Saturday, December 6, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uwari umaze imyaka 10 ayobora urwego rumwe rukomeye mu Rwanda yitabye Imana

radiotv10by radiotv10
14/01/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Uwari umaze imyaka 10 ayobora urwego rumwe rukomeye mu Rwanda yitabye Imana
Share on FacebookShare on Twitter

Prof. Kalisa Mbanda wari umaze imyaka 10 ari Perezida wa Komisiyo y’Igihugu y’Amatora yitabye Imana azize uburwayi atari amaranye iminsi.

Kalisa Mbanda yitabye Imana kuri uyu wa Gatanu tariki 13 Mutarama 2023 aho yari yagiye kwivuriza kuri uyu munsi yanitabiyeho Imana.

Amakuru avuga ko Mbanda yari yagiye kwivuriza mu Bitaro bya Gisirikare i Kanombe avuye mu mirimo isanzwe itari y’akazi ka Leta, akaza kwitaba Imana.

Prof Kalisa Mbanda wari warasoje manda ye ya kabiri mu kwezi k’Ukwakira umwaka ushize wa 2022, yari atarasimburwa ndetse yari agikomeza kujya mu kazi, ku buryo no mu minsi ibiri ibanziriza uwo yitabiyeho Imana, yari yagiyeyo.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, Charles Munyaneza yavuze ko Prof. Kalisa Mbanda yagiye kuri uyu mwanya wa Perezida wa Komisiyo y’Igihugu y’Amatora muri 2012, akaza kurangiza manda y’imyaka itanu akongerwa indi itanu ari na yo yasoje mu mpera z’umwaka ushize mu kwezi k’Ukwakira.

Ati “Ariko mu byukuri no kuva n’icyo gihe no kugeza n’ejobundi hashize twarimo tuvugana dukorana, kuko nubundi nta wundi Perezida wari wakamusimbura, yakomeje gukora, twakomeje gukorana.”

Charles Munyaneza avuga ko muri izi manda ebyiri za Kalisa Mbanda, iyi komisiyo yagize ibikorwa byinshi birimo amatora anyuranye yaba ay’inzego z’ibanze, aya Perezida wa Repubulika, ay’Abadepite ndetse n’ay’Abasenateri, kandi ko yaranzwe n’imbaraga nyinshi muri ibi bikorwa byose.

Ati “Tubuze umuyobozi mwiza, umusaza wakundaga akazi, nubwo yagaragaraga ko yari akuze ariko yari akomeye. Yakoranaga akazi ke umurava, yirirwaga mu biro akenshi agataha anatinze cyane, cyane cyane iyo twabaga turi mu bihe by’amatora nko mu kwakira kandidatire mu kuzisuzuma, mu gihe dutegereje gutangaza amajwi abantu bose barabibonaga ku mateleviziyo. Yari umusaza w’umuyobozi mwiza w’umuhanga.”

Uyu Munyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’Igihugu y’Amatora avuga ko uretse kuba abakozi n’abayobozi ba Komisiyo bashenguwe n’urupfu rwa Mbanda, ariko hari na byinshi bamwigiyeho bizababera akabando mu mirimo yabo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 2 =

Previous Post

RDF yungutse abasirikare barenga 100 bazobereye mu bumenyi bwihariye

Next Post

M23 yungutse Abajenerali babiri

Related Posts

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

by radiotv10
06/12/2025
0

Imiryango 214 itishoboye y'abahinzi ba Kawa yo mu Mirenge ya Rwinkwavu na Kabarondo yatangiye guhabwa ibiti bya Kawa ibihumbi 80,...

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

by radiotv10
05/12/2025
0

I Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, ahari hahanzwe amaso n’Isi yose, haraye habereye umuhango wo gusinya amasezerano...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
05/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

by radiotv10
05/12/2025
0

Abagore bo mu Ngabo z’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, bagaragarije abagore n’abakobwa bo muri iki Gihugu...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

by radiotv10
05/12/2025
0

Abanyekongo biganjemo abagore n’abana bakomeje guhungira mu Rwanda nyuma yuko imirwano ikomeje gukara mu bice bimwe mu byo muri Kivu...

IZIHERUKA

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe
AMAHANGA

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

by radiotv10
06/12/2025
0

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

06/12/2025
U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

06/12/2025
Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

06/12/2025
Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

05/12/2025
Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 yafatiwe ibyemezo bikarishye birimo ibyo igomba gukora bigenzurwa na FARDC

M23 yungutse Abajenerali babiri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.