Sunday, December 7, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uvuga ko yabaye hamwe na Kazungu amuvuzeho ibindi bidasanzwe amuziho

radiotv10by radiotv10
27/09/2023
in MU RWANDA
0
Uvuga ko yabaye hamwe na Kazungu amuvuzeho ibindi bidasanzwe amuziho
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo uvuga ko yabaye mu gipangu kimwe na Kazungu Denis ukurikiranyweho kwica abantu 14, yavuze ko yari umusore utuje, ariko ko hari igihe yigeze kugaragaza umujinya w’umuranduranzuzi ashaka kwica umugore n’abana be, inzego zigatabara, zikamujyana ndetse kuva icyo ntiyagaruka kuba aho yabaga.

Uyu witwa Kayisire Etienne, mu kiganiro yagiranye na YouTube Channel yitwa Ibigwi TV, yavuze ko yabaye mu gipangu kimwe n’aho kazungu yarerwaga mu bice bya Kimironko.

Uyu Kayisire uvuga ko yabaga mu gipangu cy’aho Kazungu yabaga, akaba we yari umukozi warindagainzu yaranguzaga inzoga, akajya abona Kazungu muri urwo rugo.

Ati “Njye nakodeshagayo, tugakina amakarita bisanzwe, mbona ari umuntu rwose utuje w’umusore, mbona ntakibazo afite.”

Avuga ko yamaze umwaka aba mu gipangu kimwe n’aho Kazungu yabaga, ati “Njye nahabaye nzi ko ari umwana batoraguye bareraga. Ni ko numvaga bavuga.”

Ati “Twakinaga amakarita nk’uku kugira ngo turebe ko wenda bwakwira, twarambirwa nkajya mu kazi kanjye, na we akajya kuryama […] n’aho nakoraga hari kuri depos ya BRALIRWA, akaza bakamuha icupa akinywera, ubona ari umuntu ntakibazo afite.”

 

Kazungu yigeze gusizora ashaka kwica abantu

Uyu Kayisire avuga ko rimwe Kazungu yigeze gucura umugambi n’umusekirite, bakiba udufuka icumi tw’umuceri mu bubiko bwawo, ariko uwo musekirite w’umugore ngo akaza kutugurisha ntamuhe ku mafaranga yakuyemo.

Ati “Uwo musekirite w’umugore yaramuriye, yarawugurishije ntiyagira icyo amuha […] yari umudamu afite n’abana babiri, noneho Kazungu ararakara, ati ‘uriya mugore ndamutwikana n’abana be’ bari baje kumusura.”

Kayisire avuga ko nyiri urugo Kazungu yabagamo, yasabye ko bamucunga kugira ngo ataza kugirira nabi uwo mugore n’abana be.

Ati “Yari ameze nk’umuntu wariye amavubi, wasaze, yarakaye. Ubwo bose baratangatanga, abasekirite n’abandi bapangayi bose, kuko no kugira ngo asohokemo yamenaguye ibirahure by’inzu asohokamo, ni bwo bahamagaye Polisi.”

Uyu Kayisire avuga ko icyo gihe na bwo Kazungu yagoye inzego z’umutekano kuko yahise asimbuka imodoka ya Polisi, ariko baza kumusubizamo, bajya kumufunga.

Kayisire avuga ko kuva icyo gihe ubwo yajyanwanaga na Polisi, atigeze agaruka kuba aho yabaga, ahubwo yahise akomeza ubuzima bwe.

Kazungu Denis ukurikiranyweho ibyaha 10 birimo ibishingiye ku kwica abantu 14 biganjemo abakobwa, imbere y’Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro ubwo yaburanaga ku ifungwa ry’agateganyo mu cyumweru gishize, yemeye ibyaha byose akekwaho, akaba yafatiwe icyemezo cyo gufungwa iminsi 30 kuri uyu wa Kabiri.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight + 5 =

Previous Post

Prof Harelimana wayoboye Ikigo cy’Igihugu cy’Amakoperative yagejewe imbere y’Urukiko

Next Post

Perezida Kagame yashyize mu kiruhuko Abapolisi bakomeye barimo uwayoboye Polisi y’u Rwanda

Related Posts

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

by radiotv10
06/12/2025
0

Imiryango 214 itishoboye y'abahinzi ba Kawa yo mu Mirenge ya Rwinkwavu na Kabarondo yatangiye guhabwa ibiti bya Kawa ibihumbi 80,...

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

by radiotv10
05/12/2025
0

I Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, ahari hahanzwe amaso n’Isi yose, haraye habereye umuhango wo gusinya amasezerano...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
05/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

by radiotv10
05/12/2025
0

Abagore bo mu Ngabo z’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, bagaragarije abagore n’abakobwa bo muri iki Gihugu...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

by radiotv10
05/12/2025
0

Abanyekongo biganjemo abagore n’abana bakomeje guhungira mu Rwanda nyuma yuko imirwano ikomeje gukara mu bice bimwe mu byo muri Kivu...

IZIHERUKA

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda
FOOTBALL

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

by radiotv10
07/12/2025
0

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

06/12/2025
Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

06/12/2025
U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

06/12/2025
Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

06/12/2025
Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yashyize mu kiruhuko Abapolisi bakomeye barimo uwayoboye Polisi y’u Rwanda

Perezida Kagame yashyize mu kiruhuko Abapolisi bakomeye barimo uwayoboye Polisi y’u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.