Saturday, May 10, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uwavugiye imbere ya Perezida Kagame amakuru anyuranye n’ukuri yatawe muri yombi

radiotv10by radiotv10
01/09/2022
in MU RWANDA
0
Uwavugiye imbere ya Perezida Kagame amakuru anyuranye n’ukuri yatawe muri yombi
Share on FacebookShare on Twitter

Uherutse kugeza ikibazo kuri Perezida Paul Kagame, avuga ko abayobozi banze kumukemurira ikibazo ahubwo bagahora bamubwira ngo “ajye kwiragiza Imana”, byamenyekanye ko amakuru yavuze anyuranye n’ukuri, ubu arafunze akurikiranyweho ibyaha birimo gukoresha inyandiko mpimbano.

Uyu mugabo witwa Muhizi Anatole ni umwe mu bagejeje ibibazo kuri Perezida Paul Kagame mu ruzinduko aherutse kugirira mu Ntara y’Amajyepfo n’iy’Iburengerazuba.

Ubwo Umukuru w’u Rwanda yari mu Karere ka Nyamasheke, umuturage witwa Muhizi Anatole yavuze ko afite ikibazo cy’inzu yaguze mu buryo bwemewe n’amategeko muri 2015 ariko uwo bayiguze akaba yari umukozi wa Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) waje kuyiba, bigatuma imitungo ye ifatirwa ndetse n’iyo nzu bari baguze ntabashe kuyibonera icyangombwa.

Uyu muturage yavuze ko iki kibazo yakijeje kuri Perezida Paul Kagame ubwo yasuraga Akarere ka Musanze mu myaka itatu ishize, agasaba Dr Alvera Mukabaramba wari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu, gukemura iki kibazo.

Muhizi ubwo yari imbere ya Perezida Kagame mu cyumweru gishize, yagize ati “abayobozi mumpa nyakubahwa Perezida barushwa imbaraga na BNR, baragenda bakambwira ngo ahubwo ninge gusenga, ukagira ngo umuntu udasenga akwiye gutwarwa ibye…abayobozi bose duhuye bumva ibibazo byanjye akumva ndarengana akambwira ngo genda uge wiragiza Imana.”

Iki kibazo cyabajijwe ari ku wa Gatandatu tariki 27 Kanama 2022, Perezida Kagame agendeye ku byatangazwaga n’uyu muturage n’agahinda yagaragazaga, yasabye inzengo bireba kuba zamukemuriye iki kibazo ku wa Mbere w’icyumweru cyakurikiyeho tariki 29 Kanama 2022.

 

Muhizi yatanze amakuru anyuranye n’ukuri ubu arafunze

Inzego zahise zitangira gukurikirana iki kibazo cya Muhizi Anatole, zisanga ibyo yavugiye imbere y’Umukuru w’Igihugu bihabanye n’ukuri, ubu akaba yatawe muri yombi aho afungiye kuri station ya RIB ya Remera mu Mujyi wa Kigali.

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rutangaza ko iperereza ry’ibanze ryakozwe kuri Muhizi, ryagaragaje ko ahubwo ibyo yakoze bigize ibyaha ashobora gukurikiranwaho mu nkiko.

Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko uyu muturage “atavugishije ukuri, yanga kubahiriza icyemezo cy’Urukiko cyo kurekura inzu.”

Dr Murangira avuga ko uyu mutungo uri mu kibazo wari ingwate y’uwitwa Rutagengwa Jean Leon wari ubereyemo umwenda Banki y’Igihugu (BNR) wa Miliyoni 31 Frw.

Dr Murangira yavuze ko ubwo BNR yatsindaga urubanza yaburanagamo n’uyu Rutagengwa nyiri iriya nzu, yasabye ko ufatirwa kuko n’Urukiko rwagaragagaje ko yayigurishije akoresheje inyandiko mpimbano.

Uyu Muhizi Anatole kandi yanze kuva muri iyi nzu yatsindiwe na BNR, nkuko byategetswe n’Urukiko rwaburanishije uru rubanza.

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, avuga ko Muhizi ukomeje gukorwaho iperereza, akurikiranyweho icyaha cyo gukoresha inyandiko mpimbano ndetse no kwanga kubaha icyemezo cy’Urukiko.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six − two =

Previous Post

DRC: Abatamenyekanye biraye mu nka bicamo 28 bazitemye n’imihoro

Next Post

Hamenyekanye itariki Bamporiki azagerezwa imbere y’Urukiko

Related Posts

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwafashe icyemezo cyo gufunga by’agateganyo iminsi 30 Moses Turahirwa uzwi mu guhanga imideri wanashinze inzu yayo...

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

by radiotv10
09/05/2025
0

Umugore w’imyaka 58 wo mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza ukurikiranyweho kwica umugabo we w’imyaka 80, avuga ko...

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda bwashimiye Imana ku itorwa ry’Umushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Nyirubutungane Lewo XIV...

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kizura mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, yatawe muri yombi nyuma yuko mu...

Abapolisi bari bamaze umwaka mu butumwa bakigera mu Rwanda bagarutse ku byo bishimira bakoze

Abapolisi bari bamaze umwaka mu butumwa bakigera mu Rwanda bagarutse ku byo bishimira bakoze

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bw’Abapolisi bavuye mu butumwa bw’amahoro muri Repubulika ya Centrafrique, bwagarutse ku byo bakoze mu gihe cy’umwaka bakoze ibikorwa bitandukanye...

IZIHERUKA

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda
Uncategorized

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

by radiotv10
09/05/2025
0

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanye itariki Bamporiki azagerezwa imbere y’Urukiko

Hamenyekanye itariki Bamporiki azagerezwa imbere y'Urukiko

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.