Tuesday, May 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Trump yanditse ubutumwa asaba ko Obama atabwa muri yombi agakurikiranwa

radiotv10by radiotv10
12/05/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Trump yanditse ubutumwa asaba ko Obama atabwa muri yombi agakurikiranwa
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za America, yongeye kwibasira Barack Obama yasimbuye ku butegetsi muri manda ya mbere, asaba ko atabwa muri yombi, amushinja ubugambanyi.

Mu butumwa bunyuranye yanyujije ku mbuga nkoranyambaga nka ‘Truth’, Perezida Trump yashyize ahagaragara inyandiko isaba ko umudemokarate Obama wayoboye Igihugu kuva mu 2009 kugeza muri 2017, aburanishwa ku cyaha cy’ubugambanyi.

Mu butumwa 54 Trump yashyize ahagaragara mu masaha agera kuri atanu, harimo imwe ivuga ko Obama ari “demonic” [umuntu w’umugome cyane].

Ibyinshi Trump yavuze kuri Obama ku rubuga rwe rwa Truth Social. Inyandiko ye yashyizeho mu ijoro nyuma y’aho yibasiwe avugwaho gusinzira mu birori byabereye muri White House.

Imwe muri izo nyandiko za Trump ashinja Obama ubugambanyi, ngo kuko yakoresheje umutungo wa Leta mu kumuneka mbere y’amatora ya 2016, ikintu Trump yari yaravuze mbere ko ari “icyaha cya politiki gikomeye cyabayeho mu mateka ya America, kugeza ubu.”

Indi nyandiko yashyizeho nyuma, Trump na bwo yavuze ibirego ashinja abayobozi b’abadipolomate, avuga ati “Bose bafatwe Bakurikiranwe bose. Bafungirwe icyarimwe kubera ubuhemu, ubugambanyi, n’umugambi wo guhirika ubutegetsi bwa Leta Zunze Ubumwe za America. Ariko mbere na mbere Barack Obama.”

Ubundi butumwa bwibasira Obama, ni ubwanyujijwe kuri MAGA X rwa Catturd, rwavugaga ko Obama yari yavumbuye ibimenyetso byerekana ko u Burusiya bwariho bwivanga mu matora ya 2016 kugira ngo bufashe Trump. Catturd yagize ati “Ta muri yombi Obama umugambanyi.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four + twelve =

Previous Post

Umuryango mpuzamahanga utewe impungenge n’ibiherutse gutangazwa na Tshisekedi

Related Posts

Umuryango mpuzamahanga utewe impungenge n’ibiherutse gutangazwa na Tshisekedi

Umuryango mpuzamahanga utewe impungenge n’ibiherutse gutangazwa na Tshisekedi

by radiotv10
12/05/2026
0

Umuryango Human Rights Foundation (HRF) uharanira uburenganzira bwa muntu wibanda ku kurwanya ubutegetsi bw’igitugu, watangaje ko uhangayikishijwe n’ibiherutse gutangazwa na...

Trump acyanga ubusabe bwa Iran ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bizamuka

Trump acyanga ubusabe bwa Iran ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bizamuka

by radiotv10
11/05/2026
0

Ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli byahise bizamuka nyuma yuko Perezida Donald Trump ateye utwatsi icyifuzo cya Iran cyo mu nzira y’amasezerano...

Abanyamulenge batangiye guhungisha amatungo yabo nyuma yuko AFC/M23 itangiye kuva mu gace kamwe

Abanyamulenge batangiye guhungisha amatungo yabo nyuma yuko AFC/M23 itangiye kuva mu gace kamwe

by radiotv10
11/05/2026
0

Abanyekongo b’Abanyamulenge batangiye guhunga n’amatungo yabo bava mu gace ka Ruzizi nyuma yuko Ihuriro AFC/M23 ritangiye kuva muri aka gace...

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Biravugwa ko AFC/M23 yakuye abarwanyi bayo mu bindi bice byinshi muri Kivu y’Epfo

by radiotv10
11/05/2026
0

Ihuriro AFC/M23 ryatangiye kuvana ku bushake abarwanyi baryo mu bice binyuranye byo mu Ntara ya Kivu y’Epfo ryari rimaze igihe...

Hateganyijwe ibiganiro hagati y’amashyaka ari ku butegetsi mu Burundi no muri Uganda

Hateganyijwe ibiganiro hagati y’amashyaka ari ku butegetsi mu Burundi no muri Uganda

by radiotv10
11/05/2026
0

Révérien Ndikuriyo, Umunyamabanga Mukuru w’Ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi, ari i Kampala muri Uganda, ku butumire bwa mugenzi...

IZIHERUKA

Trump yanditse ubutumwa asaba ko Obama atabwa muri yombi agakurikiranwa
AMAHANGA

Trump yanditse ubutumwa asaba ko Obama atabwa muri yombi agakurikiranwa

by radiotv10
12/05/2026
0

Umuryango mpuzamahanga utewe impungenge n’ibiherutse gutangazwa na Tshisekedi

Umuryango mpuzamahanga utewe impungenge n’ibiherutse gutangazwa na Tshisekedi

12/05/2026
Uwamamaye mu itangazamakuru mu Rwanda yamaze kwinjira mu mwuga w’ubucungagereza muri America

Uwamamaye mu itangazamakuru mu Rwanda yamaze kwinjira mu mwuga w’ubucungagereza muri America

12/05/2026
Hashyizweho uburyo bushya bwo korohereza abagura ibinyabiziga mu Rwanda mu ihererekanya

Hashyizweho uburyo bushya bwo korohereza abagura ibinyabiziga mu Rwanda mu ihererekanya

12/05/2026
East African Physiology quiz and teaching workshop promotes medical education in the region

East African Physiology quiz and teaching workshop promotes medical education in the region

12/05/2026
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda zirwanira ku Butara yageneye ubutumwa abasirikare bari muri Centrafrique

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda zirwanira ku Butara yageneye ubutumwa abasirikare bari muri Centrafrique

12/05/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Trump yanditse ubutumwa asaba ko Obama atabwa muri yombi agakurikiranwa

Umuryango mpuzamahanga utewe impungenge n’ibiherutse gutangazwa na Tshisekedi

Uwamamaye mu itangazamakuru mu Rwanda yamaze kwinjira mu mwuga w’ubucungagereza muri America

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.