Saturday, November 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Uwagaragazaga impungenge ko bashaka kumujyana aho atazi koko yarajyanywe bikurikirwa n’ibibazo

radiotv10by radiotv10
20/03/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Uwagaragazaga impungenge ko bashaka kumujyana aho atazi koko yarajyanywe bikurikirwa n’ibibazo
Share on FacebookShare on Twitter

Rubavu- Umubyeyi wo mu Murenge wa Nyundo wavugaga ko yimwe inzu yari yemerewe mu mudugudu w’ikitegerereza, agafata icyemezo cyo kujya kurara ku ibaraza ryayo, wari wanagaragarije itangazamakuru ko afite ibimenyetso ko abayobozi bashaka kumujyana aho atazi, yaje kujyanwa mu kigo cy’inzererezi, bikurikirwa n’imibereho igoye ku bana batanu be.

Uyu mubyeyi witwa Mukamana Elevanie wavugaga ko yagombaga guhabwa inzu mudugudu w’ikitegererezo wa Muhira, ndetse ko yari yanayitomboye, ariko ntayihabwe, yari amaze igihe arara imbere y’inzu.

Tariki 05 Werurwe, uyu mubyeyi yari yabwiye RADIOTV10 ko afite ibimenyetso ko hari abayobozi bo mu Karere ka Rubavu bashaka kumujyana aho na we atazi ndetse bucya ajyanwa mu kigo kijyanwamo inzererezi cy’agateganyo cya Nyabishongo.

Icyo gihe uyu mubyeyi yavuga ko amaze iminsi 6 arara inyuma y’umuryango w’inzu avuga ko yatomboye ubwo hatangwaga inzu mu mudugudu w’ikitegererezo wa Muhira ari kumwe n’abana batatu muri 5 afite.

Bamwe mu bo baturanye aho asanzwe akodesherezwa n’ubuyobozo bw Akarere mu Mudugudu wa Gasenyi mu Kagari ka Nyundo, bavuga ko mu gihe uyu mubyeyi adahawe iyo nzu avuga ko yatomboye bitari bikwiye guteshwa abana be ngo ajyanwe mu nzererezi.

Umwe ati “Ubundi ko abayobozi bacu ari ababyeyi, umwanya wo kumujyana i Nyabishongo mu nzererezi ko bakagombye kumugira inama nk’umuyobozi bari bandikiye yagombaga gufata imyanzuro bakamujyana i Nyabishongo agasiga abana ku musozi batagira na kigaburira batagira na kirengera? Kuba ufite ikibazo uri umuturage uri kubaza uburenganzira bwawe, aho kugira ngo bagukemurire ikibazo ahubwo bakagushyiraho dosiye bakaba bagufunga, bakagufata nk’umusazi bakaba banaguteza inshinge ngo uri umusazi.”

Aba baturage kandi bavuga ko uyu mugenzi wabo kuko yari yemerewe inzu muri uyu mudugudu w’ikitegererezo nk’uko na we yabivugaga.

Undi ati “Turabizi neza mu mudugudu, na mudugudu arabizi yarayitomboye zatombowe mu ba mbere kuko n’igisirikare [reserve force] cyazaga kumwirebera bakatubwira bati ‘mubatwereke, hari abantu turi kubakira inzu muri muhira bazemerewe, mubatwereke turebe ukuntu babayeho’.”

Nyuma y’uko uyu mubyeyi ajyanywe mu kigo cy’inzererezi, abana be ngo babayeho mu buzima bugoye nk’uko babyivugira ndetse n’abaturanyi babo.

Umwe yagize ati “Tuba mu nzu twenyine nta n’uwo kudufasha uhari nta n’uwo kutubanisha uhari, turya ibya saa sita ku ishuri twataha tukajya mu buriri.”

Abana b’uyu mubyeyi bavuga ko hatabaye ifunguro ryo ku Ishuri inzara yabahitana

Ni mu gihe Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu Mulindwa Prosper, avuga ko aba bana bari kuba mu muryango, kandi ko ubuyobozi atari bwo bukwiye kumenya imibereho yabo.

