Saturday, August 2, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uwari wibwe amafaranga arenga miliyoni 30Frw akorewe igitangaza

radiotv10by radiotv10
20/01/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Uwari wibwe amafaranga arenga miliyoni 30Frw akorewe igitangaza
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyarwanda wari wibwe ibihumbi 32,5 USD [abarirwa muri Miliyoni 32 Frw], yayasubijwe n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), nyuma yuko ruyafatanye uwari umukozi w’uyu muturage wari wayibye akajya kuyifurahishamo dore ko yari yaguzemo telefone n’isaha bihenze.

Iki gikorwa cyo gusubiza uyu muturage aya amafanaga, cyabaye kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Mutarama 2023 ahagaragajwe na telefone yo mu bwoko bwa iPhone n’isaha byari byaguzwe n’uyu wari wibye aya mafaranga.

Uyu muturage wasubijwe amafaranga utifuje ko atangazwa, yavuze ko atari aye ahubwo ko yari yayahawe n’umuvandimwe we, ndetse ko ari yo mpamvu yari atarayabitsa kuri banki.

Yaboneyeho gushimira Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) ku bwo kuba rwarakoze akazi katoroshye mu kugaruza aya mafaranga.

Umuvuzi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry yatangaje ko uru rwego rwakiriye ikirego cy’uyu muturage wari wibwe amafaranga, tariki 12 Mutarama 2023 ari na bwo hahise hatangira gushakishwa uwayibye.

Uwitwa Jules wari umukozi wo mu rugo rw’uyu muturage wari wibwe aya mafaranga, yafatanywe na mushiki we i Rwamagana nyuma yo kuyamushyira ngo ayamuhishire, bakajya kuyahisha mu rutoki ari na ho yakuwe.

Dr Murangira yaboneyeho kugira inama abahirahira kwishora mu byaha nk’ibi by’ubujura ko ukuboko kw’inzego z’ubutabera kugomba kubashyikira.

Yagize ati “Umuntu ukeka ko ashobora gutwara amafaranga y’abantu ntafatwe, turamubwira ko bidashoboka, byanze bikunze uba uzafatwa.”

Abafashwe bombi, bemera ibyaha bibiri bakurikiranyweho birimo icy’ubujura gikurikiranywe kuri uyu wari umukozi wo mu rugo ndetse n’icyaha cyo guhisha ibyibwe, gikurikiranywe kuri mushiki we. Bakaba babisabira imbabazi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 + 13 =

Previous Post

Umunyapolitiki mu Rwanda yavuze ku rupfu rw’umunyamakuru Ntwali John Williams

Next Post

Muhoozi yasubiriye…Yongeye gukora icyatumye yamburwa umwanya ukomeye

Related Posts

Uwabaye muri Guverinoma y’u Rwanda Protais Mitali yitabiye Imana i Burayi

Uwabaye muri Guverinoma y’u Rwanda Protais Mitali yitabiye Imana i Burayi

by radiotv10
02/08/2025
0

Mitali Protais wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko kuba yarabaye Minisitiri w’Umuco na Siporo, ndetse akanaruhagararira nka Ambasaderi muri...

Abayobozi mu karere bagize icyo bavuga ku ntambwe iri guterwa mu by’u Rwanda na DRCongo

Abayobozi mu karere bagize icyo bavuga ku ntambwe iri guterwa mu by’u Rwanda na DRCongo

by radiotv10
02/08/2025
0

Abahuza b’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe mu bibazo bimaze igihe hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bahuriye...

Nyamirambo: Harumvikana kutavuga rumwe ku mafaranga yaciwe abafite inzu mu ‘Marangi’

Nyamirambo: Harumvikana kutavuga rumwe ku mafaranga yaciwe abafite inzu mu ‘Marangi’

by radiotv10
01/08/2025
0

Abafite inzu ahazwi nko mu Marangi mu Murenge wa Nyamirambo mu Karere ka Nyarugenge n’abahakorera, bavuga ko amafaranga ari hagati...

Menya ibyavuye mu nama ya mbere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’u Rwanda na DRC

Menya ibyavuye mu nama ya mbere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’u Rwanda na DRC

by radiotv10
01/08/2025
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yatangaje ko mu nama ya mbere ya Komisiyo ishinzwe kugenzura ishyirwa mu bikorwa...

Hagaragajwe igituma kwimurira abarimu aho bifuza bikunze kugorana

Hagaragajwe igituma kwimurira abarimu aho bifuza bikunze kugorana

by radiotv10
01/08/2025
0

Minisiteri y’Uburezi ivuga ko guhindurira abarimu ibice bakoreramo (mutation) bigorana kuko aho baba bifuza kujya haba hari abandi basanzwe bahakorera....

IZIHERUKA

AMAFOTO: Perezida wa Kenya n’uwo yasimbuye bigeze kugirana umubano urimo igitotsi bagaragaye batemberana bishimye
AMAHANGA

AMAFOTO: Perezida wa Kenya n’uwo yasimbuye bigeze kugirana umubano urimo igitotsi bagaragaye batemberana bishimye

by radiotv10
02/08/2025
0

Uwabaye muri Guverinoma y’u Rwanda Protais Mitali yitabiye Imana i Burayi

Uwabaye muri Guverinoma y’u Rwanda Protais Mitali yitabiye Imana i Burayi

02/08/2025
Abayobozi mu karere bagize icyo bavuga ku ntambwe iri guterwa mu by’u Rwanda na DRCongo

Abayobozi mu karere bagize icyo bavuga ku ntambwe iri guterwa mu by’u Rwanda na DRCongo

02/08/2025
Police FC igiye kwipima na APR FC iyisimbuje Rayon Sports

Police FC igiye kwipima na APR FC iyisimbuje Rayon Sports

02/08/2025
Nyamirambo: Harumvikana kutavuga rumwe ku mafaranga yaciwe abafite inzu mu ‘Marangi’

Nyamirambo: Harumvikana kutavuga rumwe ku mafaranga yaciwe abafite inzu mu ‘Marangi’

01/08/2025
Menya ibyavuye mu nama ya mbere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’u Rwanda na DRC

Menya ibyavuye mu nama ya mbere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’u Rwanda na DRC

01/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Muhoozi yasubiriye…Yongeye gukora icyatumye yamburwa umwanya ukomeye

Muhoozi yasubiriye…Yongeye gukora icyatumye yamburwa umwanya ukomeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAFOTO: Perezida wa Kenya n’uwo yasimbuye bigeze kugirana umubano urimo igitotsi bagaragaye batemberana bishimye

Uwabaye muri Guverinoma y’u Rwanda Protais Mitali yitabiye Imana i Burayi

Abayobozi mu karere bagize icyo bavuga ku ntambwe iri guterwa mu by’u Rwanda na DRCongo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.