Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Urwego rukomeye muri America rwafashe icyemezo gisaba u Rwanda gufungura Rusesabagina byihuse

radiotv10by radiotv10
15/07/2022
in MU RWANDA
0
Urwego rukomeye muri America rwafashe icyemezo gisaba u Rwanda gufungura Rusesabagina byihuse
Share on FacebookShare on Twitter

Inteko ishinga Amategeko ya Leta Zunze Ubumwe za America yemeye umwanzuro yashyikirijwe na bamwe mu bayigize wo gusaba u Rwanda kurekura Paul Rusesabagina wakatiwe igifungo cy’imyaka 25 ahamijwe ibyaha bifitanye isano n’iterabwoba.

Bamwe mu bagize Inteko ya Leta Zunze Ubumwe za America, bakunze kuvuga ko Paul Rusesabagina yagejejwe mu Rwanda hakoreshejwe inzira zitemewe n’amategeko.

Abadepite babiri barimo Joaquin Castro wo muri Texas na Young Kim wa California banakoze umwanzuro wo gushyira igitutu kuri Guverinoma y’u Rwanda, ikarekura Rusesabagina Paul ngo kuko yagejewe mu Rwanda hakoreshejwe inzira zinyuranyije n’amategeko.

Uyu umwazuro w’izi ntumwa za rubanda ebyiri, uvuga ko uyu munyarwanda wari uyoboye umutwe wa MRCD-FLN wagiye ugaba ibitero mu Rwanda byanahitanye ubuzima bw’Abanyarwanda bamwe, yavanywe iwe i Texas akagezwa mu Rwanda nta muntu numwe ubizi yaba n’uwo mu muryango we.

Uvuga kandi ko rusesabagina yagejewe mu Rwanda akamara iminsi itatu afungiye ahantu hatazwi akaza kwerekwa itangazamkuru nyuma.

Inteko Ishinga Amategeko umutwe w’Abadepite muri Leta Zunze Ubumwe za America, kuri uyu wa Kane wemeje uyu mwanzuro wa bagenzi babo babiri.

Uyu mwanzuro usaba Leta y’u Rwanda kurekura byihuse Rusesabagina Paul agataha mu Gihugu cye.

Abadepite ba Leta Zunze Ubumwe za America, basaba ko Guverinoma y’Igihugu cyabo kuvugana n’iy’u Rwanda ikayishyiraho igitutu kugira ngo irekure Rusesabagina Paul.

Ubusanzwe itegeko rishyiraho Inteko Ishinga Amategeko muri Leta Zunze Ubumwe za America, utangazwa n’inteko mu buryo bweruye nyuma yuko ushyikirijwe ukuriye inyandiko z’iyi nteko.

Ni umwanuro udasaba kujya kunyura imbere ya Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America ahubwo ko ukomeza guhabwa agaciro n’Inteko.

Joaquin Castro umwe mu Badepite bashyikirije Inteko uyu mwanzuro, Muri Nyakanga umwaka ushize yatangaje ko agiye gukora ibishoboka byose kugira ngo afunguze Rusesabagina wari urimo kuburanishwa mu Rwanda.

Mu ntangiro z’Ukwakira 2022, Inteko Ishinga Amategeko y’Ubumwe bw’Uburayi (EU) yari yatoye umwanzuro wamagana igihano cy’igifungo cy’imyaka 25 cyari cyakatiwe Paurl Rusesabagina ubwo Urukiko Rukuru rwamuhamyaga bimwe mu byaha akurikiranyweho.

Nubwo gukurikiza uyu mwanzuro w’Inteko Ishinga Amategeko ya EU, atari itegeko ariko wari wemejwe n’Intumwa za rubanda 660 mu gihe abari bawanze bari babiri naho abari bifashe bakaba bari 18 bifashe.

Tairki 20 Nzeri, Urugereko rwihariye rw’Urukiko Rukuru Ruburanisha Ibyaha Mpuzamahanga n’ibyambukiranya Imipaka, rwari rwakatiye Rusesabagina igifungo cy’imyaka 25, ariko urubanza aregwamo n’abandi 20 ruza kujuririrwa ku mpande zombi zirimo n’Ubushinjacyaha bwari bwagaye iki gihano cyakatiwe uyu mugabo.

Tariki 04 Mata 2022, Urukiko rw’Ubujurire rwaburanishije ubujurire muri uru rubanza, rwagumishijeho igifungo cy’imyaka 25 cyakatiwe Rusesabagina.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × five =

Previous Post

Ibirambuye ku nkuru y’urukundo rw’umubikira warongowe n’umushumba anaruta

Next Post

Rubavu: Abanyeshuri bagiye gufata indangamanota bababuza kwinjira mu kigo kuko batishyuye ay’ibiryo

Related Posts

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

by radiotv10
21/01/2026
0

Mu rusengero rw’Itorero rya ADEPR-Karambo rwo mu Murenge wa Kaniga mu Karere ka Gicumbi, haravugwa ubuhanuzi butavugwaho rumwe, burimo ubwereka...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
21/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

by radiotv10
21/01/2026
0

Minisiteri y’Ingabo z’u Rwanda na RDF, bohereje itsinda riyobowe na Brig Gen Patrick Karuretwa, Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubufatanye Mpuzamahanga mu...

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo Murenge wa Nyamwumva, mu Karere ka Rubavu bavuga ko kubona amazi meza bikiri ingorabahizi, kuko hari...

IZIHERUKA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?
AMAHANGA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rubavu: Abanyeshuri bagiye gufata indangamanota bababuza kwinjira mu kigo kuko batishyuye ay’ibiryo

Rubavu: Abanyeshuri bagiye gufata indangamanota bababuza kwinjira mu kigo kuko batishyuye ay’ibiryo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.