Friday, December 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Urwego rukomeye muri America rwafashe icyemezo gisaba u Rwanda gufungura Rusesabagina byihuse

radiotv10by radiotv10
15/07/2022
in MU RWANDA
0
Urwego rukomeye muri America rwafashe icyemezo gisaba u Rwanda gufungura Rusesabagina byihuse
Share on FacebookShare on Twitter

Inteko ishinga Amategeko ya Leta Zunze Ubumwe za America yemeye umwanzuro yashyikirijwe na bamwe mu bayigize wo gusaba u Rwanda kurekura Paul Rusesabagina wakatiwe igifungo cy’imyaka 25 ahamijwe ibyaha bifitanye isano n’iterabwoba.

Bamwe mu bagize Inteko ya Leta Zunze Ubumwe za America, bakunze kuvuga ko Paul Rusesabagina yagejejwe mu Rwanda hakoreshejwe inzira zitemewe n’amategeko.

Abadepite babiri barimo Joaquin Castro wo muri Texas na Young Kim wa California banakoze umwanzuro wo gushyira igitutu kuri Guverinoma y’u Rwanda, ikarekura Rusesabagina Paul ngo kuko yagejewe mu Rwanda hakoreshejwe inzira zinyuranyije n’amategeko.

Uyu umwazuro w’izi ntumwa za rubanda ebyiri, uvuga ko uyu munyarwanda wari uyoboye umutwe wa MRCD-FLN wagiye ugaba ibitero mu Rwanda byanahitanye ubuzima bw’Abanyarwanda bamwe, yavanywe iwe i Texas akagezwa mu Rwanda nta muntu numwe ubizi yaba n’uwo mu muryango we.

Uvuga kandi ko rusesabagina yagejewe mu Rwanda akamara iminsi itatu afungiye ahantu hatazwi akaza kwerekwa itangazamkuru nyuma.

Inteko Ishinga Amategeko umutwe w’Abadepite muri Leta Zunze Ubumwe za America, kuri uyu wa Kane wemeje uyu mwanzuro wa bagenzi babo babiri.

Uyu mwanzuro usaba Leta y’u Rwanda kurekura byihuse Rusesabagina Paul agataha mu Gihugu cye.

Abadepite ba Leta Zunze Ubumwe za America, basaba ko Guverinoma y’Igihugu cyabo kuvugana n’iy’u Rwanda ikayishyiraho igitutu kugira ngo irekure Rusesabagina Paul.

Ubusanzwe itegeko rishyiraho Inteko Ishinga Amategeko muri Leta Zunze Ubumwe za America, utangazwa n’inteko mu buryo bweruye nyuma yuko ushyikirijwe ukuriye inyandiko z’iyi nteko.

Ni umwanuro udasaba kujya kunyura imbere ya Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America ahubwo ko ukomeza guhabwa agaciro n’Inteko.

Joaquin Castro umwe mu Badepite bashyikirije Inteko uyu mwanzuro, Muri Nyakanga umwaka ushize yatangaje ko agiye gukora ibishoboka byose kugira ngo afunguze Rusesabagina wari urimo kuburanishwa mu Rwanda.

Mu ntangiro z’Ukwakira 2022, Inteko Ishinga Amategeko y’Ubumwe bw’Uburayi (EU) yari yatoye umwanzuro wamagana igihano cy’igifungo cy’imyaka 25 cyari cyakatiwe Paurl Rusesabagina ubwo Urukiko Rukuru rwamuhamyaga bimwe mu byaha akurikiranyweho.

Nubwo gukurikiza uyu mwanzuro w’Inteko Ishinga Amategeko ya EU, atari itegeko ariko wari wemejwe n’Intumwa za rubanda 660 mu gihe abari bawanze bari babiri naho abari bifashe bakaba bari 18 bifashe.

Tairki 20 Nzeri, Urugereko rwihariye rw’Urukiko Rukuru Ruburanisha Ibyaha Mpuzamahanga n’ibyambukiranya Imipaka, rwari rwakatiye Rusesabagina igifungo cy’imyaka 25, ariko urubanza aregwamo n’abandi 20 ruza kujuririrwa ku mpande zombi zirimo n’Ubushinjacyaha bwari bwagaye iki gihano cyakatiwe uyu mugabo.

Tariki 04 Mata 2022, Urukiko rw’Ubujurire rwaburanishije ubujurire muri uru rubanza, rwagumishijeho igifungo cy’imyaka 25 cyakatiwe Rusesabagina.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × three =

Previous Post

Ibirambuye ku nkuru y’urukundo rw’umubikira warongowe n’umushumba anaruta

Next Post

Rubavu: Abanyeshuri bagiye gufata indangamanota bababuza kwinjira mu kigo kuko batishyuye ay’ibiryo

Related Posts

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yafashe abagabo babiri bari barashinze uruganda rukora inzoga zitujuje ubuziranenge, izwi nka ‘Muriture’, bari...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

For many young adults in Kigali and across Rwanda, living with parents after university or in the early years of...

IZIHERUKA

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando
AMAHANGA

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

by radiotv10
26/12/2025
0

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

26/12/2025
Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

26/12/2025
Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

26/12/2025
Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

26/12/2025
Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rubavu: Abanyeshuri bagiye gufata indangamanota bababuza kwinjira mu kigo kuko batishyuye ay’ibiryo

Rubavu: Abanyeshuri bagiye gufata indangamanota bababuza kwinjira mu kigo kuko batishyuye ay’ibiryo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.