• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hashyizweho uburyo bushya bwo korohereza abagura ibinyabiziga mu Rwanda mu ihererekanya

radiotv10by radiotv10
12/05/2026
in MU RWANDA
0
Hashyizweho uburyo bushya bwo korohereza abagura ibinyabiziga mu Rwanda mu ihererekanya
Share on FacebookShare on Twitter

Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro (RRA) cyashyizeho uburyo bushya bwongewe muri sisiteme y’imisoro, buzafasha abagura n’abagurisha ibinyabiziga na ba Noteri bigenga, mu gukora ihererekanya ryabyo.

Byatangajwe na RRA mu itangazo yashyize hanze, rivuga ko “Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro (RRA) kiramenyesha abantu bose bagurisha, abagura ndetse na ba noteri bigenga ko hari uburyo bushya bwongerewe muri sisitemu y’Imisoro (e-tax) mu gice cya Serivisi z’Ibinyabiziga.”

Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro, gikomeza kigira kiti “Ibi byakozwe kugira ngo abakenera Serivisi z’Ihererekanya mu mucyo no kubahiriza amategeko mu gihe cy’ihererekanya ry’ibinyabiziga.”

Hifashishijwe ubu buryo bushya, ubu ugurishije ikinyabiziga azajya asaba imibare y’ibanga azajya asangiza ugiye kugura ikinyabiziga cye hamwe na noteri wigenga uri bwemeze amasezerano yabo y’ubugure, kugira ngo barebe ko icyo kinyabiziga nta birarane by’imisoro gifite, kidatambamiwe cyangwa ikindi kibazo cyatuma ihererekanya ridakunda.

RRA ikagira iti “Abanoteri bigenga na bo barasabwa gukoresha no kwemeza amasezerano y’ubugure akurwa muri sistemu y’Imisoro gusa ndetse bakanagenzura ukuri n’umwimerere w’ibikorwa bigendanye n’iryo gura n’igurisha.”

Abagura n’abagurisha ibinyabiziga ntibakore ihererekanya, bamaze iminsi baburirwa kubikora, kuko hari ibihano bibategereje mu gihe batabikoze mu gihe cyagenwe.

Mu ntangiro z’ukwezi gushize, Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro cyari cyagaragaje urutonde rw’ibinyabiziga 264, byari byasabwe ko ababiguze n’ababigurishije bakora ihererekanya ryabyo mu gihe kitarenze iminsi 30.

Mu itangazo ryari ryashyizwe hanze na RRA tariki 02 Mata, yari yavuze ko “abazaba banze kwakira mutation mu gihe cy’iminsi 30 uhereye igihe itangazo risohokeye, ibyo binyabiziga bizahagarikwa mu muhanda kugeza igihe ihererekanya ribereyeho cyangwa ibindi biteganywa n’amategeko byubahirizwa.”

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga yatangaje ko iyo ikinyabiziga kitakorewe mutation, bitera ibibazo mu kubaza inshingano mu gihe bibaye ngombwa, kuko kubona ukurikiranwa bigora.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 − 11 =

Previous Post

East African Physiology quiz and teaching workshop promotes medical education in the region

Next Post

Umuryango mpuzamahanga utewe impungenge n’ibiherutse gutangazwa na Tshisekedi

Related Posts

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

by radiotv10
01/06/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, is currently in Seoul, South Korea, where he is...

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

by radiotv10
01/06/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe ari i Seoul muri Korea y’Epfo, aho yitabiriye Inama y’ubufatanye bw’iki Gihugu n’Umugabane...

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

by radiotv10
01/06/2026
0

A home should be the place where your body relaxes and your mind slows down after a long day. But...

Next Post
Umuryango mpuzamahanga utewe impungenge n’ibiherutse gutangazwa na Tshisekedi

Umuryango mpuzamahanga utewe impungenge n’ibiherutse gutangazwa na Tshisekedi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.