Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uwahoze muri Sena y’u Rwanda uzwiho kuvuganira abasigajwe n’amateka yitabye Imana

radiotv10by radiotv10
03/01/2022
in MU RWANDA
0
Uwahoze muri Sena y’u Rwanda uzwiho kuvuganira abasigajwe n’amateka yitabye Imana
Share on FacebookShare on Twitter

Kalimba Zephyrin wabaye Umusenateri muri Sena y’u Rwanda, wakundaga kugaragaza ibibazo byugarije abo amateka agaragaza ko basigaye inyuma asaba ko byashakirwa umuti, yitabye Imana azize uburwayi.

Urupfu rwa nyakwigendera rwamenyekanye kuri uyu wa Mbere tariki 03 Mutarama 2022 aho yitabye Imana mu ijoro ryo kuri iki Cyumweru rishyira kuri uyu wa mbere.

Kalimba Zephyrin wari umaze iminsi arwaye, yitabiye Imana mu Bitaro Byitiriwe Umwami Fayisali biherereye mu Mujyi wa Kigali.

Nyakwigendera Zephyrin ubwo yari muri Sena yacyuye igihe yasimbuwe n’iriho ubu, azwiho kuba yarakundaga kugaragaza ibibazo by’abo amateka agaragaza ko amateka yasize inyuma yerekana n’ibyakorwa ngo bikemurwe.

Yinjiye muri Sena y’u Rwanda muri 2012 ubwo yashyirwagaho na Perezida wa Repubulika akaba yari umwe mu Basenateri 8 yashyizeho icyo gihe, akaba yararangije Manda ye muri 2020 na bagenzi be binjiranye muri Sena.

Dr Iyamuremye Augustin uyobora Sena y’u Rwanda, yemeje amakuru y’urupfu rw’uyu wabaye Umushingamategeko muri Sena.

Bavakure Vincent uyobora Umuryango w’Abakora umwuga wo kubumba (COPORWA), yemeje amakuru y’urupfu rwa nyakwigendera wahoze ayobora uyu muryango mbere yo kwinjira muri Sena y’u Rwanda mu 2021.

Bavakure yatangaje ko n’ubu bahise batangira gutegura igikorwa cyo gushyingura nyakwigendera giteganyijwe kuba ku wa Kane tariki 06 Mutarama 2022.

Nyakwigendera Kalimba Zephyrin yakoze imirimo inyuranye; mu 1990 yashinze umuryango uvuganira abo amateka agaragaza ko basigaye inyuma n’amateka anawubera umuyobozi. Mu 1997 yayoboye ihuriro ry’imiryango ivuganira abo mu cyiciro cyasigaye inyuma mu Karere.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × three =

Previous Post

Holybeat warongoye Umunya-Israel yagiye gutura muri Canada

Next Post

Amavubi ahaye Abanyarwanda Ubunani atsinda Guinea 3-0 mu wa Gicuti

Related Posts

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

by radiotv10
22/01/2026
0

In many schools in Rwanda, students are told they must speak English. Sometimes, if a child speaks Kinyarwanda, they get...

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugabo n'umugore bo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bafashwe bakekwaho gutanga ruswa y'ibihumbi 50 Frw nyuma yo...

IZIHERUKA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine
AMAHANGA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amavubi ahaye Abanyarwanda Ubunani atsinda Guinea 3-0 mu wa Gicuti

Amavubi ahaye Abanyarwanda Ubunani atsinda Guinea 3-0 mu wa Gicuti

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.