Friday, May 9, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uwari wibwe amafaranga arenga miliyoni 30Frw akorewe igitangaza

radiotv10by radiotv10
20/01/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Uwari wibwe amafaranga arenga miliyoni 30Frw akorewe igitangaza
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyarwanda wari wibwe ibihumbi 32,5 USD [abarirwa muri Miliyoni 32 Frw], yayasubijwe n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), nyuma yuko ruyafatanye uwari umukozi w’uyu muturage wari wayibye akajya kuyifurahishamo dore ko yari yaguzemo telefone n’isaha bihenze.

Iki gikorwa cyo gusubiza uyu muturage aya amafanaga, cyabaye kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Mutarama 2023 ahagaragajwe na telefone yo mu bwoko bwa iPhone n’isaha byari byaguzwe n’uyu wari wibye aya mafaranga.

Uyu muturage wasubijwe amafaranga utifuje ko atangazwa, yavuze ko atari aye ahubwo ko yari yayahawe n’umuvandimwe we, ndetse ko ari yo mpamvu yari atarayabitsa kuri banki.

Yaboneyeho gushimira Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) ku bwo kuba rwarakoze akazi katoroshye mu kugaruza aya mafaranga.

Umuvuzi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry yatangaje ko uru rwego rwakiriye ikirego cy’uyu muturage wari wibwe amafaranga, tariki 12 Mutarama 2023 ari na bwo hahise hatangira gushakishwa uwayibye.

Uwitwa Jules wari umukozi wo mu rugo rw’uyu muturage wari wibwe aya mafaranga, yafatanywe na mushiki we i Rwamagana nyuma yo kuyamushyira ngo ayamuhishire, bakajya kuyahisha mu rutoki ari na ho yakuwe.

Dr Murangira yaboneyeho kugira inama abahirahira kwishora mu byaha nk’ibi by’ubujura ko ukuboko kw’inzego z’ubutabera kugomba kubashyikira.

Yagize ati “Umuntu ukeka ko ashobora gutwara amafaranga y’abantu ntafatwe, turamubwira ko bidashoboka, byanze bikunze uba uzafatwa.”

Abafashwe bombi, bemera ibyaha bibiri bakurikiranyweho birimo icy’ubujura gikurikiranywe kuri uyu wari umukozi wo mu rugo ndetse n’icyaha cyo guhisha ibyibwe, gikurikiranywe kuri mushiki we. Bakaba babisabira imbabazi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 − 2 =

Previous Post

Umunyapolitiki mu Rwanda yavuze ku rupfu rw’umunyamakuru Ntwali John Williams

Next Post

Muhoozi yasubiriye…Yongeye gukora icyatumye yamburwa umwanya ukomeye

Related Posts

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda bwashimiye Imana ku itorwa ry’Umushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Nyirubutungane Lewo XIV...

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kizura mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, yatawe muri yombi nyuma yuko mu...

Abapolisi bari bamaze umwaka mu butumwa bakigera mu Rwanda bagarutse ku byo bishimira bakoze

Abapolisi bari bamaze umwaka mu butumwa bakigera mu Rwanda bagarutse ku byo bishimira bakoze

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bw’Abapolisi bavuye mu butumwa bw’amahoro muri Repubulika ya Centrafrique, bwagarutse ku byo bakoze mu gihe cy’umwaka bakoze ibikorwa bitandukanye...

Abishoye mu bujura bw’ibikoresho bifite benshi akamaro bongeye guhagurukirwa

Abishoye mu bujura bw’ibikoresho bifite benshi akamaro bongeye guhagurukirwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bw’Ikigo gishinzwe Ingufu REG, ishami rya Rusizi, buravuga ko abazwi ku izina ry’abahigi bagera kuri 12 bibaga ibikoresho by’amashanyarazi...

Hatangajwe igikekwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi

Ibyo twamenye bivugwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho ihohotera rishingiye ku gitsina

by radiotv10
08/05/2025
0

Habiyaremye Zacharie wamenyekanye nka ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rumukurikiranyeho gukora ibyaha by’ihohotera rishingiye ku gitsina, aravugwaho...

IZIHERUKA

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi
AMAHANGA

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

by radiotv10
09/05/2025
0

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

09/05/2025
Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

09/05/2025
Abahanzi bazaririmba mu birori bya Basketball bitegerejwe mu Rwanda bamenyekanye

Abahanzi bazaririmba mu birori bya Basketball bitegerejwe mu Rwanda bamenyekanye

09/05/2025
Abapolisi bari bamaze umwaka mu butumwa bakigera mu Rwanda bagarutse ku byo bishimira bakoze

Abapolisi bari bamaze umwaka mu butumwa bakigera mu Rwanda bagarutse ku byo bishimira bakoze

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Muhoozi yasubiriye…Yongeye gukora icyatumye yamburwa umwanya ukomeye

Muhoozi yasubiriye…Yongeye gukora icyatumye yamburwa umwanya ukomeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.