Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Urwego rwa Leta rwinjiye mu irushanwa rya Mr Rwanda rihita rigira impinduka

radiotv10by radiotv10
10/05/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Urwego rwa Leta rwinjiye mu irushanwa rya Mr Rwanda rihita rigira impinduka
Share on FacebookShare on Twitter

Inteko Nyarwanda y’Umuco yiyemeje kubanza gusuzuma imitegurire y’irushanwa rya Mr Rwanda kugira ngo rirusheho kugenda neza, bituma ingengabihe y’ibikorwa byaryo ihinduka.

Izi mpinduka zavuye mu nama idasanzwe yahuje Inteko Nyarwanda y’Umuco n’abategura irushanwa rya Mr Rwanda kuri uyu wa Mbere tariki 09 Gicurasi 2022.

Iyi nama yanzuye ko Inteko y’Umuco igiye kubanza kunyuza amaso mu mitegurire y’iri rushanwa kugira ngo harebwe niba hari ibyanozwa n’ibyahabwa umurongo muzima.

Uwahaye amakuru RADIOTV10, yavuze ko nyuma y’iri suzuma rizakorwa n’Inteko y’Umuco, hazabaho kongera gutegura umwiherero uzahuriramo abasore 17 ubundi hakongera gushyirwaho ingengabihe ivuguruye y’iri rushanwa.

Ku bufatanye bw’Inteko y’Umuco n’abategura Mr Rwanda, hazatangazwa indi tariki yo gutangiriraho umwiherero ndetse n’igihe hazabera irushanwa nyirizina rizerekana umusore uzaba Rudasumbwa w’u Rwanda.

Iyi nama yatumijwe mu buryo bw’igitaraganya, yaje mu gihe byari byitezwe ko umwiherero w’abasore bazavamo Mr Rwanda wari uteganyijwe gutangira mu mpera z’icyumweru gishize.

Iyi nama yahuje urwego rwa Leta n’abategura irushanwa rya Mr Rwanda mu gihe irindi rushanwa rizwi nka Miss Rwanda rimaze igihe rivugwamo ibibazo bishingiye ku byaha bikekwa n’umuyobozi wa Kompanyi yariteguraga ukurikiranyweho gukorera ihohoterwa rishingiye ku gitsina bamwe mu bakobwa baryitabiriye.

Iri rushanwa rifatwa nk’umuvandimwe wa Mr Rwanda, rikaba ryarabaye rinahagaritswe na Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco kubera ibi bibazo birivugwamo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − six =

Previous Post

AMAFOTO: Museveni yakiriye Madamu Samia Suluhu wa Tanzania

Next Post

Hamenyakanye amakuru mashya ku irushanwa rya Miss Rwanda

Related Posts

How Sleep Timing Affects Your Whole Day

How Sleep Timing Affects Your Whole Day

by radiotv10
21/01/2026
0

Many people focus on how many hours they sleep, but they forget something very important: when they sleep. Sleep timing...

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
20/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

by radiotv10
20/01/2026
0

Social media is part of our everyday life. It helps us connect with people, share information, and express ourselves. However,...

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

by radiotv10
20/01/2026
0

Abasirikare mu ngabo z’u Rwanda basanzwe ari inzobere mu by’ubwubatsi baherutse kujya muri Jamaica gutanga umusanzu mu gusana ibikorwa byangijwe...

IZIHERUKA

How Sleep Timing Affects Your Whole Day
IMIBEREHO MYIZA

How Sleep Timing Affects Your Whole Day

by radiotv10
21/01/2026
0

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

20/01/2026
Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

20/01/2026
Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

20/01/2026
Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

20/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyakanye amakuru mashya ku irushanwa rya Miss Rwanda

Hamenyakanye amakuru mashya ku irushanwa rya Miss Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

How Sleep Timing Affects Your Whole Day

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.