Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Uwagarutsweho mu byo muri Miss Rwanda wari waracecetse bwa mbere yavivuzeho

radiotv10by radiotv10
01/12/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Uwagarutsweho mu byo muri Miss Rwanda wari waracecetse bwa mbere yavivuzeho
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamakuru Joel Rutaganda wahoze afite inshingano mu irushanwa rya Miss Rwanda, wagarutsweho cyane mu kirego cyaregwamo Prince Kid wahamijwe ibyaha yari akurikiranyweho, bwa mbere yabivuzeho, asubiza abamwibasiye mu buryo bumwe cyangwa ubundi.

Joel Rutaganda wabaye umunyamakuru mu bitangazamakuru binyuranye mu Rwanda byiganjemo ibyandika kuri murandasi, ni umwe mu bavuzwe cyane mu byakunze kuzamura impaka kuri iri rushanwa rya Miss Rwanda.

Bamwe batungaga agatoki uyu munyamakuru ko ari mu bagize uruhare mu byatumye Prince Kid ajyanwa mu nkiko, abandi bakavuga ko na we ashobora kuba afite ibyo azi mu birego byari bikurikiranywheo uyu wahoze ategura iri rushanwa ubu akaba yaramaze kubikatirwaho gufungwa imyaka itanu, ku buryo na we yari akwiye kugira ibyo abazwa.

Mu kiganiro cyatambutse kuri YouTube Channel yitwa JB Rwanda, Joel Rutaganda avuga ko icyatumye atagira icyo avuga ku byamuvugwagaho, ari imiterere ye isanzwe imusaba kudahubuka.

Ati “Ntabwo ndi umuntu uhubuka, ndi umuntu ugenda gahoro mu kintu icyo ari cyo cyose cyane cyane muri iki kibazo. Ntabwo iki cyari ikibazo gitoya, cyari ikibazo kinini cyane gikomeye, byasabaga umuntu gushishoza no kugira ubwenge bwinshi.”

Avuga ko mbere na mbere yabanje kureka inzego zari zikurikiranye iby’iki kibazo, kubanza zigakora akazi kazo k’iperereza, ariko ubu uwari ugikurikiranyweho, yamaze kugihamywa.

Avuga ko iyo aza gusubizanya n’abamwibasiye muri iki kibazo, byashoboraga kubyara ibibazo birushijeho, ariko ko atabibahora, ahubwo ko na bo bashobora kuba barabiterwaga n’impamvu zitandukanye zirimo “uburere mwahawe, n’aho mukomoka, ndabumva, ni yo mpamvu nacecetse, iyo nshaka nanjye mba naravuze ariko ntabwo ari ko nteye.”

Rutaganda Joel avuga ko ubwo yumvaga ko Prince Kid yafashwe, yaganirije umunyamakuru wari inshuti ye magara, ko adashaka kugarukwaho muri ibi bibazo, ko yabaye avuye mu Rwanda, ariko ko yamubeshya ahubwo yashakaga kureba uburyo abyakira.

Ati “Uko nabimubwiye gutyo muri blague, nagiye kubona mbona ahantu hose, ngo ‘Joel yatorotse, yagiye, yagiye i Bugande, ngo yahawe amafaranga na Jolly’.”

Akomeza avuga ko atumva ukuntu bamuhuzaga n’icyaha cyari gikurikiranywe kuri Prince Kid, kandi icyaha ari gatozi ari na ko biteganywa n’amategeko yo mu Rwanda.

Rutaganda Joel yahoze ashinzwe itangazamakuru muri Miss Rwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × four =

Previous Post

Icyifuzo cy’abafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga batemererwa gukorera ‘Permis’ z’u Rwanda

Next Post

Abakora ibinyuranyije n’amategeko ku mupaka w’u Rwanda na DRCongo aba mbere bafatanywe 1.480$

Related Posts

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umunyamakuru Kayitesi Yvonne wamamaye nka Tessy n’umuhanzi w’umuraperi Shizzo, bamaze igihe mu munyenga w’urukundo, basezeranye imbere y’amategeko. Aba bombi bamaze...

Umunyasudanikazi uvuga Ikinyarwanda adategwa wihebeye u Rwanda yavuze ibintu bitatu arukundira

Umunyasudanikazi uvuga Ikinyarwanda adategwa wihebeye u Rwanda yavuze ibintu bitatu arukundira

by radiotv10
08/01/2026
0

Umunyasudanikazi Nyakuecky William wamaze kwibatiza akazina ka Gaju, uba mu Rwanda, uvuga ko yanamaze kuba Umunyarwandakazi, yavuze ibintu bitatu akunda...

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

by radiotv10
07/01/2026
0

Mbabazi Shadia wamamaye nka Shaddy Boo ku mbuga nkoranyambaga, bamwe banitaga ‘Umwamikazi wazo’, yagaragaje ko umwaka ushize wamubereye uw’imitwaro, ariko...

Amakuru mashya: DJ Toxxyk bwa mbere mu Rukiko urubanza rwe rurasubitswe

Amakuru mashya: DJ Toxxyk bwa mbere mu Rukiko urubanza rwe rurasubitswe

by radiotv10
07/01/2026
0

Umuvangamiziki Shema Arnaud uzwi nka DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibyaha birimo ibishingiye ku mpanuka aherutse gukora ubwo yagongaga umupolisi akitaba Imana,...

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

by radiotv10
06/01/2026
0

Umuhanga mu kuvangavanga imiziki, Arnold Ishimwe uzwi nka Dj Toxxyk uherutse gutabwa muri yombi nyuma yo kugonga umupolisi agahita yitaba...

IZIHERUKA

Easy foods that help your brain stay healthy and active
IMIBEREHO MYIZA

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

08/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abakora ibinyuranyije n’amategeko ku mupaka w’u Rwanda na DRCongo aba mbere bafatanywe 1.480$

Abakora ibinyuranyije n’amategeko ku mupaka w'u Rwanda na DRCongo aba mbere bafatanywe 1.480$

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.