Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Urwego rukomeye muri America rwafashe icyemezo gisaba u Rwanda gufungura Rusesabagina byihuse

radiotv10by radiotv10
15/07/2022
in MU RWANDA
0
Urwego rukomeye muri America rwafashe icyemezo gisaba u Rwanda gufungura Rusesabagina byihuse
Share on FacebookShare on Twitter

Inteko ishinga Amategeko ya Leta Zunze Ubumwe za America yemeye umwanzuro yashyikirijwe na bamwe mu bayigize wo gusaba u Rwanda kurekura Paul Rusesabagina wakatiwe igifungo cy’imyaka 25 ahamijwe ibyaha bifitanye isano n’iterabwoba.

Bamwe mu bagize Inteko ya Leta Zunze Ubumwe za America, bakunze kuvuga ko Paul Rusesabagina yagejejwe mu Rwanda hakoreshejwe inzira zitemewe n’amategeko.

Abadepite babiri barimo Joaquin Castro wo muri Texas na Young Kim wa California banakoze umwanzuro wo gushyira igitutu kuri Guverinoma y’u Rwanda, ikarekura Rusesabagina Paul ngo kuko yagejewe mu Rwanda hakoreshejwe inzira zinyuranyije n’amategeko.

Uyu umwazuro w’izi ntumwa za rubanda ebyiri, uvuga ko uyu munyarwanda wari uyoboye umutwe wa MRCD-FLN wagiye ugaba ibitero mu Rwanda byanahitanye ubuzima bw’Abanyarwanda bamwe, yavanywe iwe i Texas akagezwa mu Rwanda nta muntu numwe ubizi yaba n’uwo mu muryango we.

Uvuga kandi ko rusesabagina yagejewe mu Rwanda akamara iminsi itatu afungiye ahantu hatazwi akaza kwerekwa itangazamkuru nyuma.

Inteko Ishinga Amategeko umutwe w’Abadepite muri Leta Zunze Ubumwe za America, kuri uyu wa Kane wemeje uyu mwanzuro wa bagenzi babo babiri.

Uyu mwanzuro usaba Leta y’u Rwanda kurekura byihuse Rusesabagina Paul agataha mu Gihugu cye.

Abadepite ba Leta Zunze Ubumwe za America, basaba ko Guverinoma y’Igihugu cyabo kuvugana n’iy’u Rwanda ikayishyiraho igitutu kugira ngo irekure Rusesabagina Paul.

Ubusanzwe itegeko rishyiraho Inteko Ishinga Amategeko muri Leta Zunze Ubumwe za America, utangazwa n’inteko mu buryo bweruye nyuma yuko ushyikirijwe ukuriye inyandiko z’iyi nteko.

Ni umwanuro udasaba kujya kunyura imbere ya Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America ahubwo ko ukomeza guhabwa agaciro n’Inteko.

Joaquin Castro umwe mu Badepite bashyikirije Inteko uyu mwanzuro, Muri Nyakanga umwaka ushize yatangaje ko agiye gukora ibishoboka byose kugira ngo afunguze Rusesabagina wari urimo kuburanishwa mu Rwanda.

Mu ntangiro z’Ukwakira 2022, Inteko Ishinga Amategeko y’Ubumwe bw’Uburayi (EU) yari yatoye umwanzuro wamagana igihano cy’igifungo cy’imyaka 25 cyari cyakatiwe Paurl Rusesabagina ubwo Urukiko Rukuru rwamuhamyaga bimwe mu byaha akurikiranyweho.

Nubwo gukurikiza uyu mwanzuro w’Inteko Ishinga Amategeko ya EU, atari itegeko ariko wari wemejwe n’Intumwa za rubanda 660 mu gihe abari bawanze bari babiri naho abari bifashe bakaba bari 18 bifashe.

Tairki 20 Nzeri, Urugereko rwihariye rw’Urukiko Rukuru Ruburanisha Ibyaha Mpuzamahanga n’ibyambukiranya Imipaka, rwari rwakatiye Rusesabagina igifungo cy’imyaka 25, ariko urubanza aregwamo n’abandi 20 ruza kujuririrwa ku mpande zombi zirimo n’Ubushinjacyaha bwari bwagaye iki gihano cyakatiwe uyu mugabo.

Tariki 04 Mata 2022, Urukiko rw’Ubujurire rwaburanishije ubujurire muri uru rubanza, rwagumishijeho igifungo cy’imyaka 25 cyakatiwe Rusesabagina.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 + three =

Previous Post

Ibirambuye ku nkuru y’urukundo rw’umubikira warongowe n’umushumba anaruta

Next Post

Rubavu: Abanyeshuri bagiye gufata indangamanota bababuza kwinjira mu kigo kuko batishyuye ay’ibiryo

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rubavu: Abanyeshuri bagiye gufata indangamanota bababuza kwinjira mu kigo kuko batishyuye ay’ibiryo

Rubavu: Abanyeshuri bagiye gufata indangamanota bababuza kwinjira mu kigo kuko batishyuye ay’ibiryo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.