Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uvuga ko yabaye hamwe na Kazungu amuvuzeho ibindi bidasanzwe amuziho

radiotv10by radiotv10
27/09/2023
in MU RWANDA
0
Uvuga ko yabaye hamwe na Kazungu amuvuzeho ibindi bidasanzwe amuziho
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo uvuga ko yabaye mu gipangu kimwe na Kazungu Denis ukurikiranyweho kwica abantu 14, yavuze ko yari umusore utuje, ariko ko hari igihe yigeze kugaragaza umujinya w’umuranduranzuzi ashaka kwica umugore n’abana be, inzego zigatabara, zikamujyana ndetse kuva icyo ntiyagaruka kuba aho yabaga.

Uyu witwa Kayisire Etienne, mu kiganiro yagiranye na YouTube Channel yitwa Ibigwi TV, yavuze ko yabaye mu gipangu kimwe n’aho kazungu yarerwaga mu bice bya Kimironko.

Uyu Kayisire uvuga ko yabaga mu gipangu cy’aho Kazungu yabaga, akaba we yari umukozi warindagainzu yaranguzaga inzoga, akajya abona Kazungu muri urwo rugo.

Ati “Njye nakodeshagayo, tugakina amakarita bisanzwe, mbona ari umuntu rwose utuje w’umusore, mbona ntakibazo afite.”

Avuga ko yamaze umwaka aba mu gipangu kimwe n’aho Kazungu yabaga, ati “Njye nahabaye nzi ko ari umwana batoraguye bareraga. Ni ko numvaga bavuga.”

Ati “Twakinaga amakarita nk’uku kugira ngo turebe ko wenda bwakwira, twarambirwa nkajya mu kazi kanjye, na we akajya kuryama […] n’aho nakoraga hari kuri depos ya BRALIRWA, akaza bakamuha icupa akinywera, ubona ari umuntu ntakibazo afite.”

 

Kazungu yigeze gusizora ashaka kwica abantu

Uyu Kayisire avuga ko rimwe Kazungu yigeze gucura umugambi n’umusekirite, bakiba udufuka icumi tw’umuceri mu bubiko bwawo, ariko uwo musekirite w’umugore ngo akaza kutugurisha ntamuhe ku mafaranga yakuyemo.

Ati “Uwo musekirite w’umugore yaramuriye, yarawugurishije ntiyagira icyo amuha […] yari umudamu afite n’abana babiri, noneho Kazungu ararakara, ati ‘uriya mugore ndamutwikana n’abana be’ bari baje kumusura.”

Kayisire avuga ko nyiri urugo Kazungu yabagamo, yasabye ko bamucunga kugira ngo ataza kugirira nabi uwo mugore n’abana be.

Ati “Yari ameze nk’umuntu wariye amavubi, wasaze, yarakaye. Ubwo bose baratangatanga, abasekirite n’abandi bapangayi bose, kuko no kugira ngo asohokemo yamenaguye ibirahure by’inzu asohokamo, ni bwo bahamagaye Polisi.”

Uyu Kayisire avuga ko icyo gihe na bwo Kazungu yagoye inzego z’umutekano kuko yahise asimbuka imodoka ya Polisi, ariko baza kumusubizamo, bajya kumufunga.

Kayisire avuga ko kuva icyo gihe ubwo yajyanwanaga na Polisi, atigeze agaruka kuba aho yabaga, ahubwo yahise akomeza ubuzima bwe.

Kazungu Denis ukurikiranyweho ibyaha 10 birimo ibishingiye ku kwica abantu 14 biganjemo abakobwa, imbere y’Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro ubwo yaburanaga ku ifungwa ry’agateganyo mu cyumweru gishize, yemeye ibyaha byose akekwaho, akaba yafatiwe icyemezo cyo gufungwa iminsi 30 kuri uyu wa Kabiri.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × four =

Previous Post

Prof Harelimana wayoboye Ikigo cy’Igihugu cy’Amakoperative yagejewe imbere y’Urukiko

Next Post

Perezida Kagame yashyize mu kiruhuko Abapolisi bakomeye barimo uwayoboye Polisi y’u Rwanda

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yashyize mu kiruhuko Abapolisi bakomeye barimo uwayoboye Polisi y’u Rwanda

Perezida Kagame yashyize mu kiruhuko Abapolisi bakomeye barimo uwayoboye Polisi y’u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.