Sunday, May 11, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uwahawe inshingano n’Inama y’Abaminisitiri yavuze indi ntambwe yateye bigahurirana umunsi umwe

radiotv10by radiotv10
24/05/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Uwahawe inshingano n’Inama y’Abaminisitiri yavuze indi ntambwe yateye bigahurirana umunsi umwe
Share on FacebookShare on Twitter

Butera Michael Mgasa wahawe inshingano muri Minisiteri y’Ubutabera, yavuze ko ari amahirwe ahuriranye n’intambwe yateye yo kuba yahawe impamyabumenyi mu kaminuza yigisha ibijyanye n’amategeko yo muri Leta Zunze Ubumwe za America.

Butera Michael yahawe inshingano n’Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa Gatatu tariki 22 Gicurasi 2024 yari iyobowe na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame.

Butera Michael Mgasa, umwe mu bahawe inshingano n’iyi Nama y’Abaminisitiri, yagizwe umuyobozi ushinzwe ubujyanama (Chief Technical Advisor) muri Minisiteri y’Ubutabera.

Nyuma yo guhabwa izi nshingano, Butera Michael yashimiye Perezida Paul Kagame ku cyizere yamugiriye, akamuha izi nshingano muri Minisiteri y’Ubutabera.

Ati “Ibi ni ikimenyetso cy’umurongo ushishoza wanyu wo kwizera imbaraga mubona mu rubyiruko. Nizeje kuzakorera Igihugu cyacu n’umutima ukunda Igihugu, n’ubumenyi ndetse no kwitwara neza.”

Uyu muyobozi winjiye mu bandi bakiri bato bari mu nzego nkuru z’Igihugu, mu ijoro ryacyeye, yagaragaje ko izi nshingano yahawe zaje ari ibyishimo byiyongera mu bindi, kuko yanarangije amasomo muri Kaminuza ya Harvard Law School muri Massachusetts muri Leta Zunze Ubumwe za America.

Mu butumwa yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X, Butera yagize ati “Uyu munsi nahawe impamyabushobozi muri Harvard Law School, kandi nanahabwa inshingano na Perezida nka Chief Technical Advisor muri Minisiteri y’Ubutabera.”

Yakomeje agira ati “Nishimiye kuba ngiye kwerecyeje mu rugo kuko kuba Umunyarwanda byamfashije kwitwara neza muri Harvard.”

Perezida Paul Kagame ukunze guhamagarira urubyiruko kwinjira mu miyoborere y’Igihugu ikomeje kwinjiza bamwe muri rwo mu nzego zirimo n’izifata ibyemezo, mu kiganiro aherutse kugirana n’urubyiruko rw’abakorerabushake rwizihizaga isabukuru y’imyaka 10 ishize hashinzwe umuryango warwo, yasabye abakiri bato kujya batangira gutekereza icyo bakorera umuryango mugari wabo bakiri bato, nk’uko na we yabitangiye afite imyaka 15.

Butera yahawe impamyabumenyi muri Harvard Law School
Yishimiye kuba ibi byahuriranye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine + 16 =

Previous Post

Zambia: Uwari Perezida yahishuye umugambi ashinja uwamusimbuye ashaka kumukorera

Next Post

Ikibazo cy’ubwishingizi bw’abamotari buhanitse cyongeye kugarukwaho imbere ya Perezida

Related Posts

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Umusore w’imyaka 27 y’amavuko ukekwaho kwica uwari umukoresha we mu Murenge wa Ruli mu Karere ka Gakenke, yarangiza akamuzingazingira mu...

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwafashe icyemezo cyo gufunga by’agateganyo iminsi 30 Moses Turahirwa uzwi mu guhanga imideri wanashinze inzu yayo...

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

by radiotv10
09/05/2025
0

Umugore w’imyaka 58 wo mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza ukurikiranyweho kwica umugabo we w’imyaka 80, avuga ko...

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda bwashimiye Imana ku itorwa ry’Umushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Nyirubutungane Lewo XIV...

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kizura mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, yatawe muri yombi nyuma yuko mu...

IZIHERUKA

MU RWANDA

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

09/05/2025
Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ikibazo cy’ubwishingizi bw’abamotari buhanitse cyongeye kugarukwaho imbere ya Perezida

Ikibazo cy’ubwishingizi bw’abamotari buhanitse cyongeye kugarukwaho imbere ya Perezida

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.