Monday, May 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Uwari umunyamakuru w’imyidagaduro ubu wabaye umusifuzi yaninjiye mu wundi mwuga

radiotv10by radiotv10
03/08/2024
in IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Uwari umunyamakuru w’imyidagaduro ubu wabaye umusifuzi yaninjiye mu wundi mwuga
Share on FacebookShare on Twitter

Eric Niyonkuru wakoreye ibitangazamakuru binyuranye mu Rwanda, ubu akaba ari umusifuzi ku Mugabane w’u Burayi, yashyize hanze Indirimbo ‘Atatenda’ imwinjije mu muziki byeruye.

Indirimbo ‘Atatenda’ yakoranye na Eric Reagan, ni iyo mu zaririmbiwe Imana, aho igamije kurema ibyiringiro mu mitima y’abababajwe n’ibihe bigoye barimo.

Eric Niyonkuru avuga abantu bakeneye amagambo y’ihumure kubera ibibazo biri mu Isi nk’ubushomeri, guhemukirwa, n’ibibazo by’imiryango byiyongera umunsi ku wundi.

Ati “Indirimbo Atatenda isobanuye ko Imana izakora, rero ni indirimbo irema icyizere, irema ibyiringiro ku bantu bari guca mu bibazo, abantu bakeneye ijambo ribahumuriza.”

Avuga ko iyi ndirimbo Atatenda ari indirimbo imwinjije mu muziki byeruye, kuko afite indirimbo nyinshi ateganya guha abakunzi ba muzika.

Ati “Iyi ndirimbo inyinjije mu muziki byeruye, kuko mfite agaseke kuzuye, nzakomeza nkore muzika mu minsi iri imbere.”

Uyu wahoze ari umunyamakuru, akaza no kwinjira mu gusifura, si mushya mu muziku, kuko yakuriye mu itorero aririmbana mu ishuri ryo ku Cyumweru. Muri 2010 kandi Eric yatangije itsinda ry’umuziki, aho yigaga mu mashuri yisumbuye.

Uretse kuba yinjiye muri muzika, Eric ari no gukurikirana amasomo y’ubudoromo muri Finland, anabifatanya n’umwuga wo gusifura, aho asifura mu makipe y’abatarengeje imyaka 20.

Abajijwe uburyo afatanya ibi byose, Eric yagize ati “Kubifatanya ntabwo biba byoroshye, ariko Imana iramfasha dore ko utera intambwe imwe igatera 99 igufasha, ikituvuna abahanzi bari i Burayi ni ugusakaza ibihangano byacu.”

Eric Niyonkuru yahoze ari n’umunyamakuru mu Rwanda, aho yakoreye ibitangazamakuru binyuranye mu Rwanda birimo iyahoze ari Royal TV, n’ibinyamakuru byandika kuri murandasi nka Inyarwanda, na Igihe.

Eric Niyonkuru ubu asigaye aba ku Mugabane w’u Burayi

Esther FIFI UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 + 5 =

Previous Post

Impamvu Umuganura wasigiye bamwe inyota yo kumenya amateka yawo

Next Post

Ibidasanzwe muri Congo: Uko byagenze ngo abarimo Abasirikare bakuru bajye gutura mu irimbi

Related Posts

Small Health Habits That Are Quietly Costing You More Than You Think

Small Health Habits That Are Quietly Costing You More Than You Think

by radiotv10
25/05/2026
0

Most people think about health and money as two separate conversations. Health is about what you eat, how much you...

DJ Pinky wagaragaye mu ifoto nkorano ateruye abanyamakuru KNC na Mutabaruka yasekewe n’amahirwe

DJ Pinky wagaragaye mu ifoto nkorano ateruye abanyamakuru KNC na Mutabaruka yasekewe n’amahirwe

by radiotv10
23/05/2026
0

Umuvangamiziki DJ Pinky uri mu bagezweho mu Rwanda, nyuma yo kugaragara mu ifoto nkorano ateruye abanyamakuru KNC na Mutabaruka, yagizwe...

The Difference Between Resting and Wasting Your Weekend

The Difference Between Resting and Wasting Your Weekend

by radiotv10
23/05/2026
0

Not all time off is rest. Sometimes a whole weekend passes, and you still feel tired, not because you were...

Emelyne wamamaye ku mbuga nkoranyambaga yeruriye abantu ingeso zari zaramubase

Emelyne wamamaye ku mbuga nkoranyambaga yeruriye abantu ingeso zari zaramubase

by radiotv10
22/05/2026
0

Kwizera Emelyne wamamaye nka ‘Ishanga’ wamenyekanye cyane ku mbuga nkoranyambaga, yatangaje ko yari yarabaswe n’ingeso zirimo ubusambanyi, ariko ubu yamaze...

Amakuru mashya: Hatangajwe ibyaha Eric Semuhungu akurikiranyweho

Impamvu urubanza rwa Eric Semuhungu rwashyizwe mu muhezo

by radiotv10
21/05/2026
0

Urubanza rw’ubujurire ku ifungwa rya Eric Semuhungu ukurikiranyweho ibyaha bishingiye ku gusambanya abahungu bagenzi be, rwashyizwe mu muhezo ku mpamvu...

IZIHERUKA

RUHANGO: RBC ivuga ko amaraso aramutse agurishijwe nta mu rwayi wakwigondera ikiguzi
MU RWANDA

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

by radiotv10
25/05/2026
0

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

25/05/2026
Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

25/05/2026
Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

25/05/2026
Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

25/05/2026
Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

25/05/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibidasanzwe muri Congo: Uko byagenze ngo abarimo Abasirikare bakuru bajye gutura mu irimbi

Ibidasanzwe muri Congo: Uko byagenze ngo abarimo Abasirikare bakuru bajye gutura mu irimbi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.