Saturday, July 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Utarageza imyaka y’ubukure akurikiranyweho ibirimo kuvuga amagambo y’ingengabitekerezo ya Jenoside

radiotv10by radiotv10
20/03/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Utarageza imyaka y’ubukure akurikiranyweho ibirimo kuvuga amagambo y’ingengabitekerezo ya Jenoside
Share on FacebookShare on Twitter

Umusore ufite imyaka 15 wo mu Murenge wa Muganza mu Karere ka Rusizi akurikiranyweho kubwira mugenzi we amagambo aganisha ku ngengabitekerezo ya Jenoside, yarangiza akamutera umusumari hafi y’ijisho biturutse ku mpaka z’irindazi.

Ibi byabereye mu isantere y’ahitwa ku Rya Kane ubwo uwitwa Peter yari amaze kurya irindazi akanga kwishyura, bigatuma abari aho bamubaza impamvu adashaka kwishyura akaba ari bwo intonganya zitangira.

Igilimbabazi Emmanuel watewe umusumari avuga ko yababajije uyu Peter niba nta soni afite zo gushaka kwambura umwana ucuruza amandazi amafaranga, undi akamusubiza nabi amubwira amagambo arimo ingengabitekerezo ya Jenoside.

Ati “None ho mubwiye nti ‘umuntu ungana nkawe ni uwo kurya irindazi ntiwishyure kandi ubona uyu mwana ari kwishakishiriza’, ahita ambwira ngo ‘ayo mazuru ameze nk’ay’Abatutsi yayateramo umusumari.”

Abari hafi aho banagize uruhare mu gutabara uwakomerekejwe no kugeza uyu Peter kuri RIB, babwiye RADIOTV10 ko bumvise aya magambo uyu musore yavuze mbere yo gutera mugenzi we icyuma.

Yohani Muhashyi ushinzwe umutekano mu isoko ibi byabereyemo, agira ati “Yamubwiraga kwishyura irindazi ry’abandi undi numva ashyizemo ibintu by’ingengabitekerezo ngo iryo zuru rimeze nk’iry’Umututsi narica. Ubwo aba amuteye umusumari. Ahubwo iyo aza kuwutera mu jisho ryari kuvamo.”

Irihose Elie na we yagize ati “Bamubwiye ko ari igisambo kubera kwanga kwishyura irindazi, ahita avuga ngo iryo jisho rimeze nk’iry’abacikacumu narikuramo, ubundi ahita avana umusumari mu mufuka arawumutera abonye ko twabibonye ahujungunya inyuma.”

Peter uvugwaho uru rugomo, yemera ko yabikoze icyakora agahakana iby’amagambo arimo ingengabitekerezo ya Jenoside.

Agira ati “Numva umujinya uranyishe ni ko kumukomeretsa kuriya. Ibyo bindi ntabyo navuze ndarengana.”

Abaturage bo muri aka Kagari ka Gakoni, bavuga ko uyu musore asanzwe yarananiranye ndetse ko azwiho ibikorwa by’ubujura no gukangisha abantu kubakomeretsa nk’uko umugore utashatse kwivuga amazina abivuga.

Ati “Yarananiranye arazwi nanjye ubwanjye ubushize ntwite aheruka kumfatiraho icyuma ngo yankuramo inda kubera ko nari mvuze ko ari kwiba inanasi. Hari mu isoko kurya kane ari gucomora inanasi ngize ngo mvuge ati nakubaga.”

Abaturage bamufashe bakamwigereza kuri RIB basaba ko kuri iyi nshuro yakurikiranwa kuko ngo ari kenshi afatwa nk’uku bikarangira ahise arekurwa bavuga ngo ni umunyeshuri.

Yohani agira ati “Asanzwe ari igisambo ndetse ni n’igihazi. Hari igihe yafatwaga akazanwa hano ariko Padiri akaza ati ‘mumpe umwana wanjye kuko ari ho yiga’ bigatuma ahora yishingikiriza kuri Padiri. Icyo twasaba ni uko yahanwa n’itegeko.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Muganza, Ndamyimana Daniel yabwiye RADIOTV10 ko ukekwa yaba afite imyaka 15 koko icyakora avuga ko ubuyobozi buri gukorana n’izindi nzego kugira ngo akurikiranwe ndetse abe yajyanwa aho abana bagororerwa.

Ati “Ntabwo ndareba mu irangamimerere neza, ariko amakuru ava mu Kagari aravuga ko afite imyaka 15. Ni byo asanzwe akora ibikorwa bihungabanya umutekano ntabwo turi bukomeze kumubembereza ngo ni uko ari umwana”.

Uyu mwana afungiye kuri Sitasiyo ya Muganza mu gihe hagikorwa iperereza ngo hamenyekane niba koko afite imyaka itamwemerera gukurikiranwa n’urukiko na cyane ko hari abavuga ko yaba arengeje iyo myaka.

Uwatewe umusamari avuga ko uwabimukoreye yabanje kumubwira amagambo y’ingengabitekerezo ya Jenoside
Umusumari bamuteye ni muremure

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − 10 =

Previous Post

Umusaza ukurikiranyweho gusambanya umwuzukuru we arusha imyaka 65 yavuze icyabimuteye

Next Post

Umushumba yishwe n’inkoni yakubiswe na sebuja amushinja kutagaburira amatungo ye

Related Posts

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

by radiotv10
12/07/2025
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yazamuye mu ntera bamwe mu bakozi b’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Igorora, yohereza abandi mu...

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

by radiotv10
12/07/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Kabarondo mu Karere ka Kayonza, bavuga ko bizejwe n’umushoramari amasezerano yo guhinga urusenda mu...

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

by radiotv10
11/07/2025
0

The history of humanity is, in many ways, the history of domination of one group over another. Across centuries, these...

Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

by radiotv10
11/07/2025
0

Urukiko Rukuru rwatesheje agaciro ubujurire bwa Kazungu Denis wari wajuririye icyemezo yafatiwe cyo gufungwa burundu nyuma yo guhamywa ibyaha birimo...

BREAKING: Intumwa zirimo iz’u Rwanda, DRCongo, na America zahuriye ku meza y’ibiganiro i Doha

Eng.-Interior Ministers of Rwanda and DRC invited to Doha talks between Kinshasa and AFC/M23

by radiotv10
11/07/2025
0

The Minister of Interior of Rwanda and his counterpart from the Democratic Republic of Congo are in Doha, Qatar, for...

IZIHERUKA

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo
MU RWANDA

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

by radiotv10
12/07/2025
0

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

12/07/2025
LIBERATION vs INDEPENDENCE:

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

11/07/2025
Abacamanza barenga 100 muri Congo bagiye kwigaragambiriza imbere ya Minisiteri

Abacamanza barenga 100 muri Congo bagiye kwigaragambiriza imbere ya Minisiteri

11/07/2025
Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

11/07/2025
Amafoto ya mbere y’umuhanzikazi Clarisse Karasira ateruye ubuheta bwe

Amafoto ya mbere y’umuhanzikazi Clarisse Karasira ateruye ubuheta bwe

11/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umushumba yishwe n’inkoni yakubiswe na sebuja amushinja kutagaburira amatungo ye

Umushumba yishwe n’inkoni yakubiswe na sebuja amushinja kutagaburira amatungo ye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.