MC Murenzi wakoze umwuga w’itangazamakuru mu Rwanda byumwihariko mu biganiro by’imyidagaduro wanabaye umushyushyarugamba (MC) usigaye aba muri Leta Zunze Ubumwe za America, yamaze kuba umucungagereza w’i New York.
Murenzi Kamatari wamenyekanye cyane akora itangazamakuru yo yahoze ari Radio Contact FM, umaze imyaka 14 yimukiye muri America, ubu yinjiye mu mwuga w’ubucungagereza nyuma yo gusoza amasomo yawo yari amazemo iminsi.
Amakuru dukesha ikinyamakuru cyitwa Igihe, avuga ko uyu wamamaye mu myidagaduro yo mu Rwanda, ubu yamaze kuba umwe mu bacungagereza bo mu Mujyi wa New York muri Leta Zunze Ubumwe za America.
MC Murenzi yamenyekanye mu myaka yatambutse ubwo yari umunyamakuru w’ibiganiro by’imyidagaduro yakoraga kuri Radio yahoze yitwa Contact FM, aho yakoraga ikiganiro ‘Route 66’ kiri mu byakunzwe n’abatari bacye mu Rwanda.
Ni umwe mu banyamakuru akaba n’umushyushyarugamba (MC) wakanyujijeho mu bihe bye, ariko aza kwimukira hanze y’u Rwanda, muri Leta Zunze Ubumwe za America muri 2012.
MC Murenzi, umwaka ushize yari mu Rwanda, aho yanitabiriye igitaramo cy’urwenya kizwi nka Gen Z Comedy, nk’umutumirwa, yanavugiyemo bimwe mu byamuranze n’uburyo yinjiye mu mwuga w’itangazamakuru.
Ubwo yari mu Rwanda kandi, yanateguye igikorwa kizwi nka na Kigali StreetBall, cyahuje abanyampano mu ngeri zinyuranye, bagaragaje impano bafite, ndetse abitwaye neza baranahembwa.
Icyo gihe, MC Murenzi yanizeje ko igikorwa nk’iki cyabayeho mu bihe byatambutse ariko kikaba cyari cyarahagaze, agiye kukigarura mu buryo ngarukamwaka.



RADIOTV10











