Thursday, December 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uwatereswe na Kazungu ahishuye ibitangaza bitari bizwi yizezaga abakobwa kugira ngo abashiture

radiotv10by radiotv10
14/09/2023
in MU RWANDA
1
Uwatereswe na Kazungu ahishuye ibitangaza bitari bizwi yizezaga abakobwa kugira ngo abashiture
Share on FacebookShare on Twitter

Uvuga ko yigeze kuvugishwa na Kazungu Denis ukurikiranyweho kwica abantu akabashyingura mu nzu yari atuyemo mu Mujyi wa Kigali, yavuze ko yamusabye ko yazajya kumusura i Kanombe, akamwizeza ko ari umutagire utunze amafaranga atubutse, ko ajya no kurangura mu mahanga.

Jennifer Uwamahoro mu kiganiro yagiranye na YouTube Channel y’umunyamakuru Gerad Mbabazi, avuga ko ubwo Kazungu yamuhamagaraga, yamubwiye ko afite ikamyo akoresha mu bucuruzi bwo kurangura hanze y’u Rwanda.

Ati “Anyereka amabuye y’agaciro, anyereka uburyo ajya muri Congo, noneho agafotora nk’umuntu w’umugabo ukize uhagaze no ku modoka, yarangiza akakoherereza amafoto akakubwira ngo ‘uyu ni njyewe’.”

Jennifer vuga ko icyatumye amugiraho amakenga ari ukuba yaramubwiraga ko aba ari muri hoteli, ariko akaza kumwoherereza amajwi yumvikanamo abana barira.

Ati “Ikintu cyaje gutuma mugiraho amakenga, amajwi yonyoherereje, hari harimo umwana urira, kandi ari kumbwira ko ari muri Tanzania bari gupakira, we ari muri hoteli.”

Ngo nyuma yamubwiye ko yageze mu Rwanda, kandi ko yamukunze kuko yamubonye kuri YouTube atanga ibiganiro, akamubwira ko yifuza ko yazamugira inama.

Avuga ko akurikije ibyo bagendaga baganira, byatumye uyu mugore yumva ko uwo muntu ari umutekamutwe, akaza kumwiyama, amusaba kutazongera kumuhamagara.

Ati “Ndamubwira nti ‘ntiwongere kumpamagara’ nti kandi ikindi cyongeyeho, njye nje no kukureba, naza nzanjye n’amafaranga magana atanu y’itike na telefone yanjye nkayisiga, nti ‘kuko turabiri ko mwambura abagore telefone’, yahise akupa ntiyongeye guhamagara.”

Jennifer avuga ko yageze aho akamubwira ko akurikije uko yakomeje kumubwira, yumva ari umukire, bityo ko yamwoherereza amafaranga.

Ati “Njye naramubwiye nti ‘nkurikije aho nahereye numva wivuga ibigwiii, ubundi ubwo wakabaye warohereje nk’ibihumbi ijana’ […] nti ‘none se urabwira umugore ngo aze ntunamwoherereze tike?’.”

Jennifer Uwamahoro uvuga ko Kazungu yigeze kumuvugisha

RADIOTV10

Comments 1

  1. Ndamaze says:
    2 years ago

    uyu mukbwa nawe arabeshya, niba barqnavuganye, yongeyemo umunyu ukabije

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 1 =

Previous Post

Ibyavuye mu biganiro byahuje Rayon, Al Hilal na CAF byamenyekanye

Next Post

Perezida Kagame yageze mu Gihugu cyo ku Mugabane wa America (AMAFOTO)

Related Posts

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

by radiotv10
18/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yatangaje ko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi ziherutse guhurira mu biganiro nyuma...

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

by radiotv10
18/12/2025
0

Abahinzi b’umuceri mu gishanga cya Cyunuzi bavuga ko umusaruro wabo utinda guhuza ibipimo bikenerwa kugira ngo ugurwe kuko batagira imashini...

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
18/12/2025
0

Inama y’Abaminisitiri ya nyuma y'umwaka wa 2025, yaranzwe n’ibikorwa binyuranye birimo kugezwaho isinywa ry’amasezerano y’Amahoro n’Ubufatanye mu by’Ubukungu hagati y’u...

Why young adults should embrace short courses in today’s fast-changing World

Why young adults should embrace short courses in today’s fast-changing World

by radiotv10
18/12/2025
0

In a world that keeps changing faster than ever, young adults are under increasing pressure to keep up. Technology, job...

Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

by radiotv10
18/12/2025
0

Umwarimu wigisha mu ishuri ry’Imyuga n’Ubumenyingiro (TSS) rya Mutenderi mu Karere ka Ngoma, yatawe muri yombi akekwaho gusambanya umwana w’umukobwa...

IZIHERUKA

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro
MU RWANDA

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

by radiotv10
18/12/2025
0

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

18/12/2025
Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

18/12/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

18/12/2025
Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

18/12/2025
Why young adults should embrace short courses in today’s fast-changing World

Why young adults should embrace short courses in today’s fast-changing World

18/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yageze mu Gihugu cyo ku Mugabane wa America (AMAFOTO)

Perezida Kagame yageze mu Gihugu cyo ku Mugabane wa America (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.