Tuesday, May 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Uwamamaye mu itangazamakuru mu Rwanda yamaze kwinjira mu mwuga w’ubucungagereza muri America

radiotv10by radiotv10
12/05/2026
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Uwamamaye mu itangazamakuru mu Rwanda yamaze kwinjira mu mwuga w’ubucungagereza muri America
Share on FacebookShare on Twitter

MC Murenzi wakoze umwuga w’itangazamakuru mu Rwanda byumwihariko mu biganiro by’imyidagaduro wanabaye umushyushyarugamba (MC) usigaye aba muri Leta Zunze Ubumwe za America, yamaze kuba umucungagereza w’i New York.

Murenzi Kamatari wamenyekanye cyane akora itangazamakuru yo yahoze ari Radio Contact FM, umaze imyaka 14 yimukiye muri America, ubu yinjiye mu mwuga w’ubucungagereza nyuma yo gusoza amasomo yawo yari amazemo iminsi.

Amakuru dukesha ikinyamakuru cyitwa Igihe, avuga ko uyu wamamaye mu myidagaduro yo mu Rwanda, ubu yamaze kuba umwe mu bacungagereza bo mu Mujyi wa New York muri Leta Zunze Ubumwe za America.

MC Murenzi yamenyekanye mu myaka yatambutse ubwo yari umunyamakuru w’ibiganiro by’imyidagaduro yakoraga kuri Radio yahoze yitwa Contact FM, aho yakoraga ikiganiro ‘Route 66’ kiri mu byakunzwe n’abatari bacye mu Rwanda.

Ni umwe mu banyamakuru akaba n’umushyushyarugamba (MC) wakanyujijeho mu bihe bye, ariko aza kwimukira hanze y’u Rwanda, muri Leta Zunze Ubumwe za America muri 2012.

MC Murenzi, umwaka ushize yari mu Rwanda, aho yanitabiriye igitaramo cy’urwenya kizwi nka Gen Z Comedy, nk’umutumirwa, yanavugiyemo bimwe mu byamuranze n’uburyo yinjiye mu mwuga w’itangazamakuru.

Ubwo yari mu Rwanda kandi, yanateguye igikorwa kizwi nka na Kigali StreetBall, cyahuje abanyampano mu ngeri zinyuranye, bagaragaje impano bafite, ndetse abitwaye neza baranahembwa.

Icyo gihe, MC Murenzi yanizeje ko igikorwa nk’iki cyabayeho mu bihe byatambutse ariko kikaba cyari cyarahagaze, agiye kukigarura mu buryo ngarukamwaka.

MC Murenzi ubu ni umucungagereza muri America
Yamenyekanye cyane mu mwuga w’itangazamakuru mu Rwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − thirteen =

Previous Post

Hashyizweho uburyo bushya bwo korohereza abagura ibinyabiziga mu Rwanda mu ihererekanya

Related Posts

Uzwi mu myidagaduro y’u Rwanda akurikiranyweho ibirimo kuruma ugutwi umugore we

Uzwi mu myidagaduro y’u Rwanda akurikiranyweho ibirimo kuruma ugutwi umugore we

by radiotv10
12/05/2026
0

Umuhanzi w’umuraperi Hahirwabasenga Thimotee uzwi nka Sky2, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gukubita no gukomeretsa,...

Minisitiri Dr.Utumatwishima yanenze uwamenyekanye mu myidagaduro mu Rwanda watangaje ibinyoma byibasira Ubuyobozi

Uko Minisitiri Utumatwishima yakiranuye impaka zazamukiye ku mushinga w’umwe mu rubyiruko wagize imbogamizi

by radiotv10
08/05/2026
0

Minisitiri w’Urubyiruko n’Ubuhanzi, Dr. Utumatwishima Jean Nepo Abdallah yasabye urubyiruko kutajya rwihutira guca imanza ku bintu rudafiteho amakuru ahagije, nyuma...

The Reality of Modern Dating Among Young People in Rwanda

The Reality of Modern Dating Among Young People in Rwanda

by radiotv10
08/05/2026
0

Dating in Rwanda is no longer what it used to be. Not long ago, relationships often began through mutual friends,...

Did you know that what you do during your weekends says a lot about you

Did you know that what you do during your weekends says a lot about you

by radiotv10
08/05/2026
0

There’s something about weekends that quietly reveals who we are when the pressure of school, work, deadlines, and routines disappears....

Kimenyi umugabo wa Miss Muyango yemeje iby’urukundo rwe rushya

Kimenyi umugabo wa Miss Muyango yemeje iby’urukundo rwe rushya

by radiotv10
07/05/2026
0

Kimenyi Yves wakiniye amakipe anyuranye mu Rwanda n’iy’Igihugu, wasezeranye mu buryo bwemewe na Muyango Claudine, yahamije ko ubu ari mu...

IZIHERUKA

Uwamamaye mu itangazamakuru mu Rwanda yamaze kwinjira mu mwuga w’ubucungagereza muri America
IBYAMAMARE

Uwamamaye mu itangazamakuru mu Rwanda yamaze kwinjira mu mwuga w’ubucungagereza muri America

by radiotv10
12/05/2026
0

Hashyizweho uburyo bushya bwo korohereza abagura ibinyabiziga mu Rwanda mu ihererekanya

Hashyizweho uburyo bushya bwo korohereza abagura ibinyabiziga mu Rwanda mu ihererekanya

12/05/2026
East African Physiology quiz and teaching workshop promotes medical education in the region

East African Physiology quiz and teaching workshop promotes medical education in the region

12/05/2026
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda zirwanira ku Butara yageneye ubutumwa abasirikare bari muri Centrafrique

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda zirwanira ku Butara yageneye ubutumwa abasirikare bari muri Centrafrique

12/05/2026
Perezida Kagame yitabiriye umusangiro wahuriyemo Abakuru b’Ibihugu binyuranye muri Kenya

Perezida Kagame yitabiriye umusangiro wahuriyemo Abakuru b’Ibihugu binyuranye muri Kenya

12/05/2026
Hatanzwe umucyo ku ikipe izahabwa Igikombe cya Shampiyona y’u Rwanda igihe iyo muri Sudan yasoza iyoboye

Hatanzwe umucyo ku ikipe izahabwa Igikombe cya Shampiyona y’u Rwanda igihe iyo muri Sudan yasoza iyoboye

12/05/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Uwamamaye mu itangazamakuru mu Rwanda yamaze kwinjira mu mwuga w’ubucungagereza muri America

Hashyizweho uburyo bushya bwo korohereza abagura ibinyabiziga mu Rwanda mu ihererekanya

East African Physiology quiz and teaching workshop promotes medical education in the region

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.