• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umuryango mpuzamahanga utewe impungenge n’ibiherutse gutangazwa na Tshisekedi

radiotv10by radiotv10
12/05/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Umuryango mpuzamahanga utewe impungenge n’ibiherutse gutangazwa na Tshisekedi
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango Human Rights Foundation (HRF) uharanira uburenganzira bwa muntu wibanda ku kurwanya ubutegetsi bw’igitugu, watangaje ko uhangayikishijwe n’ibiherutse gutangazwa na Perezida Félix Tshisekedi ko ashaka manda ya gatatu nyamara yaranagiye ku butegetsi habayeho uburiganya mu matora ya manda ya mbere, ukavuga ko aramutse akomeje kuyobora DRC byakomeza guteza akaga igi Gihugu.

Uyu muryango wabitangaje mu itangazo washyize hanze nyuma yuko Perezida Félix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ahamije umugambi wo guhindura Itegeko Nshinga, kugira ngo akomeze gutegeka iki Gihugu.

Uyu muryango HRF watangaje ko “ihangayikishijwe n’ibyatangajwe y’umuyobozi wa DRC, Félix Tshisekedi, agaragaza ko ashishikajwe no kugumana ubutegetsi kurenza igihe giteganywa n’Itegeko Nshinga, ndetse n’igitekerezo cye cy’uko amatora yo mu 2028 muri icyo Gihugu ashobora gutinda kubera amakimbirane ari mu burasirazuba bwa DRC.”

Uyu muryango kandi uvuga byaba bibabaje kuba Tshisekedi yaguma ku butegetsi nyamara yaranabugiyeho muri manda ya mbere abanje kwiba amajwi mu matora y’Umukuru w’Igihugu.

Uti “HRF ihangayikishijwe n’uko Tshisekedi wagiye ku butegetsi akabugumahomu matora ya mbere y’uburiganya, ari kuyobora Igihugu akiganira mu bibazo bya politiki, anakomeje gukora uburiganya kugira ngo abugumane mu buryo butemewe n’amategeko.”

Uyu Muryango utangaje ibi nyuma yuko Tibor Nagy wahoze ari Umunyamabanga Wungirije wa Leta Zunze Ubumwe za America ushinzwe Afurika, na we agaragaje izi mpungenge.

Mu butumwa yatanze mu cyumweru gishize, uyu munyapolitiki, yavuze ko yicuza cyane kuba yarasabye Igihugu cye gushyigikira Felix Tshisekedi nk’uwatsinze amatora ya 2018, nyamara yari abize neza ko atari yatsinze.

Tibor Nagy wavuze ko yari yizeye ko Tshisekedi azazana itandukaniro mu miyoborere ariko akaza gusanga yaribeshye cyane, yagize ati “Kimwe mu bintu nicuza kurusha ibindi nakoze ubwo nari Umunyamabanga Wungirije wa Leta Zunze Ubumwe za America ushinzwe Africa ni ukuba narasabye America ko ishyigikira Tshisekedi nk’uwatsinze amatora ya Congo yo muri 2018.”

Bamwe mu banyapolitiki batavuga rumwe n’ubutegetsi muri DRC, na bo bahise bamaganira kure umugambi wa Tshisekedi wo guhindura Itegeko Nshinga, bavuga ko ibibazo iki Gihugu kirimo atari umwanya wo kwinjira muri ibi bikorwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − twenty =

Previous Post

Hashyizweho uburyo bushya bwo korohereza abagura ibinyabiziga mu Rwanda mu ihererekanya

Next Post

Trump yanditse ubutumwa asaba ko Obama atabwa muri yombi agakurikiranwa

Related Posts

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

by radiotv10
01/06/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America zatangaje ko zagabye ibitero ku birindiro by’Ingabo za Iran, mu gihe iki Gihugu na cyo...

Next Post
Trump yanditse ubutumwa asaba ko Obama atabwa muri yombi agakurikiranwa

Trump yanditse ubutumwa asaba ko Obama atabwa muri yombi agakurikiranwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

How people stay financially stable

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.