Wednesday, December 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uwari umaze imyaka 10 ayobora urwego rumwe rukomeye mu Rwanda yitabye Imana

radiotv10by radiotv10
14/01/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Uwari umaze imyaka 10 ayobora urwego rumwe rukomeye mu Rwanda yitabye Imana
Share on FacebookShare on Twitter

Prof. Kalisa Mbanda wari umaze imyaka 10 ari Perezida wa Komisiyo y’Igihugu y’Amatora yitabye Imana azize uburwayi atari amaranye iminsi.

Kalisa Mbanda yitabye Imana kuri uyu wa Gatanu tariki 13 Mutarama 2023 aho yari yagiye kwivuriza kuri uyu munsi yanitabiyeho Imana.

Amakuru avuga ko Mbanda yari yagiye kwivuriza mu Bitaro bya Gisirikare i Kanombe avuye mu mirimo isanzwe itari y’akazi ka Leta, akaza kwitaba Imana.

Prof Kalisa Mbanda wari warasoje manda ye ya kabiri mu kwezi k’Ukwakira umwaka ushize wa 2022, yari atarasimburwa ndetse yari agikomeza kujya mu kazi, ku buryo no mu minsi ibiri ibanziriza uwo yitabiyeho Imana, yari yagiyeyo.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, Charles Munyaneza yavuze ko Prof. Kalisa Mbanda yagiye kuri uyu mwanya wa Perezida wa Komisiyo y’Igihugu y’Amatora muri 2012, akaza kurangiza manda y’imyaka itanu akongerwa indi itanu ari na yo yasoje mu mpera z’umwaka ushize mu kwezi k’Ukwakira.

Ati “Ariko mu byukuri no kuva n’icyo gihe no kugeza n’ejobundi hashize twarimo tuvugana dukorana, kuko nubundi nta wundi Perezida wari wakamusimbura, yakomeje gukora, twakomeje gukorana.”

Charles Munyaneza avuga ko muri izi manda ebyiri za Kalisa Mbanda, iyi komisiyo yagize ibikorwa byinshi birimo amatora anyuranye yaba ay’inzego z’ibanze, aya Perezida wa Repubulika, ay’Abadepite ndetse n’ay’Abasenateri, kandi ko yaranzwe n’imbaraga nyinshi muri ibi bikorwa byose.

Ati “Tubuze umuyobozi mwiza, umusaza wakundaga akazi, nubwo yagaragaraga ko yari akuze ariko yari akomeye. Yakoranaga akazi ke umurava, yirirwaga mu biro akenshi agataha anatinze cyane, cyane cyane iyo twabaga turi mu bihe by’amatora nko mu kwakira kandidatire mu kuzisuzuma, mu gihe dutegereje gutangaza amajwi abantu bose barabibonaga ku mateleviziyo. Yari umusaza w’umuyobozi mwiza w’umuhanga.”

Uyu Munyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’Igihugu y’Amatora avuga ko uretse kuba abakozi n’abayobozi ba Komisiyo bashenguwe n’urupfu rwa Mbanda, ariko hari na byinshi bamwigiyeho bizababera akabando mu mirimo yabo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − twelve =

Previous Post

RDF yungutse abasirikare barenga 100 bazobereye mu bumenyi bwihariye

Next Post

M23 yungutse Abajenerali babiri

Related Posts

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

by radiotv10
03/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko mbere yuko akorana na General (Rtd) James Kabarebe hari byinshi byiza...

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

by radiotv10
03/12/2025
0

Abapolisi 74 ba Polisi y'u Rwanda barimo babiri bafite ipeti rya ACP, nka ACP Sam Rumanzi na ACP Francis Muheto...

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Hategujwe ibura ry’umuriro mu bice bimwe byo muri Kigali mu gihe cy’amasaha atatu

by radiotv10
03/12/2025
0

Sosiyete y'u Rwanda ishinzwe Ingufu (REG), yatangaje ko mu bice bimwe by'Imirenge ya Kacyiru na Kinyinya mu Karere ka Gasabo,...

Charity Begins at Home: Understanding the True Meaning

Charity Begins at Home: Understanding the True Meaning

by radiotv10
03/12/2025
0

The proverb “Charity begins at home” is a reminder that kindness, generosity, and good behavior should start with the people...

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

by radiotv10
02/12/2025
0

Impanuka yabereye ahazwi nka ‘Peyaje ’ mu mujyi wa Kigali, yahitanye ubuzima bw’abantu bane, aho bikekwa ko yatewe no kuba...

IZIHERUKA

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana
MU RWANDA

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

by radiotv10
03/12/2025
0

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

03/12/2025
Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

03/12/2025
AFC/M23 yagaragaje ingero z’ibyakozwe n’uruhande bahanganye idashobora kwihanganira

AFC/M23 yagaragaje ingero z’ibyakozwe n’uruhande bahanganye idashobora kwihanganira

03/12/2025
Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Hategujwe ibura ry’umuriro mu bice bimwe byo muri Kigali mu gihe cy’amasaha atatu

03/12/2025
Igihugu kimwe muri Afurika cyemeje ko cyahaye ubuhungiro umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’ikindi

Igihugu kimwe muri Afurika cyemeje ko cyahaye ubuhungiro umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’ikindi

03/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 yafatiwe ibyemezo bikarishye birimo ibyo igomba gukora bigenzurwa na FARDC

M23 yungutse Abajenerali babiri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.