzi, Dr. Utumatwishima Jean Nepo Abdallah yagaragaje ko umuhanzi Bill Ruzima watawe muri yombi, afite impano, ariko ko...

Hagiye hanze amakuru aca amarenga ko bitifashe neza mu rugo rw’umuririmbyi Vestine umaze amezi akoze ubukwe

Hagiye hanze amakuru aca amarenga ko bitifashe neza mu rugo rw’umuririmbyi Vestine umaze amezi akoze ubukwe

by radiotv10
18/11/2025
0

Umuririmbyi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Ishimwe Vestine uririmbana n’umuvandimwe Dorcas, yashyize hanze ubutumwa buca amarenga ko mu rugo...

IZIHERUKA

Urujijo ruracyari rwose ku babyeyi bashimutiwe abana bakuwe ku ishuri muri Nigeria
AMAHANGA

Urujijo ruracyari rwose ku babyeyi bashimutiwe abana bakuwe ku ishuri muri Nigeria

by radiotv10
19/11/2025
0

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

19/11/2025
Hatangiye gutangwa ubutumwa bukomeza umuririmbyi Vestine nyuma yo kugaragaza ibyateye urujijo

Hatangiye gutangwa ubutumwa bukomeza umuririmbyi Vestine nyuma yo kugaragaza ibyateye urujijo

19/11/2025
Icyo Urukiko rwashingiyeho rurekura nyiri uruganda rw’inzoga rwasanzwemo umuntu wapfuye

Icyo Urukiko rwashingiyeho rurekura nyiri uruganda rw’inzoga rwasanzwemo umuntu wapfuye

19/11/2025
Rwanda and Arsenal to conclude landmark eight-season Visit Rwanda partnership in June 2026

Rwanda and Arsenal to conclude landmark eight-season Visit Rwanda partnership in June 2026

19/11/2025
Hamenyekanye igihe hazabera igitaramo mbaturamugabo cyakunze kwifuzwa na benshi muri muzika Nyarwanda

Hamenyekanye igihe hazabera igitaramo mbaturamugabo cyakunze kwifuzwa na benshi muri muzika Nyarwanda

19/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ndimbati yagejejwe imbere y’urukiko

Ndimbati afatiwe icyemezo cyo gufungwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Urujijo ruracyari rwose ku babyeyi bashimutiwe abana bakuwe ku ishuri muri Nigeria

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

Hatangiye gutangwa ubutumwa bukomeza umuririmbyi Vestine nyuma yo kugaragaza ibyateye urujijo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.