Saturday, January 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Urwego rwa Leta rwinjiye mu irushanwa rya Mr Rwanda rihita rigira impinduka

radiotv10by radiotv10
10/05/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Urwego rwa Leta rwinjiye mu irushanwa rya Mr Rwanda rihita rigira impinduka
Share on FacebookShare on Twitter

Inteko Nyarwanda y’Umuco yiyemeje kubanza gusuzuma imitegurire y’irushanwa rya Mr Rwanda kugira ngo rirusheho kugenda neza, bituma ingengabihe y’ibikorwa byaryo ihinduka.

Izi mpinduka zavuye mu nama idasanzwe yahuje Inteko Nyarwanda y’Umuco n’abategura irushanwa rya Mr Rwanda kuri uyu wa Mbere tariki 09 Gicurasi 2022.

Iyi nama yanzuye ko Inteko y’Umuco igiye kubanza kunyuza amaso mu mitegurire y’iri rushanwa kugira ngo harebwe niba hari ibyanozwa n’ibyahabwa umurongo muzima.

Uwahaye amakuru RADIOTV10, yavuze ko nyuma y’iri suzuma rizakorwa n’Inteko y’Umuco, hazabaho kongera gutegura umwiherero uzahuriramo abasore 17 ubundi hakongera gushyirwaho ingengabihe ivuguruye y’iri rushanwa.

Ku bufatanye bw’Inteko y’Umuco n’abategura Mr Rwanda, hazatangazwa indi tariki yo gutangiriraho umwiherero ndetse n’igihe hazabera irushanwa nyirizina rizerekana umusore uzaba Rudasumbwa w’u Rwanda.

Iyi nama yatumijwe mu buryo bw’igitaraganya, yaje mu gihe byari byitezwe ko umwiherero w’abasore bazavamo Mr Rwanda wari uteganyijwe gutangira mu mpera z’icyumweru gishize.

Iyi nama yahuje urwego rwa Leta n’abategura irushanwa rya Mr Rwanda mu gihe irindi rushanwa rizwi nka Miss Rwanda rimaze igihe rivugwamo ibibazo bishingiye ku byaha bikekwa n’umuyobozi wa Kompanyi yariteguraga ukurikiranyweho gukorera ihohoterwa rishingiye ku gitsina bamwe mu bakobwa baryitabiriye.

Iri rushanwa rifatwa nk’umuvandimwe wa Mr Rwanda, rikaba ryarabaye rinahagaritswe na Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco kubera ibi bibazo birivugwamo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 − 1 =

Previous Post

AMAFOTO: Museveni yakiriye Madamu Samia Suluhu wa Tanzania

Next Post

Hamenyakanye amakuru mashya ku irushanwa rya Miss Rwanda

Related Posts

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

by radiotv10
16/01/2026
0

Umunyamakuru Angelibert Mutabaruka uzwi nka Angeli Mutabaruka yavuze igihe yahuriye bwa mbere na KNC batangiye bakorana bombi ari abanyamakuru, nyuma...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuririmbyi w’indirimbo z’Imana, Uwiringiyimana Théogène wamamaye nka ‘Theo Bosebabireba’ yavuze ko abamututse ko yagaragaye aririmba indirimbo ‘Pom Pom’ bamuhoye ubusa...

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

by radiotv10
16/01/2026
0

Ubuyobozi bw’Ingabo za Jamaica bwakiriye itsinda ry’abasirikare 100 mu Ngabo z’u Rwanda bazobereye mu by’ubwubatsi bagiye mu bikorwa byo gufasha...

IZIHERUKA

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru
FOOTBALL

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

by radiotv10
16/01/2026
0

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

16/01/2026
Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

16/01/2026
Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyakanye amakuru mashya ku irushanwa rya Miss Rwanda

Hamenyakanye amakuru mashya ku irushanwa rya Miss Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.