Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uwari wibwe amafaranga arenga miliyoni 30Frw akorewe igitangaza

radiotv10by radiotv10
20/01/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Uwari wibwe amafaranga arenga miliyoni 30Frw akorewe igitangaza
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyarwanda wari wibwe ibihumbi 32,5 USD [abarirwa muri Miliyoni 32 Frw], yayasubijwe n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), nyuma yuko ruyafatanye uwari umukozi w’uyu muturage wari wayibye akajya kuyifurahishamo dore ko yari yaguzemo telefone n’isaha bihenze.

Iki gikorwa cyo gusubiza uyu muturage aya amafanaga, cyabaye kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Mutarama 2023 ahagaragajwe na telefone yo mu bwoko bwa iPhone n’isaha byari byaguzwe n’uyu wari wibye aya mafaranga.

Uyu muturage wasubijwe amafaranga utifuje ko atangazwa, yavuze ko atari aye ahubwo ko yari yayahawe n’umuvandimwe we, ndetse ko ari yo mpamvu yari atarayabitsa kuri banki.

Yaboneyeho gushimira Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) ku bwo kuba rwarakoze akazi katoroshye mu kugaruza aya mafaranga.

Umuvuzi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry yatangaje ko uru rwego rwakiriye ikirego cy’uyu muturage wari wibwe amafaranga, tariki 12 Mutarama 2023 ari na bwo hahise hatangira gushakishwa uwayibye.

Uwitwa Jules wari umukozi wo mu rugo rw’uyu muturage wari wibwe aya mafaranga, yafatanywe na mushiki we i Rwamagana nyuma yo kuyamushyira ngo ayamuhishire, bakajya kuyahisha mu rutoki ari na ho yakuwe.

Dr Murangira yaboneyeho kugira inama abahirahira kwishora mu byaha nk’ibi by’ubujura ko ukuboko kw’inzego z’ubutabera kugomba kubashyikira.

Yagize ati “Umuntu ukeka ko ashobora gutwara amafaranga y’abantu ntafatwe, turamubwira ko bidashoboka, byanze bikunze uba uzafatwa.”

Abafashwe bombi, bemera ibyaha bibiri bakurikiranyweho birimo icy’ubujura gikurikiranywe kuri uyu wari umukozi wo mu rugo ndetse n’icyaha cyo guhisha ibyibwe, gikurikiranywe kuri mushiki we. Bakaba babisabira imbabazi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven − six =

Previous Post

Umunyapolitiki mu Rwanda yavuze ku rupfu rw’umunyamakuru Ntwali John Williams

Next Post

Muhoozi yasubiriye…Yongeye gukora icyatumye yamburwa umwanya ukomeye

Related Posts

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

IZIHERUKA

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo
FOOTBALL

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

by radiotv10
19/01/2026
0

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

19/01/2026
Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Muhoozi yasubiriye…Yongeye gukora icyatumye yamburwa umwanya ukomeye

Muhoozi yasubiriye…Yongeye gukora icyatumye yamburwa umwanya ukomeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.