Tuesday, May 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Mu minsi itatu Kiliziya Gatulika mu Rwanda ipfushije Abihayimana batatu

radiotv10by radiotv10
12/05/2026
in MU RWANDA
0
Mu minsi itatu Kiliziya Gatulika mu Rwanda ipfushije Abihayimana batatu
Share on FacebookShare on Twitter

Abihayimana batatu barimo Abapadiri babiri n’Umufurere umwe muri Kiliziya Gatulika mu Rwanda barimo babiri bo muri Diyoseze ya Byumba, bitabye Imana mu minsi itatu.

Abitabye Imana, ni Padiri Jean Baptiste Mendiondo wari uzwi ku Izina rya Habineza witabye Imana ku ya 09 Gicurasi 2026.

Uyu ukomoka mu Bufaransa, ni na ho yitabiye Imana, aho yabaga mu nzu y’abageze mu zabukuru ya Arditeya Kambo, aho yitabye Imana azize uburwayi nk’uko byatangajwe na Musenyeri wa Diyoseze ya Nyundo, Anaclet Mwumvaneza.

Itangazo rya Diyoseze ya Nyundo rivuga ko Musenyeri Mwumvaneza “ababajwe no kumenyesha Abepiskopi, abapadiri, abihayimana, abakirisitu, inshuti n’abavandimwe ko Padiri Jean Baptiste Mendiondo, wari uzwi nka Habineza, yitabye Imana ku wa gatandatu tariki ya 9 Gicurasi 2026, aho yabaga mu Bufaransa mu nzu z’abageze mu zabukuru, azize uburwayi.”

Padiri Jean Baptiste Mendiondo azwi cyane mu muhamagaro w’ubusasiridoti muri Diyosezi ya Nyundo, yamenyekanye cyane mu myaka yo mu 1960.

Nanone kandi undi Mupadiri muri Kiliziya Gatulika y’u Rwanda, ari we Bagirubwami Donat wakoraga umuhamagaro w’Ubusaseridoti muri Diyosezi ya Byumba, na we yitabye Imana mu ijoro ryo ku ya 12 Gicurasi.

Itangazo rya Diyoseze ya Byumba, rivuga ko “Nyiricyubahiro Musenyeri Papias Musengimana afatanyije n’Umuryango wa Padiri Donat Bigirubwira ababajwe no kumenyesha Abepisikopi, Abasaseridoti, Abihayimana n’Abakrist bose ba Diyoseze Gatolika ya Byumba, abavandimwe n’inshuti ko uwp Padiri Donat Bigirubwira yitabye Imana kuri uyu wa Kabiri tariki ya 12 Gicurasi 2026 mu Bitaro bya Byumba.”

Iyi Diyoseze ya Byumba kandi yapfushije Umufurere, ari we Julien Nimusabimanazatwumva na we watabarutse kuri uyu wa Kabiri.

Padiri Jean Baptiste Mendiondo wari uzwi ku Izina rya Habineza
Bagirubwira Donat na we yitabye Imana
Na Frere Julien

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 + 13 =

Previous Post

Trump yanditse ubutumwa asaba ko Obama atabwa muri yombi agakurikiranwa

Related Posts

Hashyizweho uburyo bushya bwo korohereza abagura ibinyabiziga mu Rwanda mu ihererekanya

Hashyizweho uburyo bushya bwo korohereza abagura ibinyabiziga mu Rwanda mu ihererekanya

by radiotv10
12/05/2026
0

Ikigo cy'Imisoro n'Amahoro (RRA) cyashyizeho uburyo bushya bwongewe muri sisiteme y’imisoro, buzafasha abagura n’abagurisha ibinyabiziga na ba Noteri bigenga, mu...

East African Physiology quiz and teaching workshop promotes medical education in the region

East African Physiology quiz and teaching workshop promotes medical education in the region

by radiotv10
12/05/2026
0

Kigali, Rwanda- Students, lecturers, researchers, and healthcare professionals from different universities across Africa say the East African Physiology Quiz and...

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda zirwanira ku Butara yageneye ubutumwa abasirikare bari muri Centrafrique

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda zirwanira ku Butara yageneye ubutumwa abasirikare bari muri Centrafrique

by radiotv10
12/05/2026
0

Umugaba w’Ingabo zirwanira ku butaka muri RDF, Maj Gen Vincent Nyakarundi yasuye abasirikare b’u Rwanda bari mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye...

Perezida Kagame yitabiriye umusangiro wahuriyemo Abakuru b’Ibihugu binyuranye muri Kenya

Perezida Kagame yitabiriye umusangiro wahuriyemo Abakuru b’Ibihugu binyuranye muri Kenya

by radiotv10
12/05/2026
0

Perezida Paul Kagame yifatanyije n’abandi Bakuru b’Ibihugu na za Guverinoma mu gikorwa cyo kwakirwa ku meza cyayobowe na Perezida William...

Umujyi wa Kigali wakemuye kibazo cy’abawishyuzaga miliyoni 10Frw bakoreye mu mezi umunani ashize

Umujyi wa Kigali wakemuye kibazo cy’abawishyuzaga miliyoni 10Frw bakoreye mu mezi umunani ashize

by radiotv10
12/05/2026
0

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwemeje ko bwakemuye ikibazo cy’abakoze imirimo yo gutera ubusitani muri uyu Mujyi ubwo mu Rwanda habaga...

IZIHERUKA

Mu minsi itatu Kiliziya Gatulika mu Rwanda ipfushije Abihayimana batatu
MU RWANDA

Mu minsi itatu Kiliziya Gatulika mu Rwanda ipfushije Abihayimana batatu

by radiotv10
12/05/2026
0

Trump yanditse ubutumwa asaba ko Obama atabwa muri yombi agakurikiranwa

Trump yanditse ubutumwa asaba ko Obama atabwa muri yombi agakurikiranwa

12/05/2026
Umuryango mpuzamahanga utewe impungenge n’ibiherutse gutangazwa na Tshisekedi

Umuryango mpuzamahanga utewe impungenge n’ibiherutse gutangazwa na Tshisekedi

12/05/2026
Uwamamaye mu itangazamakuru mu Rwanda yamaze kwinjira mu mwuga w’ubucungagereza muri America

Uwamamaye mu itangazamakuru mu Rwanda yamaze kwinjira mu mwuga w’ubucungagereza muri America

12/05/2026
Hashyizweho uburyo bushya bwo korohereza abagura ibinyabiziga mu Rwanda mu ihererekanya

Hashyizweho uburyo bushya bwo korohereza abagura ibinyabiziga mu Rwanda mu ihererekanya

12/05/2026
East African Physiology quiz and teaching workshop promotes medical education in the region

East African Physiology quiz and teaching workshop promotes medical education in the region

12/05/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mu minsi itatu Kiliziya Gatulika mu Rwanda ipfushije Abihayimana batatu

Trump yanditse ubutumwa asaba ko Obama atabwa muri yombi agakurikiranwa

Umuryango mpuzamahanga utewe impungenge n’ibiherutse gutangazwa na Tshisekedi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.