Wednesday, December 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Uwagaragazaga impungenge ko bashaka kumujyana aho atazi koko yarajyanywe bikurikirwa n’ibibazo

radiotv10by radiotv10
20/03/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Uwagaragazaga impungenge ko bashaka kumujyana aho atazi koko yarajyanywe bikurikirwa n’ibibazo
Share on FacebookShare on Twitter

Rubavu- Umubyeyi wo mu Murenge wa Nyundo wavugaga ko yimwe inzu yari yemerewe mu mudugudu w’ikitegerereza, agafata icyemezo cyo kujya kurara ku ibaraza ryayo, wari wanagaragarije itangazamakuru ko afite ibimenyetso ko abayobozi bashaka kumujyana aho atazi, yaje kujyanwa mu kigo cy’inzererezi, bikurikirwa n’imibereho igoye ku bana batanu be.

Uyu mubyeyi witwa Mukamana Elevanie wavugaga ko yagombaga guhabwa inzu mudugudu w’ikitegererezo wa Muhira, ndetse ko yari yanayitomboye, ariko ntayihabwe, yari amaze igihe arara imbere y’inzu.

Tariki 05 Werurwe, uyu mubyeyi yari yabwiye RADIOTV10 ko afite ibimenyetso ko hari abayobozi bo mu Karere ka Rubavu bashaka kumujyana aho na we atazi ndetse bucya ajyanwa mu kigo kijyanwamo inzererezi cy’agateganyo cya Nyabishongo.

Icyo gihe uyu mubyeyi yavuga ko amaze iminsi 6 arara inyuma y’umuryango w’inzu avuga ko yatomboye ubwo hatangwaga inzu mu mudugudu w’ikitegererezo wa Muhira ari kumwe n’abana batatu muri 5 afite.

Bamwe mu bo baturanye aho asanzwe akodesherezwa n’ubuyobozo bw Akarere mu Mudugudu wa Gasenyi mu Kagari ka Nyundo, bavuga ko mu gihe uyu mubyeyi adahawe iyo nzu avuga ko yatomboye bitari bikwiye guteshwa abana be ngo ajyanwe mu nzererezi.

Umwe ati “Ubundi ko abayobozi bacu ari ababyeyi, umwanya wo kumujyana i Nyabishongo mu nzererezi ko bakagombye kumugira inama nk’umuyobozi bari bandikiye yagombaga gufata imyanzuro bakamujyana i Nyabishongo agasiga abana ku musozi batagira na kigaburira batagira na kirengera? Kuba ufite ikibazo uri umuturage uri kubaza uburenganzira bwawe, aho kugira ngo bagukemurire ikibazo ahubwo bakagushyiraho dosiye bakaba bagufunga, bakagufata nk’umusazi bakaba banaguteza inshinge ngo uri umusazi.”

Aba baturage kandi bavuga ko uyu mugenzi wabo kuko yari yemerewe inzu muri uyu mudugudu w’ikitegererezo nk’uko na we yabivugaga.

Undi ati “Turabizi neza mu mudugudu, na mudugudu arabizi yarayitomboye zatombowe mu ba mbere kuko n’igisirikare [reserve force] cyazaga kumwirebera bakatubwira bati ‘mubatwereke, hari abantu turi kubakira inzu muri muhira bazemerewe, mubatwereke turebe ukuntu babayeho’.”

Nyuma y’uko uyu mubyeyi ajyanywe mu kigo cy’inzererezi, abana be ngo babayeho mu buzima bugoye nk’uko babyivugira ndetse n’abaturanyi babo.

Umwe yagize ati “Tuba mu nzu twenyine nta n’uwo kudufasha uhari nta n’uwo kutubanisha uhari, turya ibya saa sita ku ishuri twataha tukajya mu buriri.”

Abana b’uyu mubyeyi bavuga ko hatabaye ifunguro ryo ku Ishuri inzara yabahitana

Ni mu gihe Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu Mulindwa Prosper, avuga ko aba bana bari kuba mu muryango, kandi ko ubuyobozi atari bwo bukwiye kumenya imibereho yabo.

Ati “Afite umuryango avukamo, afite umuryango yari yarashatsemo, afite abaturanyi, abo bantu bose ni umuryango, ni bo duha agaciro kurusha kuvuga ngo Leta ni yo irajya kugaburira abana kandi na wa muryango uhari.”

INKURU MU MASHUSHO

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 + 18 =

Previous Post

Hemejwe urupfu rw’umwe mu bayobozi bakuru ba Hamas hatangazwa n’uburyo yishwe

Next Post

Nyabihu: Umuyobozi mu z’Ibanze yabonetse yapfuye yakorewe agashinyaguro ku myanya y’ibanga

Related Posts

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

by radiotv10
31/12/2025
0

Abantu babiri batawe muri yombi bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’abantu bane bo mu Murenge wa Rukoma mu Karere ka...

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Eng.-Rwanda’s Foreign Minister says FARDC spokesperson’s suspension was driven by Western pressure

by radiotv10
31/12/2025
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation of Rwanda, Olivier Nduhungirehe, says that the suspension of Major General Sylvain...

Mental Wellness Reset for 2026: Practices to try out

Mental Wellness Reset for 2026: Practices to try out

by radiotv10
31/12/2025
0

As 2026 approaches, many young people in Kigali are quietly shifting priorities. Beyond career goals, side hustles and social media...

IZIHERUKA

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben
IMYIDAGADURO

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

by radiotv10
31/12/2025
0

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

31/12/2025
Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

31/12/2025
Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

31/12/2025
Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyabihu: Umuyobozi mu z’Ibanze yabonetse yapfuye yakorewe agashinyaguro ku myanya y’ibanga

Nyabihu: Umuyobozi mu z’Ibanze yabonetse yapfuye yakorewe agashinyaguro ku myanya y'ibanga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.