Sunday, December 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Urwandiko rw’agahinda rwasizwe n’umusore bikekwa ko yiyahuye n’icyifuzo kidasanzwe yavuzemo

radiotv10by radiotv10
17/12/2024
in MU RWANDA
0
Urwandiko rw’agahinda rwasizwe n’umusore bikekwa ko yiyahuye n’icyifuzo kidasanzwe yavuzemo
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro, basanze umurambo w’umusore mu nzu yabagamo, bikekwa ko yiyahuye, ndetse haboneka n’ibaruwa yanditse, aho yasabye ko batazamushyingura, ahubwo ko umurambo we bazawuha inyamaswa zikawurya zikawumara.

Umurambo w’uyu musore wabonetse kuri uyu wa Mbere tariki 16 Ukuboza 2024, mu nzu yari acumbitsemo mu Mudugudu w’Amahoro, Akagari ka Karambo, mu Murenge wa Gatenga.

Ibaruwa yandikishije intoki yagaragaye bikaba bikekwa ko yasizwe n’uyu musore, agenda asezera abantu bagiye bagira ibyo bahuriramo, barimo abo biganye, abarimu bamwigishije ndetse n’abo bakoranye mu bigo bitandukanye birimo MAGERWA yakoreraga.

Uyu musore witwa Bernabe, muri iyi baruwa bikekwa ko ari iye, ntavugamo icyatumye yiyambura ubuzima, gusa akavugamo icyifuzo cye  nyuma yo kwitaba Imana.

Ati “Bibaye byiza ntimwanshyingura ahubwo umubiri wanjye mwazawuha inyamaswa zikawurya zikawumara bikabera mu ruhame mureba mwese.”

Muri iyi baruwa, asoza avugamo icyo yise icyitonderwa, ati “Mpfuye nta mwana mfite, nta n’umukobwa nateye inda n’umwe.”

Umulisa Speciose uyobora Isibo yari ituyemo nyakwigendera, yabwiye igitangamazamakuru cyitwa BTN, ko urupfu rwe rwamenyekanye ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere, nyuma yuko hari uwumvise atakira mu nzu, bajya kureba bagasanga yafungiye imbere, aho binjiriye basanga yapfuye.

Yagize ati “Hari umukobwa wamukoreraga amasuku nk’uko bisanzwe, yumvise nyakwigendera ataka, agiye kureba icyo abaye agize ngo akingure asanga yafungiye imbere, noneho atabaje ni bwo bampagaye ndahagera ntanga uburengenzira bwo kuhafungura twinjiye mukoze nsanga yikubise hasi yubamye mukoze numva yagagaye duhita duhuruza Polisi na yo ihita idutabara.”

Abakoranaga na nyakwigendera aho yari umushoferi wa MAGERWA,  bavuga ko bamuherukaga mu cyumweru gishize, ariko ko hari iminsi atigeze agera ku kazi, ndetse bamuhamagara ntiyitabe ahubwo telefone ye ikitabwa n’umukobwa ariko na we ntavugishe ababaga bamuhamagaye.

Abaturanyi bari baje kureba uko byagenze

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 + 16 =

Previous Post

Imvugo y’umukozi w’Imana uzwi mu Rwanda yarakaje Abarasita basaba ko bakwigaragambya

Next Post

Uwamamaye muri filimi Nyarwanda n’umukunzi we babana i Burayi bateye intambwe mu rukundo

Related Posts

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

by radiotv10
20/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Burusiya, Sergey Lavrov, byibanze ku guteza imbere...

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

by radiotv10
20/12/2025
0

Bamwe mu barema isoko ry’amatungo magufi ryo mu Murenge wa Kabarondo, bavuga ko babangamirwa n’uko ritazitiye, bigatuma amatungo yangiza ubusitani...

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

by radiotv10
20/12/2025
0

Rwanda’s Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, held talks with his Russian counterpart, Sergey Lavrov, focusing...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
20/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
20/12/2025
1

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

IZIHERUKA

Biravugwa ko umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda yatawe muri yombi
IBYAMAMARE

Biravugwa ko umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
21/12/2025
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwamamaye muri filimi Nyarwanda n’umukunzi we babana i Burayi bateye intambwe mu rukundo

Uwamamaye muri filimi Nyarwanda n’umukunzi we babana i Burayi bateye intambwe mu rukundo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Biravugwa ko umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda yatawe muri yombi

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.