• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Uwatoje Amavubi wari umutoza w’ikindi Gihugu giherutse kunganya n’u Rwanda yirukanywe

radiotv10by radiotv10
17/09/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Uwatoje Amavubi wari umutoza w’ikindi Gihugu giherutse kunganya n’u Rwanda yirukanywe
Share on FacebookShare on Twitter

Umutoza Milutin Sredojevic uzwi nka Micho wigeze gutoza ikipe y’Igihugu y’u Rwanda, ubu akaba yatozaga Libya iherutse gukina n’Amavubi, yirukaniwe umusaruro udashamaje.

Uyu Munya-Serbia Milutin Sredojevic uzwi nka Micho, yirukanywe nyuma yuko ikipe ya Libya ititwaye neza mu mikino yo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika cy’umwaka utaha wa 2025.

Aherutse kunganya n’u Rwanda 1-1 mukino Amavubi yari yasuyemo ikipe ya Libya, ndetse akaba yaranatsinzwe na Benin 2-1 muri iyi mikino yo gushaka itike ya AFCON 2025.

Ni mu gihe mu kwezi gutaha, ikipe ya Libya kandi izajya gusura ikipe ya Nigeria Super Eagles iherutse mu Rwanda, aho yanganyije na rwo 0-0 mu mukino wabereye kuri Sitade Amahoro.

Micho yirukanywe n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Libya, kubera umusaruro mucye, aho muri iyi mikino ibiri iheruka yombi, yabonyemo inota rimwe, agatsindwamo ibitego bitatu, akinjiza bibiri.

Libya ubu ni yo ya nyuma mu itsinda D ihuriyemo n’u Rwanda, aho ifite inota rimwe mu gihe u Rwanda rufite amanota abiri.

Micho yari yagizwe umutoza w’Ikipe ya Libya mu kwezi k’Ukwakira 2023, akaba yarayihesheje intsinze icyenda (9) mbere yuko hatangira imikino yo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika.

Micho watoje ikipe y’u Rwanda Amavubi kuva muri 2011 kugeza muri 2013, yanatoje andi makipe arimo ay’Ibihugu, nka Uganda, na Zambia.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 2 =

Previous Post

Icyo u Bubiligi bwabwiye Congo ku muturage wabwo wakatiwe urwo gupfa mu bagerageje ‘Coup d’Etat’

Next Post

Umuryango wahuye n’isanganya habura iminsi micye ngo ujye gusezerana mu Murenge

Related Posts

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

by radiotv10
01/06/2026
0

Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu, Amavubi, bamaze kugera mu mwiherero wo kwitegura imikino ya gicuti yo kwitegura iyo gushaka itije yo kuzitabira...

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona ihita inakirwa n'Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, General Mubarakh Muganga mu birori...

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya RRA mu bagore ndetse na Police VC mu bagabo ni zo zegukanye ibikombe mu irushanwa “Climate Action Volleyball...

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

by radiotv10
29/05/2026
0

Umutoza w’ikipe y’Igihugu ya Portugal, Roberto Martínez yavuze ko Cristiano Ronaldo ashobora no kuzakina Igikombe cy’Isi cya 2030 nubwo icyo...

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

by radiotv10
28/05/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wahuje RSSB Tigers ihagararriye u Rwanda muri Basketball Africa League na Al Ahly yo mu...

Next Post
Umuryango wahuye n’isanganya habura iminsi micye ngo ujye gusezerana mu Murenge

Umuryango wahuye n’isanganya habura iminsi micye ngo ujye gusezerana mu Murenge

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.