Sunday, January 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uwagaragaye acuruza agataro anasubiramo amasomo ubu akanyamuneza kamusesekayeho

radiotv10by radiotv10
10/10/2022
in MU RWANDA
0
Uwagaragaye acuruza agataro anasubiramo amasomo ubu akanyamuneza kamusesekayeho
Share on FacebookShare on Twitter

Uwikuzo Amina wagaragaye ari ku muhanda ari gucuruza imbuto ku gataro ari no gusubiramo amasomo, yamaze gutangira amasomo mu ishuri ry’ikitegererezo riherere mu i Rwamagana.

Uyu mwana w’umukobwa yagaragaye muri Gicurasi uyu mwaka wa 2022, wananditsweho inkuru bwa mbere na RADIOTV10 nyuma yuko uwitwa Tito Harerimana ashyize ifoto ye kuri Twitter agaragaza ko yakozwe ku mutima n’uyu mwana.

Iyi foto yazamuye amarangamutima ya benshi, na bo bakozwe ku mutima n’uyu mwana wagaragaje ishyaka ryo kuba akunda kwiga kabone nubwo yari mu buzima bugoye.

Ubwo yagaragaraga ari gusubiramo amasomo anashakisha imibereho

Benshi batangiye kumukorera ibikorwa by’urukundo ndetse ubuyobozi bw’Ishuri rya Rwamagana Leaders School bumwemerera kuzajya kuryigamo muri uyu mwaka w’amashuri uherutse gutangira.

Ubuyobozi bw’iri shuri ryigamo abishyura ibihumbi 350 Frw ku gihembwe, bwamwereye ko mu myaka itatu asigaje kwiga ayisumbuye, buzamufasha muri byose yaba amafaranga y’ishuri ndetse n’ibikoresho by’ishuri.

Ku wa Kabiri w’iki cyumweru, tariki 04 Ukwakira 2022, Uwikuzo Amina yaraye muri Rwamagana Leaders School.

Yari yatsinze ikizamini cya Leta cy’icyiciro rusange cy’ayisumbuye, ku manota 22 kuri 54, yoherezwa kwiga muri EFOTEC mu ishami rya Physics Economics and Computer.

Muri iri shuri rya Rwamagana Leaders’ School, aziga ishami rya MEC (Mathematics, Economics and Computer), ubwo yageraga muri iri shuri, yakiranywe urugwiro n’abanyeshuri ndetse n’abarimu baryo.

Na we ubwe yagaragaje akanyamuneza kadasanzwe ko kuba yageze muri iri shuri, ati “Ndishimye cyane kuba naje kwiga muri iri shuri, ndashimira Rwamagana Leaders’ School ku bw’aya mahirwe bampaye kandi nanjye ngiye gukora ibishoboka kugira ngo ntazabatenguha ndetse no gutera ishema mama wanjye.”

Yavuze ko nubwo yageze ahantu hashya akahasanga abanyeshuri n’abarimu bashya, ariko ko mu gihe cya vuba bazaba ari inshuti ze.

Ssenyonjo uyobora iri shuri, yavuze ko ubuyobozi bwaryo bwari butegereje uyu mwana ko aza kwiga muri iri shuri.

Yagize ati “Twishimiye kwakira Amina muri Rwamagana Leaders’ School no kuba agiye kuba umwe mu banyeshuri kandi twizeye ko azahishimira.”

Mu mezi ashize yari yabanje gusura iri shuri

Akanyamuneza ni kose
Ubu yatangiye amasomo n’abandi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × five =

Previous Post

Nyundo rurakinga babiri ngo inzara iravuza ubuhuha, umwe ati “dutunzwe n’umwuka w’Imana”

Next Post

Amakuru mashya ku muraperi nyarwanda wari ufungiye gukubita umugore babyaranye

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mashya ku muraperi nyarwanda wari ufungiye gukubita umugore babyaranye

Amakuru mashya ku muraperi nyarwanda wari ufungiye gukubita umugore babyaranye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.