Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uwifuza guhatanira kuyobora u Rwanda yatangaje gahunda y’intambwe izamuganisha ku kuba Umukandida

radiotv10by radiotv10
24/04/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Uwifuza guhatanira kuyobora u Rwanda yatangaje gahunda y’intambwe izamuganisha ku kuba Umukandida
Share on FacebookShare on Twitter

Mpayimana Philippe wigeze kwiyamamariza ku mwanya wa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, agatsindwa ku majwi 0,7%, akaba yifuza kongera kwiyamamaza, yatangaje gahunda yo gutangira gusinyisha abashyigikira Kandidatire ye.

Mpayimana Phillipe wiyamamaje mu matora y’Umukuru w’Igihugu ya 2017, aherutse kwemeza ko azongera akiyamamaza mu matora y’uyu mwaka azaba muri Nyakanga 2024.

Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, iherutse guhamagarira abifuza kuzaba abakandida bigenga mu matora y’Umukuru w’Igihugu n’ay’Abadepite kujya gushyikira impapuro zo gusinyisha abashyigikiye kandidatire zabo mu Gihugu hose, aho haba hakenewe abantu 600.

Iki gikorwa cyo kujya kwakira izo mpapuro z’abifuza kuzaba Abakandida bigenga, cyari giteganyijwe kuva tariki 15 Mata 2024, mu gihe gusinyisha byo byatangiye tariki 18 Mata.

Mpayimana Philippe uherutse kwemeza ko azongera kwiyamamaza ku mwanya wa Perezida wa Repubulika, yatangaje ko iki gikorwa we azagitangira kuri uyu wa Kane tariki 25 Mata 2024.

Mu butumwa yatanze, yagize ati “Nejejwe no kumenyesha Abanyarwanda ko dutangira guhera ku wa Kane ku wa 25 Mata 2024 gahunda yo gusinyisha abashyigiye Demokarasi, abemerera Mpayimana Philippe gutanga kandidature mu matora y’Umukuru w’Igihugu.”

Mpayimana Philippe yatangaje kandi ko ari we ubwe ndetse n’abandi babiri bari kumufasha bazagera ku baturage mu gushaka abamusinyira. Ati “We ubwe cyangwa intumwa ze, bazabageraho mu Turere ku buryo bukurikira.”

Iki gikorwa kizajya kiba mu masaha y’igitondo n’ikigoroba, kizatangirira mu Turere twa Gasabo na Kicukiro kuri uyu wa 25 Mata 2024, gikomereze mu Turere twa Nyarugenge na Kamonyi ku wa 26 Mata 2024, Rulindo na Komonyi, kibe tariki 27 Mata 2024.

Iki gikorwa cyo gusinyisha abashyigikiye Kandidatire ya Mpayimana Philippe kizakorwa mu minsi 15, kizasozwa tariki 09 Gicurasi 2024, kizasorezwa mu Turere twa Rusizi na Nyamasheke.

Mu matora ya 2027, Mpayimana Philippe wari Umukandida wigenga wagize amajwi ya kabiri, yari yagize 0,73% akurikiye Perezida Paul Kagame watsinze aya matora ku majwi 98,79%, mu gihe Dr Frank Habineza w’Ishyaka riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije, we yari yagize amajwi 0,48%.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × four =

Previous Post

N’ejo baje twabakira- Hagaragajwe imyiteguro y’u Rwanda ku kwakira abimukira bazoherezwa n’u Bwongereza

Next Post

Kenya: Hatanzwe umuburo nyuma y’uko hadutse ibiza byakuye mu byabo ababarirwa mu bihumbi  

Related Posts

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

IZIHERUKA

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze
IMIBEREHO MYIZA

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kenya: Hatanzwe umuburo nyuma y’uko hadutse ibiza byakuye mu byabo ababarirwa mu bihumbi  

Kenya: Hatanzwe umuburo nyuma y’uko hadutse ibiza byakuye mu byabo ababarirwa mu bihumbi  

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.