Tuesday, December 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Urwandiko rw’agahinda rwasizwe n’umusore bikekwa ko yiyahuye n’icyifuzo kidasanzwe yavuzemo

radiotv10by radiotv10
17/12/2024
in MU RWANDA
0
Urwandiko rw’agahinda rwasizwe n’umusore bikekwa ko yiyahuye n’icyifuzo kidasanzwe yavuzemo
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro, basanze umurambo w’umusore mu nzu yabagamo, bikekwa ko yiyahuye, ndetse haboneka n’ibaruwa yanditse, aho yasabye ko batazamushyingura, ahubwo ko umurambo we bazawuha inyamaswa zikawurya zikawumara.

Umurambo w’uyu musore wabonetse kuri uyu wa Mbere tariki 16 Ukuboza 2024, mu nzu yari acumbitsemo mu Mudugudu w’Amahoro, Akagari ka Karambo, mu Murenge wa Gatenga.

Ibaruwa yandikishije intoki yagaragaye bikaba bikekwa ko yasizwe n’uyu musore, agenda asezera abantu bagiye bagira ibyo bahuriramo, barimo abo biganye, abarimu bamwigishije ndetse n’abo bakoranye mu bigo bitandukanye birimo MAGERWA yakoreraga.

Uyu musore witwa Bernabe, muri iyi baruwa bikekwa ko ari iye, ntavugamo icyatumye yiyambura ubuzima, gusa akavugamo icyifuzo cye  nyuma yo kwitaba Imana.

Ati “Bibaye byiza ntimwanshyingura ahubwo umubiri wanjye mwazawuha inyamaswa zikawurya zikawumara bikabera mu ruhame mureba mwese.”

Muri iyi baruwa, asoza avugamo icyo yise icyitonderwa, ati “Mpfuye nta mwana mfite, nta n’umukobwa nateye inda n’umwe.”

Umulisa Speciose uyobora Isibo yari ituyemo nyakwigendera, yabwiye igitangamazamakuru cyitwa BTN, ko urupfu rwe rwamenyekanye ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere, nyuma yuko hari uwumvise atakira mu nzu, bajya kureba bagasanga yafungiye imbere, aho binjiriye basanga yapfuye.

Yagize ati “Hari umukobwa wamukoreraga amasuku nk’uko bisanzwe, yumvise nyakwigendera ataka, agiye kureba icyo abaye agize ngo akingure asanga yafungiye imbere, noneho atabaje ni bwo bampagaye ndahagera ntanga uburengenzira bwo kuhafungura twinjiye mukoze nsanga yikubise hasi yubamye mukoze numva yagagaye duhita duhuruza Polisi na yo ihita idutabara.”

Abakoranaga na nyakwigendera aho yari umushoferi wa MAGERWA,  bavuga ko bamuherukaga mu cyumweru gishize, ariko ko hari iminsi atigeze agera ku kazi, ndetse bamuhamagara ntiyitabe ahubwo telefone ye ikitabwa n’umukobwa ariko na we ntavugishe ababaga bamuhamagaye.

Abaturanyi bari baje kureba uko byagenze

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven − six =

Previous Post

Imvugo y’umukozi w’Imana uzwi mu Rwanda yarakaje Abarasita basaba ko bakwigaragambya

Next Post

Uwamamaye muri filimi Nyarwanda n’umukunzi we babana i Burayi bateye intambwe mu rukundo

Related Posts

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

by radiotv10
16/12/2025
0

Ikigo cy'Igihugu Gishinzwe Ubuzima RBC cyatanze ibisobanuro by’uburyo umuntu ashobora kubona ko yanduye cyangwa atanduye Virusi itera SIDA akoresheje agakoresha...

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

by radiotv10
16/12/2025
0

Abanyeshuri barenga 100 b’ikigo cy’ishuri cya ‘Wise and Smart School’ cyo mu Karere ka Musanze n’abarezi babo, basuye Polisi y’u...

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

by radiotv10
16/12/2025
0

Itorero ADEPR rigiye kwizihiza isabukuru y'imyaka 85 rimaze ribayeho, rivuga ko muri iyi myaka hari byinshi ryishimira ryagezeho nko kubaka...

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

by radiotv10
16/12/2025
0

Urutonde rwashyizwe hanze n’Ikinyamakuru Jeune Afrique, rugaragaza uko imijyi ikurikiranaga ku ireme rya serivisi z’ubuvuzi n’imitangire yazo, Umujyi wa Kigali...

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

by radiotv10
15/12/2025
0

Nyuma y’igitero umutwe w’iterabwoba wa FDLR wagabye muri Teritwari ya Walikare cyahitanye abantu bane, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, yavuze...

IZIHERUKA

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports
FOOTBALL

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

by radiotv10
16/12/2025
0

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

16/12/2025
Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

16/12/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

16/12/2025
Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

16/12/2025
Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

16/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwamamaye muri filimi Nyarwanda n’umukunzi we babana i Burayi bateye intambwe mu rukundo

Uwamamaye muri filimi Nyarwanda n’umukunzi we babana i Burayi bateye intambwe mu rukundo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.