Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

AMAKURU AGEZWEHO: Urwunguko rwa Banki Nkuru y’u Rwanda rwagabanyijwe hagaragazwa n’ibyashingiweho

radiotv10by radiotv10
21/08/2024
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
AMAKURU AGEZWEHO: Urwunguko rwa Banki Nkuru y’u Rwanda rwagabanyijwe hagaragazwa n’ibyashingiweho
Share on FacebookShare on Twitter

Banki Nkuru y’u Rwanda yagabanyije urwunguko rwayo, irukura kuri 7% irushyira kuri 6,5%, igaragaza ko ibi byatewe no kuba umuvuduko w’ibiciro ku masoko uhagaze neza kandi hari n’icyizere ko ari ko bizakomeza kugenda mu myaka ibiri iri imbere.

Byatangajwe kuri uyu wa Gatatu tariki 21 Kanama 2024 ubwo hagaragazwaga Raporo z’Akanama gashinzwe Politiki y’Ifaranga ndetse n’iy’Akanama gashinzwe kutajegajega k’urwego rw’Imari muri Banki Nkuru y’u Rwanda.

Guverineri wa Banki Nkuru y’u Rwanda, John Rwangombwa yavuze ko ubukungu bw’Isi buri kugerageza gutera imbere ugereranyije n’uko byari bimeze mu bihe bya Covid, ariko ko Ibihugu bisanzwe bifite ubukungu bwo hejuru bitaragera ku gipimo cyo hejuru.

Ati “Ibihugu bifite ubukungu bunini nka America n’u Burayi ntabwo birashobora kuzahura ubukungu bwabo neza, ariko icyiza ni uko nta Gihugu na kimwe kiri mu kuzagira ubukungu busubira hasi. Ubukungu bwose buratera imbere ariko mu buryo buciriritse.”

Ni mu gihe ahubwo muri Afurika ubukungu buri kuzamuka ku kigero gishimishije kurusha ku rwego rw’Isi, kuko uyu mwaka byitezwe ko buzazamukaho 3,7% bivuye kuri 3,4% byariho umwaka ushize, ndetse uyu muvuduko ukazakomeza kuri 4,1% umwaka utaha.

Umuvuduko w’izamuka ry’ibiciro, ku rwego mpuzamahanga na wo waragabanutse, kuko muri 2022 wari warenze 8%, umwaka ushize wa 2023, bigera kuri 6,7%, uyu mwaka bikazagabanuka bikagera kuri 5,9% mu gihe umwaka utaha bizagera kuri 4,4%.

John Rwangombwa avuga ko iyi mibare y’igabanuka ry’umuvuduko w’izamuka ry’ibiciro, izanagira uruhare ku igabanuka ry’ibiciro by’imbere mu Gihugu. Ati “Ibyo dukura hanze biragenda bigabanuka, biza no kugaragara no ku muvuduko wo ku masoko yacu.”

 

Mu Rwanda bihagaze bite?

Guverineri wa Banki Nkuru y’u Rwanda, John Rwangombwa avuga ko ubukungu bw’u Rwanda bukomeza gutera imbere neza, ndetse ko biherutse no kugaragazwa n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare cyagaragaje ko mu gihembwe cya mbere cy’uyu mwaka, ubukungu bwari buhagaze ku 9,7%.

Ati “Iyo turebye no mu gihembwe cya kabiri na bwo birakomeza gutera imbere neza, imibare dukurikirana iragaragaza ko yateye imbere 17,9%. Ntabwo ari bwo bukungu nyirizina, ibyo bizatangazwa n’Ikigo cy’Ibarurishamirabe muri uku kwezi gutaha, ariko twebwe ibyo tubona nk’uko bigaragara, ni uko mu gihembwe cya kabiri cy’uyu mwaka, ubukungu bwateye imbere.”

Gusa haracyari imbogamizi mu kinyuranyo kikiri mu byo u Rwanda rwohereza hanze n’ibyo ruhatumizayo, aho ibyoherezwa hanze byazamutseho 0,9% muri iki gihembwe cya kabiri, mu gihe ibyatumijwe hanze byo byari byazamutseho 6,4%.

Ati “Ibi byatumye icyuho cy’ibyo dukura mu mahanga n’ibyo twohereza mu mahanga kiyongeraho 9,5% bikagira ingaruka ku isoko ry’ivunjisha aho tubona ko ifaranga rigenda rikomeza guta agaciro.”

John Rwangombwa avuga ko nubwo guta agaciro kw’ifaranga ry’u Rwanda bigihari, ariko biri kugenda bigabanuka ugereranyije n’uko byari bimeze umwaka ushize.

 

Urwunguko rwa BNR rwagabanyijwe

Guverineri wa Banki Nkuru y’u Rwanda kandi yavuze ko umuvuduko w’izamuka ry’ibiciro ku masoko, ugenda ugabanuka ugeraranyije n’uko byari bihagaze mu myaka ibiri ishize yaranzwe n’izamuka ry’ibiciro rinini.

Mu gihembwe cya mbere cy’uyu mwaka wa 2024, umuvuduko w’ibiciro ku masoko wari uri kuri 4,7%; mu gihe mu gihembwe cya kabiri wageze kuri 5,1%.

Ati “Ariko mu mibare tubona mu mwaka wose, ntabwo bizarenza 5%, tubona ko muri uyu mwaka n’umwaka utaha nibura mu biciro ku masoko bitazarenza 5% ari mu gipimo cya Banki Nkuru twifuza ko bitagomba kurenga.”

Akomeza agira ati “Kubera iyo mpamvu rero y’uko umuvuduko w’ibiciro ku masoko uri mu gipimo twifuza ko wagombye kugumaho, twasanze ari ngombwa ko twagabanya urwunguko rwa Banki Nkuru y’Igihugu rukurwa kuri 7% kugeza kuri 6,5% kugira ngo tugendane n’uko ubukungu tubona bumeze.”

Ni mu gihe mu myaka ibiri ishize, urwunguko rwa Banki Nkuru y’u Rwanda rwari rwazamuwe bitewe n’uko umuvuduko ku masoko wari ukabije.

Banki Nkuru y’u Rwanda yagaragarije abanyamakuru raporo igaragaza ishusho y’ubukungu bw’u Rwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six + 6 =

Previous Post

Abijanditse mu butekamutwe bwijujutirwa na benshi mu Rwanda akabo kashobotse

Next Post

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho Abajyanama batandatu b’Umujyi wa Kigali

Related Posts

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

IZIHERUKA

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo
FOOTBALL

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

by radiotv10
19/01/2026
0

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

19/01/2026
Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho Abajyanama batandatu b’Umujyi wa Kigali

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho Abajyanama batandatu b’Umujyi wa Kigali

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.