• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Urwego rwa Leta rwinjiye mu irushanwa rya Mr Rwanda rihita rigira impinduka

radiotv10by radiotv10
10/05/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Urwego rwa Leta rwinjiye mu irushanwa rya Mr Rwanda rihita rigira impinduka
Share on FacebookShare on Twitter

Inteko Nyarwanda y’Umuco yiyemeje kubanza gusuzuma imitegurire y’irushanwa rya Mr Rwanda kugira ngo rirusheho kugenda neza, bituma ingengabihe y’ibikorwa byaryo ihinduka.

Izi mpinduka zavuye mu nama idasanzwe yahuje Inteko Nyarwanda y’Umuco n’abategura irushanwa rya Mr Rwanda kuri uyu wa Mbere tariki 09 Gicurasi 2022.

Iyi nama yanzuye ko Inteko y’Umuco igiye kubanza kunyuza amaso mu mitegurire y’iri rushanwa kugira ngo harebwe niba hari ibyanozwa n’ibyahabwa umurongo muzima.

Uwahaye amakuru RADIOTV10, yavuze ko nyuma y’iri suzuma rizakorwa n’Inteko y’Umuco, hazabaho kongera gutegura umwiherero uzahuriramo abasore 17 ubundi hakongera gushyirwaho ingengabihe ivuguruye y’iri rushanwa.

Ku bufatanye bw’Inteko y’Umuco n’abategura Mr Rwanda, hazatangazwa indi tariki yo gutangiriraho umwiherero ndetse n’igihe hazabera irushanwa nyirizina rizerekana umusore uzaba Rudasumbwa w’u Rwanda.

Iyi nama yatumijwe mu buryo bw’igitaraganya, yaje mu gihe byari byitezwe ko umwiherero w’abasore bazavamo Mr Rwanda wari uteganyijwe gutangira mu mpera z’icyumweru gishize.

Iyi nama yahuje urwego rwa Leta n’abategura irushanwa rya Mr Rwanda mu gihe irindi rushanwa rizwi nka Miss Rwanda rimaze igihe rivugwamo ibibazo bishingiye ku byaha bikekwa n’umuyobozi wa Kompanyi yariteguraga ukurikiranyweho gukorera ihohoterwa rishingiye ku gitsina bamwe mu bakobwa baryitabiriye.

Iri rushanwa rifatwa nk’umuvandimwe wa Mr Rwanda, rikaba ryarabaye rinahagaritswe na Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco kubera ibi bibazo birivugwamo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × three =

Previous Post

AMAFOTO: Museveni yakiriye Madamu Samia Suluhu wa Tanzania

Next Post

Hamenyakanye amakuru mashya ku irushanwa rya Miss Rwanda

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

by radiotv10
02/06/2026
0

Mu rubanza ruregwamo umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, Ubushinjacyaha bwagaragaje impamvu zikomeye bumusabira gufungwa by’agateganyo, zirimo urumogi ruri ku...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

by radiotv10
02/06/2026
0

Umuhanzikazi France Mpundu uherutse kwambikwa impeta n’umusore wo muri Niger, Moctar bahuriye mu kiganiro ‘The Secret Story’ cyamamaye, yatangaje ko...

Next Post
Hamenyakanye amakuru mashya ku irushanwa rya Miss Rwanda

Hamenyakanye amakuru mashya ku irushanwa rya Miss Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.