Wednesday, November 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uw’imyaka 33 ahishuye umujinya wamusubije mu ishuri kwigana n’umwana we

radiotv10by radiotv10
28/10/2022
in MU RWANDA
0
Uw’imyaka 33 ahishuye umujinya wamusubije mu ishuri kwigana n’umwana we

Photo/ Kigali Today

Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo w’imyaka 33 y’amavuko wo mu Murenge wa Cyuve mu Karere ka Musanze wasubiye mu ishuri ubu akaba yiga mu ishuri ribanza rya Migeshi rinigaho abana be, avuga ko iki cyemezo yagifashe kuko abana be bamusabaga kubafasha gusubiramo amasomo ariko bikamunanira.

Uyu mugabo witwa Mwangaguhunga Aimable yari amaze imyaka irenga 15 acikirije amashuri, akaba yubatse ariko yiyemeje gusubira mu mashuri abanza kubera abana be.

Avuga ko abana be bajyaga babaha imikoro yo mu rugo, bagera mu rugo bakamusaba ko yabafasha ariko ntabishobore kuko ibyo yize muri iyo myaka ishize yabyibagiwe.

Ati “Byakomeje kujya bimbabaza cyane, bintera kwiyemeza gusubira ku ntebe y’ishuri, nkiga nshyizeho umwete kugira ngo njijuke, ngire ubumenyi, nge mbona n’uko abana banjye najya mbitaho mu myigire yabo.”

Mwangaguhunga wiga mu mwaka wa gatandatu w’amashuri abanza, yigana n’abana yakabaye abyaye ndetse umwe mu bana be biga mu mwaka umwe, gusa ngo ntibimutera ipfunwe kuko azi icyamuzanye.

Yewe ngo n’abamubona acigatiye amakayi mu ntoki mu gitondo yerecyeza ku ishuri, basa nk’abamutwama ariko byose ntibishobora kumukoma mu nkokora

Ati “Hari abambonana amakayi ngiye kwiga cyangwa ntashye bakanyibazaho, abandi bakambwira ko ntazabishobora ariko kwiga ni ibintu byambagamo kuva cyera, gusa ubu nihaye intego yuko ngomba kwiga ntitaye ku kintu cyose gishobora kunca intege.”

Umwana w’uyu mugabo biga mu mwaka umwe w’amashuri, avuga ko akibimenya ko umubyeyi we yaje kwiga, byabanje kumutera urujijo agakeka ko ari amayeri yaje gukoresha kugira ngo ajye amukurikirana.

Yagize ati “Byarampahamuye bigera n’aho numva nareka ishuri, nkomeza kubitekerezaho neza, nsanga koko ari ngombwa ko umubyeyi wanjye yiga, kugira ngo azatubesheho.”

Uyu mwana avuga ko amaze kwakira kwiga mu mwaka umwe n’umubyeyi we kandi ko bazajya bafatanya mu gusubiramo amasomo ndetse bakunganirana.

Hakizimana Jules, umwe mu barimu bigisha kuri iri shuri ryigamo uyu mugabo, avuga ko amubonana umuhate udasanzwe ku buryo bizeye ko azajya atsinda amasomo.

Gusa ngo ikiri kumugora, ni ururimi rw’icyongereza banigamo kuko we ubwo yacikirizaga amashuri, bigaga mu rurimi rw’Igifaransa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen + 20 =

Previous Post

Kigali: Imvura idasanzwe yangije bimwe

Next Post

U Rwanda rwasubije abakeka ko rushobora kurwana na DRCongo

Related Posts

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

by radiotv10
25/11/2025
0

Itsinda ry’abahoze mu gisirikare cya Israel (IDF/Israel Defense Forces) barimo abamugariye ku rugamba, bageze mu Rwanda aho baje mu ruzinduko...

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

by radiotv10
25/11/2025
0

Umusore w’imyaka 23 wabaga mu Mujyi wa Kigali ariko ukomoka mu Karere ka Rwamagana, bamusanze yapfuye amanitse mu mugozi iwabo...

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Eng.-Former Israeli soldiers including war veterans, arrive in Rwanda for a week-long visit

by radiotv10
25/11/2025
0

A group of former soldiers from the Israel Defense Forces (IDF), including those who were injured in combat, have arrived...

Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

by radiotv10
25/11/2025
0

Abanyeshuri bo mu Rwunge rw’Amashuri rwa Paysannat LE, ryigamo impunzi mu Murenge wa Mahama mu Karere ka Kirehe, bavuga ko...

Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

by radiotv10
25/11/2025
0

Umwarimu w’imyaka 50 wigisha muri Nyanza TSS waregwaga gusambanya abana b’abakobwa babiri bacuruza ibiraha, yanabanje no kubirya ubundi akaboshyoshya akabajyana...

IZIHERUKA

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye
MU RWANDA

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

by radiotv10
25/11/2025
0

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

25/11/2025
Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Eng.-Former Israeli soldiers including war veterans, arrive in Rwanda for a week-long visit

25/11/2025
Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

25/11/2025
Ubutumwa bw’umukinnyi w’Umunya-Senegal ukina i Burayi nyuma yo gukubita urushyi uwo bakinana

Ubutumwa bw’umukinnyi w’Umunya-Senegal ukina i Burayi nyuma yo gukubita urushyi uwo bakinana

25/11/2025
Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

25/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwasubije abakeka ko rushobora kurwana na DRCongo

U Rwanda rwasubije abakeka ko rushobora kurwana na DRCongo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

Eng.-Former Israeli soldiers including war veterans, arrive in Rwanda for a week-long visit

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.