Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uwakuraga urumogi muri Congo bamuguye gitumo afite udupfunyika 5.600 ahita abivuga byose

radiotv10by radiotv10
21/10/2022
in MU RWANDA
0
Uwakuraga urumogi muri Congo bamuguye gitumo afite udupfunyika 5.600 ahita abivuga byose
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo w’imyaka 43 y’amavuko ukekwagaho kuba avana urumogi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yafatiwe mu Kagari ka Kamurera mu Murenge wa Kamembe mu Karere ka Rusizi, asanganwa udupfunyika twarwo 5 600.

Uyu mugabo witwa Uhoraningoga Methode, yafashwe na Polisi y’u Rwanda, Ishami rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU), ryamusanze mu Mudugudu wa Kamuhirwa, mu Kagari ka Kamurera, mu Murenge wa Kamembe ku gicamunsi cyo ku wa Gatatu tariki ya 19 Ukwakira 2022.

Ushinzwe guhuza ibikorwa bya Polisi n’abaturage mu Ntara y’Iburengerazuba, Chief Inspector of Police (CIP) Mucyo Rukundo, yavuze ko Polisi yari ifite amakuru ko uyu Uhoraningoga asanzwe acuruza urumogi akura muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Yagize ati “Ku wa Gatatu ni bwo twahamagawe n’umuturage wo mu Mudugudu wa Kamuhirwa, avuga ko amubonye afite umufuka bikekwa ko urimo iurumogi.”
CIP Mucyo Rukundo avuga ko Polisi yahise itegura igikorwa cyo gufata uyu mugabo, ndetse ikaza kumufata.

Ati “Abapolisi bamugwa gitumo muri uriya Mudugudu wa Kamuhirwa afite umufuka wari urimo udupfunyika 4 900 tw’urumogi ahita atabwa muri yombi, Abapolisi bagiye kumusaka iwe mu rugo mu Mudugudu wa Kadasomwa, mu Kagari ka Kamashangi basangayo utundi dupfunyika 700 twari mu gafuka kari gateretse mu cyumba araramo.”

Akimara gufatawa, yemereye Polisi ko asanzwe acuruza urumogi ndetse ko n’urwo yafatanywe yari yarukuye muri Congo mu rukerero rw’uwo munsi yafatiweho.

Uyu mugabo akimara gufatwa, yashyikirijwe Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) kuri sitasiyo ya Kamembe ndetse n’ibiyobyabwenge yafatanywe.

Gusa yavuze ko yari yaruhawe n’uwitwa Mama Linda bari bumvikanye ko ari bumushyire ibihumbi 300 Frw nyuma yo kurugurisha.

CIP Rukundo yaburiye abijandika muri ibi bikorwa bibi by’ubucuruzi w’ibiyobyabwenge, ati “Gushora amafaranga mu biyobyabwenge ni ukuyatwika kuko isaha iyo ari yo yose byafatwa, ubifatiwemo na we agafungwa, agasigara ari umutwaro ku muryango we n’Igihugu.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 5 =

Previous Post

Zambia: Minisitiri waje mu Nteko yambaye ikanzu ngo igakorogoshora Umudepite w’umugabo hari icyo yasabwe

Next Post

Na satani izamwihakana- Shaddyboo yaneguye uwamushushanyije akamugira ukuntu gutangaje

Related Posts

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

by radiotv10
30/01/2026
0

The Ministry of Education in partnership with MTN Rwanda, today officially launched the Digital Skills for Digital Jobs (DSDJ) initiative,...

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

by radiotv10
30/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu batatu barimo Barafinda Sekikubo Fred wigeze kwiyita Umunyapolitiki w’akataraboneka, akanajya kuri Komisiyo y’Amatora avuga ko...

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida w’Inama y’Abaminisitiri ya Togo, Faure Essozimna Gnassingbé wanahawe inshingano na Afurika Yunze Ubumwe z’ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo...

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

IZIHERUKA

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce
MU RWANDA

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

by radiotv10
30/01/2026
0

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

30/01/2026
Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

30/01/2026
Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

29/01/2026
Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Na satani izamwihakana- Shaddyboo yaneguye uwamushushanyije akamugira ukuntu gutangaje

Na satani izamwihakana- Shaddyboo yaneguye uwamushushanyije akamugira ukuntu gutangaje

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.