Wednesday, July 9, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Uwari Minisitiri muri Congo bwa mbere imbere y’Urukiko yahageze yakererewe

radiotv10by radiotv10
09/07/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Uwari Minisitiri muri Congo bwa mbere imbere y’Urukiko yahageze yakererewe
Share on FacebookShare on Twitter

Constant Mutamba wahoze ari Minisitiri w’Ubutabera muri Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ukurikiranyweho kunyereza miliyoni 19 USD yari yagenwe kubaka Gereza, yagejejwe imbere y’Urukiko, aza yakererewe, avuga ko byatewe n’umubyigano w’imodoka z’i Kinshasa.

Uyu wahoze muri Guverinoma ya Congo Kinshasa, ukurikiranyweho kunyereza Miliyoni 19 USD yari yaragenewe kubaka Gereza muri Kisangani, yagejejwe imbere y’Urukiko rusesa Imanza kuri uyu wa Gatatu tariki 09 Nyakanga 2025.

Ubwo yahabwaga ijambo mu Rukiko, Mutamba yabanje kwisegura ku Rukiko ku kuba yahageze akererewe, avuga ko byatewe n’umuvundo w’imodoka zari nyinshi mu mujyi wa Kinshasa.

Constant Mutamba yagize ati “Mu byukuri nakererewe mu nzira, kubera umuvundo w’imodoka w’i Kinshasa, nkaba naje kuburana ku ifungwa ry’agateganyo.”

Yitabye Urukiko kandi nyuma yuko abanyamategeko bamwunganira basabye ko urubanza rusubikwa, ariko rukabitera utwatsi, rugategeka ko agomba kwitaba.

Uyu munyapolitiki yagejejwe imbere y’Urukiko nyuma y’ukwezi yeguye ku nshingano zo kuba Minisitiri w’Ubutabera, aho yatanze ibaruwa y’ubwegure bwe tariki 17 Kamena.

Yeguye nyuma yuko Umushinjacyaha Mukuru w’Urukiko Rusesa imanza, yemeje ko agomba kumurikirana ku byaha birimo kunyereza miliyoni 19 USD zari zaragenewe kubaka Gereza ya Kisangani.

Uyu Mushinjacyaha yatangaje ko nyuma y’ibazwa ryakorewe uyu munyapolitiki, byagaragaye ko hari impamvu zikomeye zimwemerera gukomeza kumurikirana kubera ibyo yatangarije mu mabazwa yakorewe.

Constant Mutamba we ahakana ibyaha ashinjwa, akagera n’aho yegeka ku Rwanda ku mpamvu zo kuba akurikiranywe n’inzego z’ubutabera yahoze akuriye, aho aherutse gutangaza ko umugambi wo kugira ngo ajyanwe mu nzego z’ubutabera ngo wacuriwe i Kigali, ariko akaba ataragaragaje ibimenyetso.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty + 18 =

Previous Post

Eng.-Nine of Tshisekedi’s family members including his wife face a legal complaint in Belgium

Next Post

Iby’ingenzi wamenya ku mukinnyi w’Umunyekongo wasinyiye Rayon Sports

Related Posts

IFOTO: Corneille Nangaa ukuriye AFC/M23 yahawe umugisha na Musenyeri

IFOTO: Corneille Nangaa ukuriye AFC/M23 yahawe umugisha na Musenyeri

by radiotv10
09/07/2025
0

Corneille Nangaa, Umuhuzabikorwa w’Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi buriho muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yitabiriye ibikorwa bya Kiliziya Gatulika...

Eng.-Nine of Tshisekedi’s family members including his wife face a legal complaint in Belgium

Eng.-Nine of Tshisekedi’s family members including his wife face a legal complaint in Belgium

by radiotv10
09/07/2025
0

In Brussels, Belgium, A lawsuit was filed against nine family members including the wife of the president of the Democratic...

Ubutumwa Gen.Muhoozi yahaye uwamuvuzeho nyuma yo kongera kuburira abarwanya Perezida Kagame

Ubutumwa Gen.Muhoozi yahaye uwamuvuzeho nyuma yo kongera kuburira abarwanya Perezida Kagame

by radiotv10
09/07/2025
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, mu butumwa bwanditse mu Kinyarwanda, yasubije uwatanze igitekerezo kitanoze ku butumwa bwe...

Abantu 9 bo mu muryango wa Tshisekedi barezwe mu kirego cyatanzwe mu Bubiligi

Abantu 9 bo mu muryango wa Tshisekedi barezwe mu kirego cyatanzwe mu Bubiligi

by radiotv10
09/07/2025
0

I Bruxelles mu Bubiligi, hatanzwe ikirego kiregwamo abantu icyenda (9) bo mu muryango wa Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya...

DRCongo: Hari akandi gace kagaragayemo abitwaje imbunda za rutura bivugwa ko ari FDLR

DRCongo: Hari akandi gace kagaragayemo abitwaje imbunda za rutura bivugwa ko ari FDLR

by radiotv10
08/07/2025
0

Amakuru aturuka muri Gurupoma ya Waloa Loanda muri Teritwari ya Walikare mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, aravuga ko hakomeje...

IZIHERUKA

HOME POINT Expands to Kicukiro, Marking 15 Years of Excellence in Rwanda’s Electronics Market
MU RWANDA

HOME POINT Expands to Kicukiro, Marking 15 Years of Excellence in Rwanda’s Electronics Market

by radiotv10
09/07/2025
0

IFOTO: Corneille Nangaa ukuriye AFC/M23 yahawe umugisha na Musenyeri

IFOTO: Corneille Nangaa ukuriye AFC/M23 yahawe umugisha na Musenyeri

09/07/2025
Iby’ingenzi wamenya ku mukinnyi w’Umunyekongo wasinyiye Rayon Sports

Iby’ingenzi wamenya ku mukinnyi w’Umunyekongo wasinyiye Rayon Sports

09/07/2025
Uwari Minisitiri muri Congo bwa mbere imbere y’Urukiko yahageze yakererewe

Uwari Minisitiri muri Congo bwa mbere imbere y’Urukiko yahageze yakererewe

09/07/2025
Eng.-Nine of Tshisekedi’s family members including his wife face a legal complaint in Belgium

Eng.-Nine of Tshisekedi’s family members including his wife face a legal complaint in Belgium

09/07/2025
Uwayezu wayoboye Rayon yongeye kugaragarizwa ibyishimo n’abakunzi b’iyi kipe

Uwayezu wayoboye Rayon yongeye kugaragarizwa ibyishimo n’abakunzi b’iyi kipe

09/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Iby’ingenzi wamenya ku mukinnyi w’Umunyekongo wasinyiye Rayon Sports

Iby’ingenzi wamenya ku mukinnyi w’Umunyekongo wasinyiye Rayon Sports

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

HOME POINT Expands to Kicukiro, Marking 15 Years of Excellence in Rwanda’s Electronics Market

IFOTO: Corneille Nangaa ukuriye AFC/M23 yahawe umugisha na Musenyeri

Iby’ingenzi wamenya ku mukinnyi w’Umunyekongo wasinyiye Rayon Sports

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.