Tuesday, January 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uwahawe inshingano n’Inama y’Abaminisitiri yavuze indi ntambwe yateye bigahurirana umunsi umwe

radiotv10by radiotv10
24/05/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Uwahawe inshingano n’Inama y’Abaminisitiri yavuze indi ntambwe yateye bigahurirana umunsi umwe
Share on FacebookShare on Twitter

Butera Michael Mgasa wahawe inshingano muri Minisiteri y’Ubutabera, yavuze ko ari amahirwe ahuriranye n’intambwe yateye yo kuba yahawe impamyabumenyi mu kaminuza yigisha ibijyanye n’amategeko yo muri Leta Zunze Ubumwe za America.

Butera Michael yahawe inshingano n’Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa Gatatu tariki 22 Gicurasi 2024 yari iyobowe na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame.

Butera Michael Mgasa, umwe mu bahawe inshingano n’iyi Nama y’Abaminisitiri, yagizwe umuyobozi ushinzwe ubujyanama (Chief Technical Advisor) muri Minisiteri y’Ubutabera.

Nyuma yo guhabwa izi nshingano, Butera Michael yashimiye Perezida Paul Kagame ku cyizere yamugiriye, akamuha izi nshingano muri Minisiteri y’Ubutabera.

Ati “Ibi ni ikimenyetso cy’umurongo ushishoza wanyu wo kwizera imbaraga mubona mu rubyiruko. Nizeje kuzakorera Igihugu cyacu n’umutima ukunda Igihugu, n’ubumenyi ndetse no kwitwara neza.”

Uyu muyobozi winjiye mu bandi bakiri bato bari mu nzego nkuru z’Igihugu, mu ijoro ryacyeye, yagaragaje ko izi nshingano yahawe zaje ari ibyishimo byiyongera mu bindi, kuko yanarangije amasomo muri Kaminuza ya Harvard Law School muri Massachusetts muri Leta Zunze Ubumwe za America.

Mu butumwa yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X, Butera yagize ati “Uyu munsi nahawe impamyabushobozi muri Harvard Law School, kandi nanahabwa inshingano na Perezida nka Chief Technical Advisor muri Minisiteri y’Ubutabera.”

Yakomeje agira ati “Nishimiye kuba ngiye kwerecyeje mu rugo kuko kuba Umunyarwanda byamfashije kwitwara neza muri Harvard.”

Perezida Paul Kagame ukunze guhamagarira urubyiruko kwinjira mu miyoborere y’Igihugu ikomeje kwinjiza bamwe muri rwo mu nzego zirimo n’izifata ibyemezo, mu kiganiro aherutse kugirana n’urubyiruko rw’abakorerabushake rwizihizaga isabukuru y’imyaka 10 ishize hashinzwe umuryango warwo, yasabye abakiri bato kujya batangira gutekereza icyo bakorera umuryango mugari wabo bakiri bato, nk’uko na we yabitangiye afite imyaka 15.

Butera yahawe impamyabumenyi muri Harvard Law School
Yishimiye kuba ibi byahuriranye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 5 =

Previous Post

Zambia: Uwari Perezida yahishuye umugambi ashinja uwamusimbuye ashaka kumukorera

Next Post

Ikibazo cy’ubwishingizi bw’abamotari buhanitse cyongeye kugarukwaho imbere ya Perezida

Related Posts

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yakiriye mu Biro bye, abarimo Prof. Dong-Sup Yoon usanzwe ari Perezida wa Yonsei University, Kaminuza yo muri...

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

by radiotv10
27/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yamaze gutanga ikirego mu Rukiko Ruhoraho rushinzwe Ubukemurampaka, iregamo iy’u Bwongereza nyuma yo guhagarika amasezerano Ibihugu byombi...

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

by radiotv10
27/01/2026
0

Brigadier General Godfrey Gasana wahoze ari Umugaba Wungirije w’Ingabo zirwanira mu Kirere akaba aherutse kugirwa Umupilote wihariye wa Perezida wa...

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza, Bill na Joyce Cummings; ndetse n’abagira uruhare...

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

by radiotv10
27/01/2026
0

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) ku bufatanye n’Ihuriro ry’Imiryango itari iya Leta, bari mu bukangurambaga bwo gukumira indwara zititaweho, zirimo...

IZIHERUKA

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi
IMYIDAGADURO

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

27/01/2026
Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

27/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

27/01/2026
AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

27/01/2026
Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

27/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ikibazo cy’ubwishingizi bw’abamotari buhanitse cyongeye kugarukwaho imbere ya Perezida

Ikibazo cy’ubwishingizi bw’abamotari buhanitse cyongeye kugarukwaho imbere ya Perezida

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.