Tuesday, July 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Urwego rukomeye muri EAC rwizeye ko iby’u Rwanda na DRCongo bizakemuka vuba bidatinze

radiotv10by radiotv10
28/11/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Urwego rukomeye muri EAC rwizeye ko iby’u Rwanda na DRCongo bizakemuka vuba bidatinze
Share on FacebookShare on Twitter

Inteko y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EALA) yatangaje ko ifite icyizere gihagije ko ibibazo biri hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bizakemuka mu gihe cya vuba, Ibihugu byombi bikongera kubana kivandimwe.

Byatangajwe na Perezida wa EALA, Joseph Ntakirutimana uyoboye imirimo y’iyi Nteko iri kubera mu Rwanda, ariko ikaba itaritabiriwe n’abahagarariye Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo muri iyi Nteko.

Hon. Joseph Ntakirutimana avuga ko nubwo abo Badepite ba Congo Kinshasa batitabiriye ibikorwa by’Inteko biri kubera mu Rwanda, bizeje bagenzi babo ko bazakomeza gukorana mu buryo bw’iya kure.

Yagize ati “Batwandikiye ibaruwa batumenyesha ko badashoboye kuza gukorera i Kigali, ariko ko tuzakorana mu buryo bw’ikoranabuhanga, bivuze ko ntacyo bizahungabanya.”

Perezida wa EALA uvuga ko kutaza kwa bagenzi babo bo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bishingiye ku bibazo bimaze iminsi biri hagati y’Igihugu cyabo n’u Rwanda, ariko ko hari icyizere ko bigiye kurangira, kandi ko n’abo Badepite ba DRC babishyigikiye.

Ati “Twizeye ko ibi bibazo dufite, iki kibazo kiri hagati ya DRC n’u Rwanda, ejo mu gitondo [ashaka kuvuga mu gihe cya vuba] kizaba cyarangiye, bigasubira kuba nka mbere, kandi barabishyigikiye.”

Hon. Joseph Ntakirutimana avuga ko abahawe inshingano zo gukurikirana gukemura ibi bibazo, bari gukora inshingano zabo, ku buryo “twebwe dutegereje twizeye ko umuti uzaboneka.”

Hon. Fatuma Ndangiza uri mu Badepite bahagarariye u Rwanda muri iyi Nteko ya EALA, yavuze ko “umuti w’iki kibazo uzava mu rwego rwa politiki, ni na cyo DRC isabwa ariko Ibihugu iyo bihura bigenda bigerageza gushaka ibisubizo.”

Gusa avuga ko mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo hakirimo isubyo, kuko ibyakunze kubyenyegeza bigenda birushaho gukara, nk’imitwe ibangamira abaturage, ijyenda ivuka.

Ati “Nk’ibyo bya Wazalendo bifashe nk’interahamwe, ni ibibazo bigenda bivuka, ndetse banatsemba bamwe mu bavuga Ikinyarwanda. Ni ikibazo kiremereye gihangayikishije akarere, ariko nta muti uhari wo kugikemura mu buryo bworoshye, uretse ingamba z’Ibihugu byafashe.”

Hon. Fatuma Ndangiza avuga ko nka EALA icyo bakora ari ugukomeza kwibutsa ko hakwiye gushyirwa mu bikorwa imyanzuro yafashwe ndetse n’Ibihugu bigakomeza gushakira amahoro ababituye.

 

Ntibashyigikiye ko ingabo za EAC ziva muri Congo

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo iherutse kwerurira Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba ko ingabo zawo ziri mu butumwa muri iki Gihugu zigomba gutaha ubwo zizaba zisoje manda yazo izarangira mu ntangiro z’ukwezi gutaha.

Ubwo habaga Inama y’Abakuru b’Ibihugu bigize uyu muryango mu cyumweru gishize, Ubunyamabanga bwawo bwatangaje ko buzubaha iki cyemezo cya DRC, ariko ko kitabanyuze kuko izi ngabo zari zaragiyeyo gucungira umutekano abaturage, kandi bakaba bari bakibikeneye.

Uyu muryango kandi watangaje ko Abagaba Bakuru b’Ingabo z’Ibihugu biwugize bazahura muri iki cyumweru, bakaganira kuri iki gikorwa cyo gukura ingabo muri DRC, ariko bakazanageza kuri mugenzi wabo wa Congo, ko Ibihugu bitishimiye iki cyemezo.

Abadepite ba EALA, na bo bavuze ko ingabo za EAC ziri mu burasirazuba bwa Congo, zidakwiye kuvayo, ahubwo ko zikwiye kongera kongererwa igihe, kuko ziriyo ku neza y’abaturage, bityo kuba zavayo byaba bisa nko kubatererana.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty + 3 =

Previous Post

Ubujurire bwa CG (Rtd) Gasana wifuzaga gufungurwa bwateshejwe agaciro

Next Post

Bruce Melodie uri muri America yahuye n’umuhanzi w’ikirangirire ku Isi

Related Posts

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
30/06/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Gehengeri mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko urugendo rurerure abana babo bari munsi y’imyaka...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi...

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

by radiotv10
30/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko ifitiye icyizere amasezerano y’amahoro iherutse gusinyana n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuko bayafashijwemo n’Igihugu...

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

by radiotv10
30/06/2025
0

Leaders from Kampala University visited the Kigali Genocide Memorial, denouncing those who continue to deny the 1994 Genocide against the...

IZIHERUKA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato
IMIBEREHO MYIZA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
30/06/2025
0

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

30/06/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

30/06/2025
Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

30/06/2025
Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Bruce Melodie uri muri America yahuye n’umuhanzi w’ikirangirire ku Isi

Bruce Melodie uri muri America yahuye n’umuhanzi w’ikirangirire ku Isi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.