Saturday, January 3, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Uwapfuye urupfu rutunguranye yashyinguwe mu buryo bwateje impaka bashinja ubuyobozi

radiotv10by radiotv10
29/03/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Uwapfuye urupfu rutunguranye yashyinguwe mu buryo bwateje impaka bashinja ubuyobozi
Share on FacebookShare on Twitter

Abo mu muryango w’umuturage wo mu Murenge wa Bweramana mu Karere ka Ruhango, wapfuye urupfu rutunguranye, baravuga ko ubuyobozi bwabashyizeho igitutu bigatuma bamushyingura shishi itabona muri shitingi, none ngo byabasigiye agahinda.

Mukamuhizi Claudine w’imyaka 45 yitabye Imana mu ijoro ryo ku wa Gatandatu, mu Mudugudu wa Mukingi, mu Kagari ka Rwinyana mu Murenge wa Bweramana, aho yari atuye.

Umuryango wa nyakwigendera uvuga ko yapfuye urupfu rutunguranye kuko nta burwayi yari afite, ariko ko ibyo batirirwa babitindaho kuko Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rwabikozeho iperereza.

Gusa ngo icyabasigiye agahinda, ni uburyo yashyinguwemo butabanejeje nkuko bivugwa na bamwe mu bo mu muryango wa nyakwigendera.

Bavuga ko ubuyobozi bwabasabye gushyingura uyu muntu wabo shishi itabona, mu gihe iyo bitonda bari gushaka ubushobozi bakamuherekeza neza.

Umwe yagize ati “Yashyinguwe nabi byaratubabaje kuko yashyinguwe nta sanduku, ibintu byihuta cyane kandi twarashaka ko yashyingurwa neza mu cyubahiro, tukamushakira isanduku ariko ntibyakunze kuko bashakaga ko duhita tubikora vuba vuba. Badushyizeho igitutu.”

Aba baturage bavuga ko ubuyobozi bwabasabaga gushyingura uyu muntu mu buryo bwihuse, bubabwira ko nibatamushyingura byihuse, bamumusigira bakirwariza.

Undi ati “Leta se ko yatuzaniye shitingi bati ‘nimukore ibyihuta’, bati ‘tugiye gupimisha umuntu wa muganga, nituvayo dusange mwabonye ishyamba umuntu mumushyingure’. Kumushyingura muri shitingi ntabwo byari bikwiye.”

Bavuga ko babanje no gusaba abayobozi ko baba baretse bakabanza bagashaka isanduku, ariko bakababera ibamba.

Undi ati “Baratubuwe bati ‘nta by’amasanduku, tubahaye shitingi nshyashya, ngo turamuhamba muri iyi shitingi’.”

Akomeza avuga ko byababaje, ati “Bidatanga isura mbi se kubona umuntu muzima ashyingurwa muri shitingi, ibyo ni ibintu bizima?”

Uyu muturage akomeza avuga ko nubwo uyu nyakwigendera yari umukene ariko n’ubuyobozi butari bukwiye gutuma umuturage wabwo ashyingurwa muri ubu buryo, ahubwo ko na bwo bwari gushaka uburyo bubona isanduku.

Ati “N’ubuyobozi bugomba guseba, twese twarasebye n’abaturanyi twarasebye, njye nanamenye ubwenge no guhamba mu misambi bitakibaho.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Bweramana, Ntivuguruzwa Emmanuel yavuze ko nta ruhare ubuyobozi bwagize mu ishyingurwa ry’uyu muturage.

Ati “Haba harabayeho uburangare bw’umuryango kugira ngo babe babikora muri ubwo buryo [gushyingura muri shitingi] ariko ntabwo ubwo burangare bujya bubaho ku buyobozi.”

Uyu muyobozi avuga ko umuryango wa nyakwigendera ushobora kuba warakekaga ko ubuyobozi buzawufasha mu bikorwa byo kumuherekeza ariko ko bwari bwabasobanuriye ko bubafasha mu gukora isuzuma ariko mu gushyingura bakirwariza.

 

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Comments 1

  1. Hakuzimana says:
    3 years ago

    Nonese abo baturage iyo ninkuru bahimbye uwo muyobozi nukwikura mukimwaro kuko ntiyabyemerera itangaza makuru.

    Arega abaturage rwararenganye cyane cyane twebwe Two mucyaro usanga abayobozi badufata nkabatagira ubwenge bityo bakatuyoboraba igitugu.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 + two =

Previous Post

Inteko y’Igihugu gikomeye ku Isi yatoye umwanzuro ujyanye no Kwibuka29

Next Post

Indi mpanuka ikomeye y’imodoka itwara abagenzi yo mu Rwanda yagoganiye n’indi muri Uganda

Related Posts

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

by radiotv10
02/01/2026
0

In today’s world, more and more people are turning to surgery to improve the way they look. From nose jobs...

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

IZIHERUKA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure
MU RWANDA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

02/01/2026
Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

02/01/2026
Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

02/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Indi mpanuka ikomeye y’imodoka itwara abagenzi yo mu Rwanda yagoganiye n’indi muri Uganda

Indi mpanuka ikomeye y’imodoka itwara abagenzi yo mu Rwanda yagoganiye n’indi muri Uganda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.