Thursday, December 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uwifuza guhatanira kuyobora u Rwanda yatangaje gahunda y’intambwe izamuganisha ku kuba Umukandida

radiotv10by radiotv10
24/04/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Uwifuza guhatanira kuyobora u Rwanda yatangaje gahunda y’intambwe izamuganisha ku kuba Umukandida
Share on FacebookShare on Twitter

Mpayimana Philippe wigeze kwiyamamariza ku mwanya wa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, agatsindwa ku majwi 0,7%, akaba yifuza kongera kwiyamamaza, yatangaje gahunda yo gutangira gusinyisha abashyigikira Kandidatire ye.

Mpayimana Phillipe wiyamamaje mu matora y’Umukuru w’Igihugu ya 2017, aherutse kwemeza ko azongera akiyamamaza mu matora y’uyu mwaka azaba muri Nyakanga 2024.

Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, iherutse guhamagarira abifuza kuzaba abakandida bigenga mu matora y’Umukuru w’Igihugu n’ay’Abadepite kujya gushyikira impapuro zo gusinyisha abashyigikiye kandidatire zabo mu Gihugu hose, aho haba hakenewe abantu 600.

Iki gikorwa cyo kujya kwakira izo mpapuro z’abifuza kuzaba Abakandida bigenga, cyari giteganyijwe kuva tariki 15 Mata 2024, mu gihe gusinyisha byo byatangiye tariki 18 Mata.

Mpayimana Philippe uherutse kwemeza ko azongera kwiyamamaza ku mwanya wa Perezida wa Repubulika, yatangaje ko iki gikorwa we azagitangira kuri uyu wa Kane tariki 25 Mata 2024.

Mu butumwa yatanze, yagize ati “Nejejwe no kumenyesha Abanyarwanda ko dutangira guhera ku wa Kane ku wa 25 Mata 2024 gahunda yo gusinyisha abashyigiye Demokarasi, abemerera Mpayimana Philippe gutanga kandidature mu matora y’Umukuru w’Igihugu.”

Mpayimana Philippe yatangaje kandi ko ari we ubwe ndetse n’abandi babiri bari kumufasha bazagera ku baturage mu gushaka abamusinyira. Ati “We ubwe cyangwa intumwa ze, bazabageraho mu Turere ku buryo bukurikira.”

Iki gikorwa kizajya kiba mu masaha y’igitondo n’ikigoroba, kizatangirira mu Turere twa Gasabo na Kicukiro kuri uyu wa 25 Mata 2024, gikomereze mu Turere twa Nyarugenge na Kamonyi ku wa 26 Mata 2024, Rulindo na Komonyi, kibe tariki 27 Mata 2024.

Iki gikorwa cyo gusinyisha abashyigikiye Kandidatire ya Mpayimana Philippe kizakorwa mu minsi 15, kizasozwa tariki 09 Gicurasi 2024, kizasorezwa mu Turere twa Rusizi na Nyamasheke.

Mu matora ya 2027, Mpayimana Philippe wari Umukandida wigenga wagize amajwi ya kabiri, yari yagize 0,73% akurikiye Perezida Paul Kagame watsinze aya matora ku majwi 98,79%, mu gihe Dr Frank Habineza w’Ishyaka riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije, we yari yagize amajwi 0,48%.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − 16 =

Previous Post

N’ejo baje twabakira- Hagaragajwe imyiteguro y’u Rwanda ku kwakira abimukira bazoherezwa n’u Bwongereza

Next Post

Kenya: Hatanzwe umuburo nyuma y’uko hadutse ibiza byakuye mu byabo ababarirwa mu bihumbi  

Related Posts

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

by radiotv10
11/12/2025
0

Umukozi ushinzwe imyirwarire y’abanyeshuri mu ishuri rya Saint Trinité de Ruhango riherereye mu Karere ka Ruhango, yatawe muri yombi n’Urwego...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

by radiotv10
10/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko Umupolisi wo mu Murenge wa Boneza mu Karere ka Rutsiro, yarashe abantu babiri barimo Umu-DASSO...

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

by radiotv10
10/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iratangaza ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo idakwiye kwegeka ku Rwanda ibikorwa byo kurenga ku gahenge, nyuma...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Eng.-Rwanda speaks out on the recent South Kivu bombing from Burundi and responds to the accompanying false claims

by radiotv10
10/12/2025
0

The Government of Rwanda states that the Democratic Republic of Congo (DRC) cannot place on Rwanda any cross-border violations following...

Ikibazo u Rwanda rwabajije Congo yakinnye ku mubyimba Abanyekongo baruhungiyemo

Ibi birahagije: Ubutumwa Umuvugizi w’u Rwanda yageneye uwa Congo nyuma yo kongera kuzamura ibinyoma

by radiotv10
10/12/2025
0

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yavuze ko igihe kigeze ngo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ihagarike ibinyoma byayo,...

IZIHERUKA

Eng.-One AFC/M23 cadre shot dead in Goma City
AMAHANGA

Eng.-One AFC/M23 cadre shot dead in Goma City

by radiotv10
11/12/2025
0

Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

11/12/2025
Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

11/12/2025
AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

11/12/2025
Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

10/12/2025
AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

10/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kenya: Hatanzwe umuburo nyuma y’uko hadutse ibiza byakuye mu byabo ababarirwa mu bihumbi  

Kenya: Hatanzwe umuburo nyuma y’uko hadutse ibiza byakuye mu byabo ababarirwa mu bihumbi  

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-One AFC/M23 cadre shot dead in Goma City

Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.