Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Uwagaragazaga impungenge ko bashaka kumujyana aho atazi koko yarajyanywe bikurikirwa n’ibibazo

radiotv10by radiotv10
20/03/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Uwagaragazaga impungenge ko bashaka kumujyana aho atazi koko yarajyanywe bikurikirwa n’ibibazo
Share on FacebookShare on Twitter

Rubavu- Umubyeyi wo mu Murenge wa Nyundo wavugaga ko yimwe inzu yari yemerewe mu mudugudu w’ikitegerereza, agafata icyemezo cyo kujya kurara ku ibaraza ryayo, wari wanagaragarije itangazamakuru ko afite ibimenyetso ko abayobozi bashaka kumujyana aho atazi, yaje kujyanwa mu kigo cy’inzererezi, bikurikirwa n’imibereho igoye ku bana batanu be.

Uyu mubyeyi witwa Mukamana Elevanie wavugaga ko yagombaga guhabwa inzu mudugudu w’ikitegererezo wa Muhira, ndetse ko yari yanayitomboye, ariko ntayihabwe, yari amaze igihe arara imbere y’inzu.

Tariki 05 Werurwe, uyu mubyeyi yari yabwiye RADIOTV10 ko afite ibimenyetso ko hari abayobozi bo mu Karere ka Rubavu bashaka kumujyana aho na we atazi ndetse bucya ajyanwa mu kigo kijyanwamo inzererezi cy’agateganyo cya Nyabishongo.

Icyo gihe uyu mubyeyi yavuga ko amaze iminsi 6 arara inyuma y’umuryango w’inzu avuga ko yatomboye ubwo hatangwaga inzu mu mudugudu w’ikitegererezo wa Muhira ari kumwe n’abana batatu muri 5 afite.

Bamwe mu bo baturanye aho asanzwe akodesherezwa n’ubuyobozo bw Akarere mu Mudugudu wa Gasenyi mu Kagari ka Nyundo, bavuga ko mu gihe uyu mubyeyi adahawe iyo nzu avuga ko yatomboye bitari bikwiye guteshwa abana be ngo ajyanwe mu nzererezi.

Umwe ati “Ubundi ko abayobozi bacu ari ababyeyi, umwanya wo kumujyana i Nyabishongo mu nzererezi ko bakagombye kumugira inama nk’umuyobozi bari bandikiye yagombaga gufata imyanzuro bakamujyana i Nyabishongo agasiga abana ku musozi batagira na kigaburira batagira na kirengera? Kuba ufite ikibazo uri umuturage uri kubaza uburenganzira bwawe, aho kugira ngo bagukemurire ikibazo ahubwo bakagushyiraho dosiye bakaba bagufunga, bakagufata nk’umusazi bakaba banaguteza inshinge ngo uri umusazi.”

Aba baturage kandi bavuga ko uyu mugenzi wabo kuko yari yemerewe inzu muri uyu mudugudu w’ikitegererezo nk’uko na we yabivugaga.

Undi ati “Turabizi neza mu mudugudu, na mudugudu arabizi yarayitomboye zatombowe mu ba mbere kuko n’igisirikare [reserve force] cyazaga kumwirebera bakatubwira bati ‘mubatwereke, hari abantu turi kubakira inzu muri muhira bazemerewe, mubatwereke turebe ukuntu babayeho’.”

Nyuma y’uko uyu mubyeyi ajyanywe mu kigo cy’inzererezi, abana be ngo babayeho mu buzima bugoye nk’uko babyivugira ndetse n’abaturanyi babo.

Umwe yagize ati “Tuba mu nzu twenyine nta n’uwo kudufasha uhari nta n’uwo kutubanisha uhari, turya ibya saa sita ku ishuri twataha tukajya mu buriri.”

Abana b’uyu mubyeyi bavuga ko hatabaye ifunguro ryo ku Ishuri inzara yabahitana

Ni mu gihe Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu Mulindwa Prosper, avuga ko aba bana bari kuba mu muryango, kandi ko ubuyobozi atari bwo bukwiye kumenya imibereho yabo.

Ati “Afite umuryango avukamo, afite umuryango yari yarashatsemo, afite abaturanyi, abo bantu bose ni umuryango, ni bo duha agaciro kurusha kuvuga ngo Leta ni yo irajya kugaburira abana kandi na wa muryango uhari.”

INKURU MU MASHUSHO

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − 15 =

Previous Post

Hemejwe urupfu rw’umwe mu bayobozi bakuru ba Hamas hatangazwa n’uburyo yishwe

Next Post

Nyabihu: Umuyobozi mu z’Ibanze yabonetse yapfuye yakorewe agashinyaguro ku myanya y’ibanga

Related Posts

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

by radiotv10
21/01/2026
0

Mu rusengero rw’Itorero rya ADEPR-Karambo rwo mu Murenge wa Kaniga mu Karere ka Gicumbi, haravugwa ubuhanuzi butavugwaho rumwe, burimo ubwereka...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
21/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

by radiotv10
21/01/2026
0

Minisiteri y’Ingabo z’u Rwanda na RDF, bohereje itsinda riyobowe na Brig Gen Patrick Karuretwa, Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubufatanye Mpuzamahanga mu...

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo Murenge wa Nyamwumva, mu Karere ka Rubavu bavuga ko kubona amazi meza bikiri ingorabahizi, kuko hari...

IZIHERUKA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?
AMAHANGA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyabihu: Umuyobozi mu z’Ibanze yabonetse yapfuye yakorewe agashinyaguro ku myanya y’ibanga

Nyabihu: Umuyobozi mu z’Ibanze yabonetse yapfuye yakorewe agashinyaguro ku myanya y'ibanga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.