Sunday, May 11, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Uwagarutsweho mu byo muri Miss Rwanda wari waracecetse bwa mbere yavivuzeho

radiotv10by radiotv10
01/12/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Uwagarutsweho mu byo muri Miss Rwanda wari waracecetse bwa mbere yavivuzeho
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamakuru Joel Rutaganda wahoze afite inshingano mu irushanwa rya Miss Rwanda, wagarutsweho cyane mu kirego cyaregwamo Prince Kid wahamijwe ibyaha yari akurikiranyweho, bwa mbere yabivuzeho, asubiza abamwibasiye mu buryo bumwe cyangwa ubundi.

Joel Rutaganda wabaye umunyamakuru mu bitangazamakuru binyuranye mu Rwanda byiganjemo ibyandika kuri murandasi, ni umwe mu bavuzwe cyane mu byakunze kuzamura impaka kuri iri rushanwa rya Miss Rwanda.

Bamwe batungaga agatoki uyu munyamakuru ko ari mu bagize uruhare mu byatumye Prince Kid ajyanwa mu nkiko, abandi bakavuga ko na we ashobora kuba afite ibyo azi mu birego byari bikurikiranywheo uyu wahoze ategura iri rushanwa ubu akaba yaramaze kubikatirwaho gufungwa imyaka itanu, ku buryo na we yari akwiye kugira ibyo abazwa.

Mu kiganiro cyatambutse kuri YouTube Channel yitwa JB Rwanda, Joel Rutaganda avuga ko icyatumye atagira icyo avuga ku byamuvugwagaho, ari imiterere ye isanzwe imusaba kudahubuka.

Ati “Ntabwo ndi umuntu uhubuka, ndi umuntu ugenda gahoro mu kintu icyo ari cyo cyose cyane cyane muri iki kibazo. Ntabwo iki cyari ikibazo gitoya, cyari ikibazo kinini cyane gikomeye, byasabaga umuntu gushishoza no kugira ubwenge bwinshi.”

Avuga ko mbere na mbere yabanje kureka inzego zari zikurikiranye iby’iki kibazo, kubanza zigakora akazi kazo k’iperereza, ariko ubu uwari ugikurikiranyweho, yamaze kugihamywa.

Avuga ko iyo aza gusubizanya n’abamwibasiye muri iki kibazo, byashoboraga kubyara ibibazo birushijeho, ariko ko atabibahora, ahubwo ko na bo bashobora kuba barabiterwaga n’impamvu zitandukanye zirimo “uburere mwahawe, n’aho mukomoka, ndabumva, ni yo mpamvu nacecetse, iyo nshaka nanjye mba naravuze ariko ntabwo ari ko nteye.”

Rutaganda Joel avuga ko ubwo yumvaga ko Prince Kid yafashwe, yaganirije umunyamakuru wari inshuti ye magara, ko adashaka kugarukwaho muri ibi bibazo, ko yabaye avuye mu Rwanda, ariko ko yamubeshya ahubwo yashakaga kureba uburyo abyakira.

Ati “Uko nabimubwiye gutyo muri blague, nagiye kubona mbona ahantu hose, ngo ‘Joel yatorotse, yagiye, yagiye i Bugande, ngo yahawe amafaranga na Jolly’.”

Akomeza avuga ko atumva ukuntu bamuhuzaga n’icyaha cyari gikurikiranywe kuri Prince Kid, kandi icyaha ari gatozi ari na ko biteganywa n’amategeko yo mu Rwanda.

Rutaganda Joel yahoze ashinzwe itangazamakuru muri Miss Rwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 + 10 =

Previous Post

Icyifuzo cy’abafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga batemererwa gukorera ‘Permis’ z’u Rwanda

Next Post

Abakora ibinyuranyije n’amategeko ku mupaka w’u Rwanda na DRCongo aba mbere bafatanywe 1.480$

Related Posts

Umuryango w’ikirangirire Rihanna washyize hanze inkuru y’ibyishimo witegura yatunguye benshi

Umuryango w’ikirangirire Rihanna washyize hanze inkuru y’ibyishimo witegura yatunguye benshi

by radiotv10
06/05/2025
0

Umuhanzikazi w’ikirangirire, Robyn Rihanna Fenty wamamaye nka Rihanna, we n’umugabo we A$AP Rocky baritegura kwibaruka umwana wa gatatu, uje agwa...

Umuhangamideri Moses Turahirwa kuva yakongera gutabwa muri yombi yongeye kugaragara

Umuhangamideri Moses Turahirwa kuva yakongera gutabwa muri yombi yongeye kugaragara

by radiotv10
06/05/2025
0

Turahirwa Moses uzwi mu ruganda rwo guhanga imideri wanashinze inzu ya Moshions, akaba aherutse kongera gutabwa muri yombi ku nshuro...

Seven tips for a happy marriage

Seven tips for a happy marriage

by radiotv10
05/05/2025
0

There are so many ways one could sustain a relationship with their partner to build a happy marriage and a...

Umuhanzikazi w’Indirimbo z’Imana Vestine yahamije ko we n’umugabo we bamaze kuba umwe

Amagambo aryohereye Umuhanzikazi Vestine yakoresheje ataka umugabo we yanagaragaje itariki y’ubukwe bwabo

by radiotv10
05/05/2025
0

Umuhanzikazi w’Indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Ishimwe Vestine, yashyize hanze itariki y’ubukwe bwe n’umukunzi we w'Umunya-Burkina Faso Ouedraogo, yongera...

Umuhanzikazi w’Indirimbo z’Imana Vestine yahamije ko we n’umugabo we bamaze kuba umwe

Umuhanzikazi w’Indirimbo z’Imana Vestine yahamije ko we n’umugabo we bamaze kuba umwe

by radiotv10
02/05/2025
0

Umuhanzikazi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Ishimwe Vestine uhuriye mu itsinda rimwe n’umuvandimwe Dorcas, yamaze kongera izina ry’umugabo we...

IZIHERUKA

MU RWANDA

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

09/05/2025
Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abakora ibinyuranyije n’amategeko ku mupaka w’u Rwanda na DRCongo aba mbere bafatanywe 1.480$

Abakora ibinyuranyije n’amategeko ku mupaka w'u Rwanda na DRCongo aba mbere bafatanywe 1.480$

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.