Tuesday, December 2, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uwabaye Umuyobozi mu Rwanda yahawe umwanya ukomeye na Perezida w’ikindi Gihugu

radiotv10by radiotv10
23/02/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Uwabaye Umuyobozi mu Rwanda yahawe umwanya ukomeye na Perezida w’ikindi Gihugu
Share on FacebookShare on Twitter

Pascal Nyamulinda wabaye Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, yahawe umwanya na Perezida wa Benin, wo kuyobora Ikigo cy’iki Gihugu [Benin] gishinzwe irangamuntu.

Ni umwanya yahawe na Perezida wa Benin, Patrice Talon kuri uyu wa Gatatu tariki 22 Gashyantare 2023, wo kuyobora iki kigo kizwi nka Benin Nation Identification Agency.

Patrice Talon wahaye uyu mwanya Umunyarwanda Pascal Nyamulinda, ni umwe mu Bakuru b’Igihugu banyuzwe n’imiyoborere y’u Rwanda ndetse n’imikorere y’inzego zarwo.

Muri Kanama 2016 ubwo yageraga mu Rwanda ku nshuro ye ya mbere, yagaragaje ko yishimira uburyo u Rwanda rwamenyekanye kubera imiyoborere yarwo myiza.

Icyo gihe yagize ati “Iki Gihugu cyamenyekanye kubera amateka yacyo mabi ariko ubu cyongeye kumenyekana kubera ubuyobozi bwacyo bwiza. Ndashaka gushimira Perezida Kagame n’Abanyarwanda muri rusange ku gaciro mwatugaruriye nk’Abanyafurika.”

Nyamulinda Pascal wahawe umwanya n’uyu Mukuru wa Benin, si mushya mu buyobozi bw’ibijyanye n’irangamuntu, kuko uretse kuba yaramenyekanye cyane ubwo yayobora Umujyi wa Kigali, yanabaye Umuyobozi w’Umushinga w’Irangamuntu mu Rwanda (NID/National ID Project).

Ni umwanya yagiyeho muri 2007 aza kuwuvaho muri Gashyantare 2017 ubwo yasimbuzwaga n’Inama y’Abaminisitiri yateranye tariki 03 Gashyantare 2017.

Nyuma y’iminsi micye asimbujwe kuri uyu mwanya, yahise atorerwa kuba Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, mu matora yabaye ku ya 17 Gashyantare 2017, asimbuye Monique Mukaruliza wari wagizwe Ambasaderi w’u Rwanda muri Zambia.

Pascal Nyamulinda asanzwe ari inzobere mu bijyanye no gucunga imishinga ndetse no mu mibanire mpuzamahanga, anafitemo impamyabumenyi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × five =

Previous Post

Icyakundaga kuvugwa n’umugore ukekwaho kwica umugabo we cyumvikanamo umugambi

Next Post

M23 yaramutse ikora ikindi gikorwa kigaragaza ko igikomeye imbere ya FARDC

Related Posts

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

by radiotv10
02/12/2025
0

Impanuka yabereye ahazwi nka ‘Peyaje ’ mu mujyi wa Kigali, yahitanye ubuzima bw’abantu bane, aho bikekwa ko yatewe no kuba...

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

by radiotv10
02/12/2025
0

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America, byatangaje ko kuri uyu wa Kane Donald Trump yakira Perezida w’u...

Kigali: Uwacunze umumotari agiye kugura icyo kurya akamwiba moto ntiyarenze umutaru

Kigali: Uwacunze umumotari agiye kugura icyo kurya akamwiba moto ntiyarenze umutaru

by radiotv10
02/12/2025
0

Umugabo w’imyaka 45 y’amavuko yafatiwe mu Murenge wa Masaka mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, nyuma yo kwiba...

Icyakozwe nyuma yuko abitwaje intwaro gakondo bateye abaturage bo mu gace kamwe mu Rwanda

Icyakozwe nyuma yuko abitwaje intwaro gakondo bateye abaturage bo mu gace kamwe mu Rwanda

by radiotv10
02/12/2025
0

Nyuma y’igisa n’igitero cyagabwe n’itsinda ry’insoresore zari zitwaje intwaro gakondo zirimo imihoro ku manywa y’ihangu mu Murenge wa Kabacuzi mu...

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Eng.-White House confirms expected Peace Agreement to be signed by Presidents Kagame and Tshisekedi

by radiotv10
02/12/2025
0

The office of the President of the United States has announced that this Thursday, Donald Trump will host the President...

IZIHERUKA

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera
MU RWANDA

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

by radiotv10
02/12/2025
0

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

02/12/2025
Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

02/12/2025
Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

02/12/2025
Minisitiri w’Ingabo mu Gihugu kimwe muri Afurika yeguye hatangazwa impamvu inyuranye n’ikekwa

Minisitiri w’Ingabo mu Gihugu kimwe muri Afurika yeguye hatangazwa impamvu inyuranye n’ikekwa

02/12/2025
Kigali: Uwacunze umumotari agiye kugura icyo kurya akamwiba moto ntiyarenze umutaru

Kigali: Uwacunze umumotari agiye kugura icyo kurya akamwiba moto ntiyarenze umutaru

02/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 yaramutse ikora ikindi gikorwa kigaragaza ko igikomeye imbere ya FARDC

M23 yaramutse ikora ikindi gikorwa kigaragaza ko igikomeye imbere ya FARDC

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.