Tuesday, July 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Uwatoje Amavubi wari umutoza w’ikindi Gihugu giherutse kunganya n’u Rwanda yirukanywe

radiotv10by radiotv10
17/09/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Uwatoje Amavubi wari umutoza w’ikindi Gihugu giherutse kunganya n’u Rwanda yirukanywe
Share on FacebookShare on Twitter

Umutoza Milutin Sredojevic uzwi nka Micho wigeze gutoza ikipe y’Igihugu y’u Rwanda, ubu akaba yatozaga Libya iherutse gukina n’Amavubi, yirukaniwe umusaruro udashamaje.

Uyu Munya-Serbia Milutin Sredojevic uzwi nka Micho, yirukanywe nyuma yuko ikipe ya Libya ititwaye neza mu mikino yo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika cy’umwaka utaha wa 2025.

Aherutse kunganya n’u Rwanda 1-1 mukino Amavubi yari yasuyemo ikipe ya Libya, ndetse akaba yaranatsinzwe na Benin 2-1 muri iyi mikino yo gushaka itike ya AFCON 2025.

Ni mu gihe mu kwezi gutaha, ikipe ya Libya kandi izajya gusura ikipe ya Nigeria Super Eagles iherutse mu Rwanda, aho yanganyije na rwo 0-0 mu mukino wabereye kuri Sitade Amahoro.

Micho yirukanywe n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Libya, kubera umusaruro mucye, aho muri iyi mikino ibiri iheruka yombi, yabonyemo inota rimwe, agatsindwamo ibitego bitatu, akinjiza bibiri.

Libya ubu ni yo ya nyuma mu itsinda D ihuriyemo n’u Rwanda, aho ifite inota rimwe mu gihe u Rwanda rufite amanota abiri.

Micho yari yagizwe umutoza w’Ikipe ya Libya mu kwezi k’Ukwakira 2023, akaba yarayihesheje intsinze icyenda (9) mbere yuko hatangira imikino yo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika.

Micho watoje ikipe y’u Rwanda Amavubi kuva muri 2011 kugeza muri 2013, yanatoje andi makipe arimo ay’Ibihugu, nka Uganda, na Zambia.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen + twenty =

Previous Post

Icyo u Bubiligi bwabwiye Congo ku muturage wabwo wakatiwe urwo gupfa mu bagerageje ‘Coup d’Etat’

Next Post

Umuryango wahuye n’isanganya habura iminsi micye ngo ujye gusezerana mu Murenge

Related Posts

Ari gusaba kugaruka- Perezida wa Rayon yatanze umucyo ku byavuzwe kuri myugariro Aimable

Ari gusaba kugaruka- Perezida wa Rayon yatanze umucyo ku byavuzwe kuri myugariro Aimable

by radiotv10
29/07/2025
0

Perezida w'ikipe ya Rayon Sports, Thadée Twagirayezu, yahamije ko Aimable Nsabimana yamwandikiye amusaba kugaruka mu kazi, ariko ko atamwerera ngo...

Umucyo ku makuru yacicikanye yavugaga ko amatora yo muri FERWAFA yahagaritswe

Umucyo ku makuru yacicikanye yavugaga ko amatora yo muri FERWAFA yahagaritswe

by radiotv10
29/07/2025
0

Minisiteri ya Siporo n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA, bamaganye amakuru y’Ibuhuha yavugaga ko amatora ya Komite Nyobozi y’iri Shyirahamwe...

Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

by radiotv10
25/07/2025
0

Rutahizamu w’Ikipe y’Igihugu Mavubi, Nshuti Innocent, yerekanywe nk’umukinnyi mushya wa ES Zarzis yo mu Cyiciro cya Mbere muri Tunisia. Nshuti...

Haravugwa akayabo k’ashobora gutangwa kuri Kapiteni wa APR wifuzwa n’ikipe ifite izina rikomeye

Haravugwa akayabo k’ashobora gutangwa kuri Kapiteni wa APR wifuzwa n’ikipe ifite izina rikomeye

by radiotv10
24/07/2025
0

Claude Niyomugabo, myugariro w’ikipe y’Igihugu Amavubi na APR FC anabereye kapiteni, ari mu biganiro na Simba Sports Club yo muri...

Amakuru ategerejwe muri Rayon: Harerekanwa umukinnyi mushya

Amakuru ategerejwe muri Rayon: Harerekanwa umukinnyi mushya

by radiotv10
24/07/2025
0

Ikipe ya Rayon Sports ikomeje kwiyubaka yitegura igaruka rya Shampiyona ndetse no kuzahagararira u Rwanda muri CAF Confederation Cup, irerekana...

IZIHERUKA

Ari gusaba kugaruka- Perezida wa Rayon yatanze umucyo ku byavuzwe kuri myugariro Aimable
FOOTBALL

Ari gusaba kugaruka- Perezida wa Rayon yatanze umucyo ku byavuzwe kuri myugariro Aimable

by radiotv10
29/07/2025
0

Senegal: Hatanzwe itegeko ry’iperereza ku mvururu zabaye hagati y’abaturage n’inzego z’umutekano zigahitana benshi

Senegal: Hatanzwe itegeko ry’iperereza ku mvururu zabaye hagati y’abaturage n’inzego z’umutekano zigahitana benshi

29/07/2025
Abasirikare batatu b’igisirikare cya Uganda baburiye ubuzima muri Congo

Abasirikare batatu b’igisirikare cya Uganda baburiye ubuzima muri Congo

29/07/2025
AMASHUSHO: Uwayoboye kimwe mu Bihugu bikomeye yagaragaye atwaye imodoka ishaje

AMASHUSHO: Uwayoboye kimwe mu Bihugu bikomeye yagaragaye atwaye imodoka ishaje

29/07/2025
Ku nshuro ya 13 RDF yasezereye abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj.Gen.(Rtd) Gumisiriza

Ku nshuro ya 13 RDF yasezereye abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj.Gen.(Rtd) Gumisiriza

29/07/2025
Ubutumwa bugenewe Abanyarwanda bose bwerecyeye Ibirori by’Umuganura byegereje

Ubutumwa bugenewe Abanyarwanda bose bwerecyeye Ibirori by’Umuganura byegereje

29/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuryango wahuye n’isanganya habura iminsi micye ngo ujye gusezerana mu Murenge

Umuryango wahuye n’isanganya habura iminsi micye ngo ujye gusezerana mu Murenge

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ari gusaba kugaruka- Perezida wa Rayon yatanze umucyo ku byavuzwe kuri myugariro Aimable

Senegal: Hatanzwe itegeko ry’iperereza ku mvururu zabaye hagati y’abaturage n’inzego z’umutekano zigahitana benshi

Abasirikare batatu b’igisirikare cya Uganda baburiye ubuzima muri Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.