Wednesday, October 22, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uwari Ambasaderi wa Israel mu Rwanda yita iwabo ha kabiri yagaragaje uburyo ahishimira

radiotv10by radiotv10
20/08/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Uwari Ambasaderi wa Israel mu Rwanda yita iwabo ha kabiri yagaragaje uburyo ahishimira
Share on FacebookShare on Twitter

Dr Ron Adam wabaye Ambasaderi wa mbere w’Igihugu cya Israel mu Rwanda, yavuze ko yongeye kugirira ibihe byiza muri iki Gihugu cy’Imisozi Igihumbi afata nko mu rugo ha kabiri nyuma y’icyo akomokamo.

Yabitangaje mu butumwa yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X kuri uyu wa Gatatu tariki 20 Kanama 2025, aho yagaragaje ko yasubiye iwabo.

Dr Ron Adam yifashishije amafoto agaragaza ibihe by’ingenzi yagiriye mu Rwanda, yagize ati “Nongeye kugirira ibihe byiza mu rugo ha kabiri mu Rwanda. Tuzongera mu gihe cya vuba.”

Kimwe mu bikorwa yagaragaje ko yitabiriye, ni Igiterane All Women Together cyabaye ku nshuro yacyo ya 13 mu Mujyi wa Kigali, ndetse no kuba yarasuye imirima y’icyayi iri mu bigaragaza ubwiza bw’u Rwanda.

Ambasaderi Dr Ron Adam kandi yagaragaje ko yasuye ibikorwa binyuranye birimo iby’urubyiruko, nk’urukora ibikorwa by’ubugeni.

Kuva yasoza inshingano ze zo guhagararira Israel mu Rwanda, Amb. Dr Ron Adam yakomeje kugaragaza ko yishimiye u Rwanda, kandi ko ahora yifatanyije n’Abanyarwanda mu bihe by’ingenzi, aho yanitabiriye igikorwa cyo gutangiza Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi cyabereye i Tel Aviv, yanatangiyemo ubutumwa, yasoreshejemo intero izwi mu Rwanda igira iti “Intore ntiganya ishaka ibisubizo” we avuga ko ari Umugani wo mu Kinyarwanda wamunyuze.

Dr Ron Adam wabaye Ambasaderi wa Mbere wa Israel mu Rwanda, muri 2018, yarangije manda ye muri Kanama 2023, asimburwa na Einat Weiss.

Israel yafunguye ku mugaragaro Ambasade yayo mu Rwanda muri Gicurasi 2019, ari na bwo Ambasaderi Dr Ron Adam wari wahawe izi nshingano yatangiraga kuyikoreramo.

Yasuye n’urubyiruko rukora ubugeni
Dr Ron Adam ubwo yari Ambasaderi wa Israel mu Rwanda yitabiraga ibikorwa binyuranye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen + 16 =

Previous Post

Eng.-Rwanda deported 64 foreign youths over violence

Next Post

Eng.-Rwanda to announce high school graduates’ results before the academic year for the first time

Related Posts

Ingabo z’u Rwanda zagiranye ibiganiro n’iza Qatar na Somalia

Ingabo z’u Rwanda zagiranye ibiganiro n’iza Qatar na Somalia

by radiotv10
22/10/2025
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku Butaka, Maj Gen Vincent Nyakarundi; yakiriye mugenzi we wa Somalia, n’Umugaba Wungirije w’Ingabo za Qatar...

Buri wese yagize icyo avuga: Ubutumwa bw’Abasenateri bashyizweho na Perezida Kagame

Buri wese yagize icyo avuga: Ubutumwa bw’Abasenateri bashyizweho na Perezida Kagame

by radiotv10
22/10/2025
0

Abasenateri bane bashyizweho na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame; bamushimiye icyizere yabagiriye cyo gukomeza gukorera Igihugu, bamwizeza kuzakorana umurava. Aba...

Ibyifuzo bitangwa n’abaherutse kwibasirwa n’ibiza bidasanzwe byabasize mu marira menshi

Ibyifuzo bitangwa n’abaherutse kwibasirwa n’ibiza bidasanzwe byabasize mu marira menshi

by radiotv10
22/10/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Murama mu Karere ka Kayoza baherutse guhura n’ibiza by’imvura byatwaye ubuzima bwa bamwe, bikanangiza...

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho Abasenateri bane barimo babiri bahoze muri Guverinoma y’u Rwanda

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho Abasenateri bane barimo babiri bahoze muri Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
21/10/2025
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yashyizeho Abasenateri bane nyuma yuko manda y’abo yari yashyizeho irangiye, barimo babiri bagarutse muri Sena...

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

by radiotv10
22/10/2025
3

Rwanda’s ambitious move to introduce a new digital identification system has sparked widespread curiosity among citizens and observers eager to...

IZIHERUKA

Umuhanzi Nyarwanda Josh yabwiye umugore we amagambo aryohereye
IBYAMAMARE

Umuhanzi Nyarwanda Josh yabwiye umugore we amagambo aryohereye

by radiotv10
22/10/2025
0

Impanuka ikomeye muri Uganda yahitanye benshi

Impanuka ikomeye muri Uganda yahitanye benshi

22/10/2025
Amakuru mashya y’urugamba rwa M23 yongeye kuvugwamo icyagaragayemo gifatwa nk’icyatunguranye

Amakuru agezweho mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC

22/10/2025
Ingabo z’u Rwanda zagiranye ibiganiro n’iza Qatar na Somalia

Ingabo z’u Rwanda zagiranye ibiganiro n’iza Qatar na Somalia

22/10/2025
Kigali igiye kwakira ibindi birori by’umukino w’amagare nyuma ya UCI Road World Championships

Kigali igiye kwakira ibindi birori by’umukino w’amagare nyuma ya UCI Road World Championships

22/10/2025
Buri wese yagize icyo avuga: Ubutumwa bw’Abasenateri bashyizweho na Perezida Kagame

Buri wese yagize icyo avuga: Ubutumwa bw’Abasenateri bashyizweho na Perezida Kagame

22/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Eng.-Rwanda to announce high school graduates’ results before the academic year for the first time

Eng.-Rwanda to announce high school graduates’ results before the academic year for the first time

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi Nyarwanda Josh yabwiye umugore we amagambo aryohereye

Impanuka ikomeye muri Uganda yahitanye benshi

Amakuru agezweho mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.