Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uwabwiye amagambo y’agashinyaguro uwarokotse Jenoside yafashwe aha ruswa Umu-DASSO ngo atamushyikiriza RIB

radiotv10by radiotv10
04/02/2022
in MU RWANDA
0
Uwabwiye amagambo y’agashinyaguro uwarokotse Jenoside yafashwe aha ruswa Umu-DASSO ngo atamushyikiriza RIB
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo w’imyaka 37 y’amavuko wo mu Murenge wa Mutenderi mu Karere ka Ngoma, ukekwaho kubwira uwarokotse Jenoside amagambo y’agashinyaguro, akaza no gutoroka, yafatiwe mu cyuho aha ruswa y’ibihumbi 30 Frw umukozi wa DASSO kugira ngo atamushyikiriza RIB.

Muri Mata 2021, uyu mugabo waketsweho icyaha cy’Ingengabitekerezo ya Jenoside kubera amagambo y’agashinyaguro yabwiye umuturage warokotse Jenoside Yakorewe Abatutsi ko “abo mu muryango we bishwe n’Inkotanyi” nyamara barishwe n’umubyeyi we.

Uyu mugabo ukekwaho gukora iki cyaha mu Murenge wa Mutenderi, yahise atoroka ariko aza kugaruka, akaba yafashwe kuri uyu wa Kane tariki 03 Gashyantare 2022 agerageza guha ruswa umukozi w’urwego rwunganira inzego z’ibanze mu by’umutekano (DASSO) kugira ngo atazamushyikiriza Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB.

Yafatiwe mu cyuho aha uyu mukozi wa DASSO ruswa y’ibihumbi 30 Frw ahita atabwa muri yombi ubu akaba acumbikiwe kuri Station ya RIB ya Kibungo aho ubu mu byaha yari akurikiranyweho hiyongereyeho n’iki cya ruswa.

Ngenda Mathias uyobora avuga ko ubwo yageragezaga gutanga iyi ruswa ari bwo inzego zahise zikorana kugira ngo afatwe.

Yagize ati “Aho agarukiye atangira gushaka uko yatanga amafaranga ngo ntazafatwe, twahise tuvugana n’inzego z’umutekano zimufatira mu cyuho atanga ibihumbi 30 Frw.”

Icyaha cy’Ingengabitekerezo ya Jenoside, gikekwa kuri uyu mugab, cyakozwe muri Mata 2021 ubwo hatangizwaga icyumweru cyahariwe kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − 10 =

Previous Post

Miss Jolly yongeye kuvugisha benshi kubera ifoto ye ari kunyonga igare

Next Post

Musanze: Baratabariza mugenzi wabo wabaga mu byatsi, ubuyobozi bukavuga ko afite imitekerereze yagwingiye

Related Posts

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

by radiotv10
30/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu batatu barimo Barafinda Sekikubo Fred wigeze kwiyita Umunyapolitiki w’akataraboneka, akanajya kuri Komisiyo y’Amatora avuga ko...

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida w’Inama y’Abaminisitiri ya Togo, Faure Essozimna Gnassingbé wanahawe inshingano na Afurika Yunze Ubumwe z’ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo...

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

IZIHERUKA

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda
MU RWANDA

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

30/01/2026
Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

30/01/2026
Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

29/01/2026
Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Musanze: Baratabariza mugenzi wabo wabaga mu byatsi, ubuyobozi bukavuga ko afite imitekerereze yagwingiye

Musanze: Baratabariza mugenzi wabo wabaga mu byatsi, ubuyobozi bukavuga ko afite imitekerereze yagwingiye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.