Tuesday, September 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Uwari Minisitiri muri Congo bwa mbere imbere y’Urukiko yahageze yakererewe

radiotv10by radiotv10
09/07/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Uwari Minisitiri muri Congo bwa mbere imbere y’Urukiko yahageze yakererewe
Share on FacebookShare on Twitter

Constant Mutamba wahoze ari Minisitiri w’Ubutabera muri Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ukurikiranyweho kunyereza miliyoni 19 USD yari yagenwe kubaka Gereza, yagejejwe imbere y’Urukiko, aza yakererewe, avuga ko byatewe n’umubyigano w’imodoka z’i Kinshasa.

Uyu wahoze muri Guverinoma ya Congo Kinshasa, ukurikiranyweho kunyereza Miliyoni 19 USD yari yaragenewe kubaka Gereza muri Kisangani, yagejejwe imbere y’Urukiko rusesa Imanza kuri uyu wa Gatatu tariki 09 Nyakanga 2025.

Ubwo yahabwaga ijambo mu Rukiko, Mutamba yabanje kwisegura ku Rukiko ku kuba yahageze akererewe, avuga ko byatewe n’umuvundo w’imodoka zari nyinshi mu mujyi wa Kinshasa.

Constant Mutamba yagize ati “Mu byukuri nakererewe mu nzira, kubera umuvundo w’imodoka w’i Kinshasa, nkaba naje kuburana ku ifungwa ry’agateganyo.”

Yitabye Urukiko kandi nyuma yuko abanyamategeko bamwunganira basabye ko urubanza rusubikwa, ariko rukabitera utwatsi, rugategeka ko agomba kwitaba.

Uyu munyapolitiki yagejejwe imbere y’Urukiko nyuma y’ukwezi yeguye ku nshingano zo kuba Minisitiri w’Ubutabera, aho yatanze ibaruwa y’ubwegure bwe tariki 17 Kamena.

Yeguye nyuma yuko Umushinjacyaha Mukuru w’Urukiko Rusesa imanza, yemeje ko agomba kumurikirana ku byaha birimo kunyereza miliyoni 19 USD zari zaragenewe kubaka Gereza ya Kisangani.

Uyu Mushinjacyaha yatangaje ko nyuma y’ibazwa ryakorewe uyu munyapolitiki, byagaragaye ko hari impamvu zikomeye zimwemerera gukomeza kumurikirana kubera ibyo yatangarije mu mabazwa yakorewe.

Constant Mutamba we ahakana ibyaha ashinjwa, akagera n’aho yegeka ku Rwanda ku mpamvu zo kuba akurikiranywe n’inzego z’ubutabera yahoze akuriye, aho aherutse gutangaza ko umugambi wo kugira ngo ajyanwe mu nzego z’ubutabera ngo wacuriwe i Kigali, ariko akaba ataragaragaje ibimenyetso.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × three =

Previous Post

Eng.-Nine of Tshisekedi’s family members including his wife face a legal complaint in Belgium

Next Post

Iby’ingenzi wamenya ku mukinnyi w’Umunyekongo wasinyiye Rayon Sports

Related Posts

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

by radiotv10
15/09/2025
0

Umugaba Mukuru w’Igisirikare cy’Ihuriro AFC/M23, Maj Gen Sultani Makenga, yasabye abasirikare 7 437 binjiye muri iki Gisirikare, ko bagomba kwitegura...

Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

by radiotv10
15/09/2025
0

Joseph Kabila Kabange wabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yageneye Abanyekongo ubutumwa, abamenyesha ko adashobora kwicara ngo arebere...

Agashya karanze Weekend: I Roma kwa Papa hagaragaye ibyanyuze benshi

Agashya karanze Weekend: I Roma kwa Papa hagaragaye ibyanyuze benshi

by radiotv10
15/09/2025
0

Mu birori binogeye ijisho byabereye ku mbuga ngari ya Kiliziya yitiriwe Mutagatifu Petero iri i Roma, Gimbal Musk, umuvandimwe w’umuherwe...

Icyo Trump yasubije abajijwe ubutumwa yagenera Netanyahu nyuma y’igitero yagabye kuri Qatar

Icyo Trump yasubije abajijwe ubutumwa yagenera Netanyahu nyuma y’igitero yagabye kuri Qatar

by radiotv10
15/09/2025
0

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za America, abajijwe ubutumwa yagenera Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, yavuze ko...

DRC: Hari Ishyaka ryemeje ko rizatangamo Kabila umukandida mu matora ya Perezida ya 2023

Eng.: In a strong message Joseph Kabila reveals what he wants for the Congolese

by radiotv10
15/09/2025
0

Joseph Kabila Kabange, the former president of the Democratic Republic of Congo, delivered a message to the Congolese people, stating...

IZIHERUKA

Umunyamakuru uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga ahita abona umusimbura
IBYAMAMARE

Umunyamakuru uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga ahita abona umusimbura

by radiotv10
16/09/2025
0

Hatangajwe intambwe ishimishije mu kugeza amashanyarari ku Baturarwanda mu myaka 25 hanateguzwa ibyiza imbere

Hatangajwe intambwe ishimishije mu kugeza amashanyarari ku Baturarwanda mu myaka 25 hanateguzwa ibyiza imbere

16/09/2025
Abaturiye ikiraro giteye impungenge bagaragaje icyo basaba

Abaturiye ikiraro giteye impungenge bagaragaje icyo basaba

16/09/2025
Digital Money: Is cash in hands slowly dying in Rwanda?

Digital Money: Is cash in hands slowly dying in Rwanda?

16/09/2025
Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma

15/09/2025
Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

15/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Iby’ingenzi wamenya ku mukinnyi w’Umunyekongo wasinyiye Rayon Sports

Iby’ingenzi wamenya ku mukinnyi w’Umunyekongo wasinyiye Rayon Sports

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakuru uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga ahita abona umusimbura

Hatangajwe intambwe ishimishije mu kugeza amashanyarari ku Baturarwanda mu myaka 25 hanateguzwa ibyiza imbere

Abaturiye ikiraro giteye impungenge bagaragaje icyo basaba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.