Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

AMAKURU AGEZWEHO: Urwunguko rwa Banki Nkuru y’u Rwanda rwagabanyijwe hagaragazwa n’ibyashingiweho

radiotv10by radiotv10
21/08/2024
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
AMAKURU AGEZWEHO: Urwunguko rwa Banki Nkuru y’u Rwanda rwagabanyijwe hagaragazwa n’ibyashingiweho
Share on FacebookShare on Twitter

Banki Nkuru y’u Rwanda yagabanyije urwunguko rwayo, irukura kuri 7% irushyira kuri 6,5%, igaragaza ko ibi byatewe no kuba umuvuduko w’ibiciro ku masoko uhagaze neza kandi hari n’icyizere ko ari ko bizakomeza kugenda mu myaka ibiri iri imbere.

Byatangajwe kuri uyu wa Gatatu tariki 21 Kanama 2024 ubwo hagaragazwaga Raporo z’Akanama gashinzwe Politiki y’Ifaranga ndetse n’iy’Akanama gashinzwe kutajegajega k’urwego rw’Imari muri Banki Nkuru y’u Rwanda.

Guverineri wa Banki Nkuru y’u Rwanda, John Rwangombwa yavuze ko ubukungu bw’Isi buri kugerageza gutera imbere ugereranyije n’uko byari bimeze mu bihe bya Covid, ariko ko Ibihugu bisanzwe bifite ubukungu bwo hejuru bitaragera ku gipimo cyo hejuru.

Ati “Ibihugu bifite ubukungu bunini nka America n’u Burayi ntabwo birashobora kuzahura ubukungu bwabo neza, ariko icyiza ni uko nta Gihugu na kimwe kiri mu kuzagira ubukungu busubira hasi. Ubukungu bwose buratera imbere ariko mu buryo buciriritse.”

Ni mu gihe ahubwo muri Afurika ubukungu buri kuzamuka ku kigero gishimishije kurusha ku rwego rw’Isi, kuko uyu mwaka byitezwe ko buzazamukaho 3,7% bivuye kuri 3,4% byariho umwaka ushize, ndetse uyu muvuduko ukazakomeza kuri 4,1% umwaka utaha.

Umuvuduko w’izamuka ry’ibiciro, ku rwego mpuzamahanga na wo waragabanutse, kuko muri 2022 wari warenze 8%, umwaka ushize wa 2023, bigera kuri 6,7%, uyu mwaka bikazagabanuka bikagera kuri 5,9% mu gihe umwaka utaha bizagera kuri 4,4%.

John Rwangombwa avuga ko iyi mibare y’igabanuka ry’umuvuduko w’izamuka ry’ibiciro, izanagira uruhare ku igabanuka ry’ibiciro by’imbere mu Gihugu. Ati “Ibyo dukura hanze biragenda bigabanuka, biza no kugaragara no ku muvuduko wo ku masoko yacu.”

 

Mu Rwanda bihagaze bite?

Guverineri wa Banki Nkuru y’u Rwanda, John Rwangombwa avuga ko ubukungu bw’u Rwanda bukomeza gutera imbere neza, ndetse ko biherutse no kugaragazwa n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare cyagaragaje ko mu gihembwe cya mbere cy’uyu mwaka, ubukungu bwari buhagaze ku 9,7%.

Ati “Iyo turebye no mu gihembwe cya kabiri na bwo birakomeza gutera imbere neza, imibare dukurikirana iragaragaza ko yateye imbere 17,9%. Ntabwo ari bwo bukungu nyirizina, ibyo bizatangazwa n’Ikigo cy’Ibarurishamirabe muri uku kwezi gutaha, ariko twebwe ibyo tubona nk’uko bigaragara, ni uko mu gihembwe cya kabiri cy’uyu mwaka, ubukungu bwateye imbere.”

Gusa haracyari imbogamizi mu kinyuranyo kikiri mu byo u Rwanda rwohereza hanze n’ibyo ruhatumizayo, aho ibyoherezwa hanze byazamutseho 0,9% muri iki gihembwe cya kabiri, mu gihe ibyatumijwe hanze byo byari byazamutseho 6,4%.

Ati “Ibi byatumye icyuho cy’ibyo dukura mu mahanga n’ibyo twohereza mu mahanga kiyongeraho 9,5% bikagira ingaruka ku isoko ry’ivunjisha aho tubona ko ifaranga rigenda rikomeza guta agaciro.”

John Rwangombwa avuga ko nubwo guta agaciro kw’ifaranga ry’u Rwanda bigihari, ariko biri kugenda bigabanuka ugereranyije n’uko byari bimeze umwaka ushize.

 

Urwunguko rwa BNR rwagabanyijwe

Guverineri wa Banki Nkuru y’u Rwanda kandi yavuze ko umuvuduko w’izamuka ry’ibiciro ku masoko, ugenda ugabanuka ugeraranyije n’uko byari bihagaze mu myaka ibiri ishize yaranzwe n’izamuka ry’ibiciro rinini.

Mu gihembwe cya mbere cy’uyu mwaka wa 2024, umuvuduko w’ibiciro ku masoko wari uri kuri 4,7%; mu gihe mu gihembwe cya kabiri wageze kuri 5,1%.

Ati “Ariko mu mibare tubona mu mwaka wose, ntabwo bizarenza 5%, tubona ko muri uyu mwaka n’umwaka utaha nibura mu biciro ku masoko bitazarenza 5% ari mu gipimo cya Banki Nkuru twifuza ko bitagomba kurenga.”

Akomeza agira ati “Kubera iyo mpamvu rero y’uko umuvuduko w’ibiciro ku masoko uri mu gipimo twifuza ko wagombye kugumaho, twasanze ari ngombwa ko twagabanya urwunguko rwa Banki Nkuru y’Igihugu rukurwa kuri 7% kugeza kuri 6,5% kugira ngo tugendane n’uko ubukungu tubona bumeze.”

Ni mu gihe mu myaka ibiri ishize, urwunguko rwa Banki Nkuru y’u Rwanda rwari rwazamuwe bitewe n’uko umuvuduko ku masoko wari ukabije.

Banki Nkuru y’u Rwanda yagaragarije abanyamakuru raporo igaragaza ishusho y’ubukungu bw’u Rwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty + five =

Previous Post

Abijanditse mu butekamutwe bwijujutirwa na benshi mu Rwanda akabo kashobotse

Next Post

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho Abajyanama batandatu b’Umujyi wa Kigali

Related Posts

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

by radiotv10
23/01/2026
0

Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere n’Uburinganire bw’Abagabo n’Abagore mu Nteko Ishinga Amategeko, babajije Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi, iherezo ry’ikibazo cy'ibyumba bikonjesha umusaruro...

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

IZIHERUKA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika
AMAHANGA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

23/01/2026
Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho Abajyanama batandatu b’Umujyi wa Kigali

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho Abajyanama batandatu b’Umujyi wa Kigali

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.