Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uwagaragaye acuruza agataro anasubiramo amasomo ubu akanyamuneza kamusesekayeho

radiotv10by radiotv10
10/10/2022
in MU RWANDA
0
Uwagaragaye acuruza agataro anasubiramo amasomo ubu akanyamuneza kamusesekayeho
Share on FacebookShare on Twitter

Uwikuzo Amina wagaragaye ari ku muhanda ari gucuruza imbuto ku gataro ari no gusubiramo amasomo, yamaze gutangira amasomo mu ishuri ry’ikitegererezo riherere mu i Rwamagana.

Uyu mwana w’umukobwa yagaragaye muri Gicurasi uyu mwaka wa 2022, wananditsweho inkuru bwa mbere na RADIOTV10 nyuma yuko uwitwa Tito Harerimana ashyize ifoto ye kuri Twitter agaragaza ko yakozwe ku mutima n’uyu mwana.

Iyi foto yazamuye amarangamutima ya benshi, na bo bakozwe ku mutima n’uyu mwana wagaragaje ishyaka ryo kuba akunda kwiga kabone nubwo yari mu buzima bugoye.

Ubwo yagaragaraga ari gusubiramo amasomo anashakisha imibereho

Benshi batangiye kumukorera ibikorwa by’urukundo ndetse ubuyobozi bw’Ishuri rya Rwamagana Leaders School bumwemerera kuzajya kuryigamo muri uyu mwaka w’amashuri uherutse gutangira.

Ubuyobozi bw’iri shuri ryigamo abishyura ibihumbi 350 Frw ku gihembwe, bwamwereye ko mu myaka itatu asigaje kwiga ayisumbuye, buzamufasha muri byose yaba amafaranga y’ishuri ndetse n’ibikoresho by’ishuri.

Ku wa Kabiri w’iki cyumweru, tariki 04 Ukwakira 2022, Uwikuzo Amina yaraye muri Rwamagana Leaders School.

Yari yatsinze ikizamini cya Leta cy’icyiciro rusange cy’ayisumbuye, ku manota 22 kuri 54, yoherezwa kwiga muri EFOTEC mu ishami rya Physics Economics and Computer.

Muri iri shuri rya Rwamagana Leaders’ School, aziga ishami rya MEC (Mathematics, Economics and Computer), ubwo yageraga muri iri shuri, yakiranywe urugwiro n’abanyeshuri ndetse n’abarimu baryo.

Na we ubwe yagaragaje akanyamuneza kadasanzwe ko kuba yageze muri iri shuri, ati “Ndishimye cyane kuba naje kwiga muri iri shuri, ndashimira Rwamagana Leaders’ School ku bw’aya mahirwe bampaye kandi nanjye ngiye gukora ibishoboka kugira ngo ntazabatenguha ndetse no gutera ishema mama wanjye.”

Yavuze ko nubwo yageze ahantu hashya akahasanga abanyeshuri n’abarimu bashya, ariko ko mu gihe cya vuba bazaba ari inshuti ze.

Ssenyonjo uyobora iri shuri, yavuze ko ubuyobozi bwaryo bwari butegereje uyu mwana ko aza kwiga muri iri shuri.

Yagize ati “Twishimiye kwakira Amina muri Rwamagana Leaders’ School no kuba agiye kuba umwe mu banyeshuri kandi twizeye ko azahishimira.”

Mu mezi ashize yari yabanje gusura iri shuri

Akanyamuneza ni kose
Ubu yatangiye amasomo n’abandi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 4 =

Previous Post

Nyundo rurakinga babiri ngo inzara iravuza ubuhuha, umwe ati “dutunzwe n’umwuka w’Imana”

Next Post

Amakuru mashya ku muraperi nyarwanda wari ufungiye gukubita umugore babyaranye

Related Posts

How your daily environment affects your mood (room, light, noise)

How your daily environment affects your mood (room, light, noise)

by radiotv10
14/01/2026
0

Most people think mood comes only from thoughts or emotions. But your daily environment plays a very big role in...

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

by radiotv10
13/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yasezeye Eric William Kneedler urangije inshingano ze zo guhagararira Leta Zunze Ubumwe za...

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu gace umusore wari umufana ukomeye wa Rayon Sports yasanzwemo yapfuye bikekwa ko yiyahuye, mu Murenge wa...

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Abaturiye n’abakoresha umuhanda wa kaburimbo Saint Aloys–Nyagasenyi uhinguka munsi ya Gare ya Rwamagana, bavuga ko kuva wakorwa, wacaniwe rimwe gusa...

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

by radiotv10
13/01/2026
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikwabo wamaze kwemezwa n’u Rwanda nk’umukandida mu matora ashobora kuzatuma ayobora...

IZIHERUKA

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo
AMAHANGA

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

by radiotv10
14/01/2026
0

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

14/01/2026
Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

14/01/2026
Umuhanzi Nyarwanda wavuzweho urukundo na Miss w’u Rwanda yaciye impaka agaragaza umukunzi w’ukuri

Umuhanzi Nyarwanda wavuzweho urukundo na Miss w’u Rwanda yaciye impaka agaragaza umukunzi w’ukuri

14/01/2026
How your daily environment affects your mood (room, light, noise)

How your daily environment affects your mood (room, light, noise)

14/01/2026
Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

13/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mashya ku muraperi nyarwanda wari ufungiye gukubita umugore babyaranye

Amakuru mashya ku muraperi nyarwanda wari ufungiye gukubita umugore babyaranye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.