• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Mu minsi itatu Kiliziya Gatulika mu Rwanda ipfushije Abihayimana batatu

radiotv10by radiotv10
12/05/2026
in MU RWANDA
0
Mu minsi itatu Kiliziya Gatulika mu Rwanda ipfushije Abihayimana batatu
Share on FacebookShare on Twitter

Abihayimana batatu barimo Abapadiri babiri n’Umufurere umwe muri Kiliziya Gatulika mu Rwanda barimo babiri bo muri Diyoseze ya Byumba, bitabye Imana mu minsi itatu.

Abitabye Imana, ni Padiri Jean Baptiste Mendiondo wari uzwi ku Izina rya Habineza witabye Imana ku ya 09 Gicurasi 2026.

Uyu ukomoka mu Bufaransa, ni na ho yitabiye Imana, aho yabaga mu nzu y’abageze mu zabukuru ya Arditeya Kambo, aho yitabye Imana azize uburwayi nk’uko byatangajwe na Musenyeri wa Diyoseze ya Nyundo, Anaclet Mwumvaneza.

Itangazo rya Diyoseze ya Nyundo rivuga ko Musenyeri Mwumvaneza “ababajwe no kumenyesha Abepiskopi, abapadiri, abihayimana, abakirisitu, inshuti n’abavandimwe ko Padiri Jean Baptiste Mendiondo, wari uzwi nka Habineza, yitabye Imana ku wa gatandatu tariki ya 9 Gicurasi 2026, aho yabaga mu Bufaransa mu nzu z’abageze mu zabukuru, azize uburwayi.”

Padiri Jean Baptiste Mendiondo azwi cyane mu muhamagaro w’ubusasiridoti muri Diyosezi ya Nyundo, yamenyekanye cyane mu myaka yo mu 1960.

Nanone kandi undi Mupadiri muri Kiliziya Gatulika y’u Rwanda, ari we Bagirubwami Donat wakoraga umuhamagaro w’Ubusaseridoti muri Diyosezi ya Byumba, na we yitabye Imana mu ijoro ryo ku ya 12 Gicurasi.

Itangazo rya Diyoseze ya Byumba, rivuga ko “Nyiricyubahiro Musenyeri Papias Musengimana afatanyije n’Umuryango wa Padiri Donat Bigirubwira ababajwe no kumenyesha Abepisikopi, Abasaseridoti, Abihayimana n’Abakrist bose ba Diyoseze Gatolika ya Byumba, abavandimwe n’inshuti ko uwp Padiri Donat Bigirubwira yitabye Imana kuri uyu wa Kabiri tariki ya 12 Gicurasi 2026 mu Bitaro bya Byumba.”

Iyi Diyoseze ya Byumba kandi yapfushije Umufurere, ari we Julien Nimusabimanazatwumva na we watabarutse kuri uyu wa Kabiri.

Padiri Jean Baptiste Mendiondo wari uzwi ku Izina rya Habineza
Bagirubwira Donat na we yitabye Imana
Na Frere Julien

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × two =

Previous Post

Trump yanditse ubutumwa asaba ko Obama atabwa muri yombi agakurikiranwa

Next Post

Uwamamaye mu itangazamakuru mu Rwanda yamaze kwinjira mu mwuga w’ubucungagereza muri America

Related Posts

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

by radiotv10
01/06/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, is currently in Seoul, South Korea, where he is...

Next Post
Uwamamaye mu itangazamakuru mu Rwanda yamaze kwinjira mu mwuga w’ubucungagereza muri America

Uwamamaye mu itangazamakuru mu Rwanda yamaze kwinjira mu mwuga w’ubucungagereza muri America

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.