Thursday, October 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Uwagarutsweho mu byo muri Miss Rwanda wari waracecetse bwa mbere yavivuzeho

radiotv10by radiotv10
01/12/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Uwagarutsweho mu byo muri Miss Rwanda wari waracecetse bwa mbere yavivuzeho
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamakuru Joel Rutaganda wahoze afite inshingano mu irushanwa rya Miss Rwanda, wagarutsweho cyane mu kirego cyaregwamo Prince Kid wahamijwe ibyaha yari akurikiranyweho, bwa mbere yabivuzeho, asubiza abamwibasiye mu buryo bumwe cyangwa ubundi.

Joel Rutaganda wabaye umunyamakuru mu bitangazamakuru binyuranye mu Rwanda byiganjemo ibyandika kuri murandasi, ni umwe mu bavuzwe cyane mu byakunze kuzamura impaka kuri iri rushanwa rya Miss Rwanda.

Bamwe batungaga agatoki uyu munyamakuru ko ari mu bagize uruhare mu byatumye Prince Kid ajyanwa mu nkiko, abandi bakavuga ko na we ashobora kuba afite ibyo azi mu birego byari bikurikiranywheo uyu wahoze ategura iri rushanwa ubu akaba yaramaze kubikatirwaho gufungwa imyaka itanu, ku buryo na we yari akwiye kugira ibyo abazwa.

Mu kiganiro cyatambutse kuri YouTube Channel yitwa JB Rwanda, Joel Rutaganda avuga ko icyatumye atagira icyo avuga ku byamuvugwagaho, ari imiterere ye isanzwe imusaba kudahubuka.

Ati “Ntabwo ndi umuntu uhubuka, ndi umuntu ugenda gahoro mu kintu icyo ari cyo cyose cyane cyane muri iki kibazo. Ntabwo iki cyari ikibazo gitoya, cyari ikibazo kinini cyane gikomeye, byasabaga umuntu gushishoza no kugira ubwenge bwinshi.”

Avuga ko mbere na mbere yabanje kureka inzego zari zikurikiranye iby’iki kibazo, kubanza zigakora akazi kazo k’iperereza, ariko ubu uwari ugikurikiranyweho, yamaze kugihamywa.

Avuga ko iyo aza gusubizanya n’abamwibasiye muri iki kibazo, byashoboraga kubyara ibibazo birushijeho, ariko ko atabibahora, ahubwo ko na bo bashobora kuba barabiterwaga n’impamvu zitandukanye zirimo “uburere mwahawe, n’aho mukomoka, ndabumva, ni yo mpamvu nacecetse, iyo nshaka nanjye mba naravuze ariko ntabwo ari ko nteye.”

Rutaganda Joel avuga ko ubwo yumvaga ko Prince Kid yafashwe, yaganirije umunyamakuru wari inshuti ye magara, ko adashaka kugarukwaho muri ibi bibazo, ko yabaye avuye mu Rwanda, ariko ko yamubeshya ahubwo yashakaga kureba uburyo abyakira.

Ati “Uko nabimubwiye gutyo muri blague, nagiye kubona mbona ahantu hose, ngo ‘Joel yatorotse, yagiye, yagiye i Bugande, ngo yahawe amafaranga na Jolly’.”

Akomeza avuga ko atumva ukuntu bamuhuzaga n’icyaha cyari gikurikiranywe kuri Prince Kid, kandi icyaha ari gatozi ari na ko biteganywa n’amategeko yo mu Rwanda.

Rutaganda Joel yahoze ashinzwe itangazamakuru muri Miss Rwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − 5 =

Previous Post

Icyifuzo cy’abafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga batemererwa gukorera ‘Permis’ z’u Rwanda

Next Post

Abakora ibinyuranyije n’amategeko ku mupaka w’u Rwanda na DRCongo aba mbere bafatanywe 1.480$

Related Posts

Umugore w’umuhanzi Tom Close yamwibukije urwo amukunda anamubwira icyo amwifuriza

Umugore w’umuhanzi Tom Close yamwibukije urwo amukunda anamubwira icyo amwifuriza

by radiotv10
29/10/2025
0

Ange Niyonshuti Tricia, umugore w’umuhanzi Tom Close; yongeye kumwibutsa ko amukunda urutagereranywa, anamubwira ko amwifuriza kuramba kugeza igihe azabonera ubuvivi....

Eng.-Rwandan origin girl competing for Miss Belgium crown

Eng.-Rwandan origin girl competing for Miss Belgium crown

by radiotv10
28/10/2025
0

Kyra Nkezabera, who has Rwandan roots, is among the contestants for the Miss Belgium title. She is confident about her...

Ufite inkomoko mu Rwanda ari guhatanira ikamba rya Miss w’u Bubiligi

Ufite inkomoko mu Rwanda ari guhatanira ikamba rya Miss w’u Bubiligi

by radiotv10
28/10/2025
0

Kyra Nkezabera ufite inkomoko mu Rwanda, ari mu bahatanira ikamba rya Miss w’u Bubiligi, ndetse akaba afite icyizere cyo kuryegukana,...

How musicians are using streaming platforms to make money

How musicians are using streaming platforms to make money

by radiotv10
27/10/2025
0

In today’s digital world, streaming platforms have completely changed how musicians share their music and earn a living. Instead of...

Annette Murava n’umugabo we Bishop Gafaranga bazanye ubutumwa bifashishije ibyo banyuzemo

Annette Murava n’umugabo we Bishop Gafaranga bazanye ubutumwa bifashishije ibyo banyuzemo

by radiotv10
25/10/2025
0

Nyuma y'ibyumweru bibiri afunguwe, Habiyaremye Zacharie uzwi nka Bishop Gafaranga n'umugore we Annette Murava, basohoye indirimbo nshya bise ‘Ndi inde”...

IZIHERUKA

Ukuri mpamo ku modoka y’umutamenwa yakozwe n’Igisirikare cy’u Burundi
AMAHANGA

Ukuri mpamo ku modoka y’umutamenwa yakozwe n’Igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
29/10/2025
0

Umugore w’umuhanzi Tom Close yamwibukije urwo amukunda anamubwira icyo amwifuriza

Umugore w’umuhanzi Tom Close yamwibukije urwo amukunda anamubwira icyo amwifuriza

29/10/2025
AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

29/10/2025
Icyo Minisitiri avuga ku mwana ufite ubumuga wagaragaje impano idasanzwe bigakora benshi ku mutima

Icyo Minisitiri avuga ku mwana ufite ubumuga wagaragaje impano idasanzwe bigakora benshi ku mutima

29/10/2025
Minisitiri w’Intebe yagaragarije muri America ibanga u Rwanda rwakoresheje mu kubungabunga ibinyabuzima by’umwihariko Ingagi

Minisitiri w’Intebe yagaragarije muri America ibanga u Rwanda rwakoresheje mu kubungabunga ibinyabuzima by’umwihariko Ingagi

29/10/2025
Impuruza ku businzi bukabije bugaragara mu rubyiruko rw’u Rwanda

Impuruza ku businzi bukabije bugaragara mu rubyiruko rw’u Rwanda

29/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abakora ibinyuranyije n’amategeko ku mupaka w’u Rwanda na DRCongo aba mbere bafatanywe 1.480$

Abakora ibinyuranyije n’amategeko ku mupaka w'u Rwanda na DRCongo aba mbere bafatanywe 1.480$

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ukuri mpamo ku modoka y’umutamenwa yakozwe n’Igisirikare cy’u Burundi

Umugore w’umuhanzi Tom Close yamwibukije urwo amukunda anamubwira icyo amwifuriza

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.