• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Uwari umurinzi w’umuhanzi w’ikirangirire yahishuye byinshi ku byanenzwe yakoreye uwari umukunzi we

radiotv10by radiotv10
23/05/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Uwari umurinzi w’umuhanzi w’ikirangirire yahishuye byinshi ku byanenzwe yakoreye uwari umukunzi we
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko hagaragaye amashusho agaragaza P.Diddy ari guhohotera uwari umukunzi we amukubita bunyamaswa, uwari umurinzi w’uyu muhanzi, yatanze amakuru arambuye ku ihohoterwa yakoreraga abakunzi be.

Ni amashusho amaze iminsi agarukwaho cyane, agaragaza uyu muhanzi P.Diddy akubita imigeri n’umujinya mwinshi uwari umukunzi we Cassie Ventura.

Aya mashusho yatumye benshi batera amabuye uyu muhanzi, bavuga ko yagaragaje ibikorwa by’ubunyamaswa bidakwiye kwihanganirwa, mu gihe we yasabye imbabazi, ndetse akagaragaza ko yicuza.

Roger Bonds wigeze kuba akuriye itsinda ry’abarinzi ba P.Diddy, yavuze ko yiboneye n’amaso ye inshuro ziri hagati y’enye n’eshanu, uyu muhanzi ahohotera abari abakunzi be Kim Porter na Cassie Ventura.

Yagize ati “Ibyo umuntu yakoze aba akwiye kuzabyirengera, birababaje kuba abonye gusaba imbabazi ubu, wenda byakumvikana byarabaye inshuro imwe ku bw’impanduka, ni bwo wenda nakumva imbabazi asaba, ariko yabaye nk’ubeshya abantu ababwira ibyo bashaka kumva.”

Bonds avuga ko we yumva imbabazi zasabwe na P.Diddy zihagije. Ati “Icyo nanibazaho ni no kuba atarigeze avuga izina Cassie muri izo mbabazi yasabye, rero numva ataraciye bugufi bihagije. Yavuze icyo abantu bashaka ko kumva, ntabwo yavuze ibimuturutsemo.”

Uyu wahoze ari umurinzi wa P.Diddy yavuze ko ari kenshi yabonaga uyu muhanzi yaganjwe n’umujinya watumaga yitwara mu buryo budasanzwe, ndetse ko hari igihe yamubazaga icyamurakaje, ariko ko icyamuteraga impungege ari uburyo yaturaga umujinya abagore babaga ari inshuti.

P. Diddy yanengewe ibyo yakoreye uwari umukunzi we
Roger Bonds wari umurinzi we yabivuye imuzi
P. Diddy n’abahoze ari abakunzi be avugwaho guhohotera

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 + seventeen =

Previous Post

DRCongo: Umunyapolitiki wagabweho igitero cyari kinagamiye guhirika ubutegetsi yatorewe umwanya ukomeye

Next Post

Undi mwarimukazi yagiye gutanga kandidatire ngo azahatanire kwinjira mu Nteko y’u Rwanda

Related Posts

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

by radiotv10
02/06/2026
0

Mu rubanza ruregwamo umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, Ubushinjacyaha bwagaragaje impamvu zikomeye bumusabira gufungwa by’agateganyo, zirimo urumogi ruri ku...

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

by radiotv10
02/06/2026
0

Umuhanzikazi France Mpundu uherutse kwambikwa impeta n’umusore wo muri Niger, Moctar bahuriye mu kiganiro ‘The Secret Story’ cyamamaye, yatangaje ko...

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

by radiotv10
01/06/2026
0

Uwamamaye nka Cedru mu mwuga wo gutunganya amashusho y’indirimbo z’abahanzi, yambitse impeta umukobwa witwa Ella wavuzweho gukundana na Lick Lick...

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

by radiotv10
01/06/2026
0

Your twenties are often described as the decade of discovery. It is a time when many people finish school, start...

Secrets to building strong and healthy friendships

Secrets to building strong and healthy friendships

by radiotv10
01/06/2026
0

Friendships are some of the most valuable relationships in our lives. Good friends support us during difficult times, celebrate our...

Next Post
Undi mwarimukazi yagiye gutanga kandidatire ngo azahatanire kwinjira mu Nteko y’u Rwanda

Undi mwarimukazi yagiye gutanga kandidatire ngo azahatanire kwinjira mu Nteko y’u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.