Saturday, January 3, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uwavanywe ku nshuro ya kabiri mu nshingano z’inzego nkuru z’u Rwanda yagize icyo avuga

radiotv10by radiotv10
24/08/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Uwavanywe ku nshuro ya kabiri mu nshingano z’inzego nkuru z’u Rwanda yagize icyo avuga
Share on FacebookShare on Twitter

Niyonkuru Zephanie wigeze kuvanwa ku mwanya w’Umuyobozi Wungirije wa RDB kubera amakosa y’imiyoborere idakwiye, akaba yanavanywe ku mwanya w’Umunyamabanga Uhoraho muri MINISPORTS, yavuze ko yishimira umusanzu yatanze mu iterambere rya Siporo yo mu Rwanda, kandi ko agifite umuhate wo gukorera Igihugu.

Zephanie Niyonkuru yakuwe mu nshingano kuri uyu wa Gatanu tariki 23 Kanama 2024 nk’uko bigaragara mu itangazo ry’Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Gatanu, iyobowe na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame.

Umwanzuro wa munani w’iyi Nama y’Abaminisitiri, ugira uti “Inama y’Abaminisitiri yavanye mu mirimo Bwana Zephanie Niyonkuru wari Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri ya Siporo (MINISPORTS).”

Mu butumwa Niyonkuru Zephanie wakuwe mu nshingano, yatanze nyuma y’amasaha macye, kuri uyu wa Gatandatu tariki 24 Kanama 2024, yagize icyo avuga.

Mu butumwa yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X, Niyonkuru yagize ati “Byari iby’agaciro n’ishema gutanga umusanzu mu iterambere rya siporo y’Igihugu cyanjye mu miyoborere ya Nyakubahwa Paul Kagame. Mwarakoze nyakubahwa, ku bw’aya mahirwe adasanzwe.”

Niyonkuru yakomeje agira ati “Nzakomeza kugira umuhate wo gutanga umusanzu mu iterambere ry’Igihugu cyanjye.”

Ni ku nshuro ya kabiri Zephanie Niyonkuru avanywe mu nshingano mu nzego nkuru z’Igihugu, kuko no muri 2022, tariki 06 Ukwakira yari yavanywe mu nshingano zo kuba Umuyobozi Wungirije w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere (RDB).

Itangazo ryasohotse kuri iyo tariki rivuye mu Biro bya Minisitiri w’Intebe, ryavugaga ko “Nyakubahwa Perezida wa Repubulika yavanye ku mirimo Bwana Zephanie Niyonkuru wari Umuyobozi Wungirije rw’Urwego rushinzwe Iterambere mu Rwanda (RDB) kubera amakosa y’imiyoborere idakwiye yakomeje kugaragaza.”

Niyonkuru Zephanie, yari yongeye kugirwa icyizere, aho Inama y’Abaminisitiri yateranye tariki 30 Mutarama 2023, yari yamuhaye inshingano zo kuba Umunyamabanga Uhoraho, ari na zo yakuweho ubu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 3 =

Previous Post

Undi Muyobozi w’Igihugu gikomeye yinjiye mu rugendo rwo kunga u Burusiya na Ukraine

Next Post

Rusizi: Abagemuriye amashuri ibiribwa bamaze amezi 8 bishyuza bavuze igisubizo bahabwa kitabanyura

Related Posts

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

IZIHERUKA

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza
IBYAMAMARE

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

by radiotv10
03/01/2026
0

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rusizi: Abagemuriye amashuri ibiribwa bamaze amezi 8 bishyuza bavuze igisubizo bahabwa kitabanyura

Rusizi: Abagemuriye amashuri ibiribwa bamaze amezi 8 bishyuza bavuze igisubizo bahabwa kitabanyura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.