Ati “Afite umuryango avukamo, afite umuryango yari yarashatsemo, afite abaturanyi, abo bantu bose ni umuryango, ni bo duha agaciro kurusha kuvuga ngo Leta ni yo irajya kugaburira abana kandi na wa muryango uhari.”

INKURU MU MASHUSHO

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − four =

Previous Post

Hemejwe urupfu rw’umwe mu bayobozi bakuru ba Hamas hatangazwa n’uburyo yishwe

Next Post

Nyabihu: Umuyobozi mu z’Ibanze yabonetse yapfuye yakorewe agashinyaguro ku myanya y’ibanga

Related Posts

Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

by radiotv10
28/11/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Mahama mu Karere ka Kirehe, bavuga ko irimbi rusange bashyinguramo hamwe n’impunzi, ryamaze kuzura,...

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

by radiotv10
28/11/2025
0

Perezida Paul Kagame avuga ko abantu badakwiye gukomeza kuzamura impaka z’igihe hazafungurirwa insengero zafunzwe, ahubwo ko bari bakwiye gutekereza ibyabateza...

Abapolisi bahugurirwa mu Kigo cyo kurwanya Iterabwoba basuye ibice ndangamateka mu Rwanda

Abapolisi bahugurirwa mu Kigo cyo kurwanya Iterabwoba basuye ibice ndangamateka mu Rwanda

by radiotv10
28/11/2025
0

Abapolisi b’abofisiye 177 barimo abo mu Rwanda n’abo muri Liberia bari mu mahugurwa mu Kigo cya Polisi gitangirwamo amahugurwa yo...

Nyanza: Umugabo arakekwaho kwiyahuza umuti wica udukoko abitewe n’isindwe

Uko byagenze ngo hakurweho icyaha cyaregwaga uwari Major waregwaga muri dosiye y’amabuye y’agaciro

by radiotv10
28/11/2025
0

Rtd Major Rugamba Robert wemera ko yakoze icyaha cyo gucukura amabuye y’agaciro mu buryo bunyuranyije n’amategeko mu Karere ka Nyanza,...

Mu Rwanda hagiye kubakwa Amashuri Ntangarugero azoherezwamo abana bafite ubumuga bukabije

Mu Rwanda hagiye kubakwa Amashuri Ntangarugero azoherezwamo abana bafite ubumuga bukabije

by radiotv10
28/11/2025
0

Minisiteri y'Uburezi yatangaje ko hagiye kubakwa amashuri atanu y'intangarugero muri buri Ntara n'Umujyi wa Kigali, azatanga urugero mu gutanga uburezi...

IZIHERUKA

Imibare y’abahitanywe n’inkongi idasanzwe muri Hong Kong yatumbagiye
AMAHANGA

Imibare y’abahitanywe n’inkongi idasanzwe muri Hong Kong yatumbagiye

by radiotv10
28/11/2025
0

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

28/11/2025
Rayon Sports igiye kumara hafi ukwezi idafite umwe mu bakinnyi b’ingenzi

Rayon Sports igiye kumara hafi ukwezi idafite umwe mu bakinnyi b’ingenzi

28/11/2025
Undi uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeranye imbere y’amategeko

Undi uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeranye imbere y’amategeko

28/11/2025
Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

28/11/2025
Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

28/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyabihu: Umuyobozi mu z’Ibanze yabonetse yapfuye yakorewe agashinyaguro ku myanya y’ibanga

Nyabihu: Umuyobozi mu z’Ibanze yabonetse yapfuye yakorewe agashinyaguro ku myanya y'ibanga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Imibare y’abahitanywe n’inkongi idasanzwe muri Hong Kong yatumbagiye

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

Rayon Sports igiye kumara hafi ukwezi idafite umwe mu bakinnyi b’ingenzi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.