Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uw’imyaka 33 ahishuye umujinya wamusubije mu ishuri kwigana n’umwana we

radiotv10by radiotv10
28/10/2022
in MU RWANDA
0
Uw’imyaka 33 ahishuye umujinya wamusubije mu ishuri kwigana n’umwana we

Photo/ Kigali Today

Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo w’imyaka 33 y’amavuko wo mu Murenge wa Cyuve mu Karere ka Musanze wasubiye mu ishuri ubu akaba yiga mu ishuri ribanza rya Migeshi rinigaho abana be, avuga ko iki cyemezo yagifashe kuko abana be bamusabaga kubafasha gusubiramo amasomo ariko bikamunanira.

Uyu mugabo witwa Mwangaguhunga Aimable yari amaze imyaka irenga 15 acikirije amashuri, akaba yubatse ariko yiyemeje gusubira mu mashuri abanza kubera abana be.

Avuga ko abana be bajyaga babaha imikoro yo mu rugo, bagera mu rugo bakamusaba ko yabafasha ariko ntabishobore kuko ibyo yize muri iyo myaka ishize yabyibagiwe.

Ati “Byakomeje kujya bimbabaza cyane, bintera kwiyemeza gusubira ku ntebe y’ishuri, nkiga nshyizeho umwete kugira ngo njijuke, ngire ubumenyi, nge mbona n’uko abana banjye najya mbitaho mu myigire yabo.”

Mwangaguhunga wiga mu mwaka wa gatandatu w’amashuri abanza, yigana n’abana yakabaye abyaye ndetse umwe mu bana be biga mu mwaka umwe, gusa ngo ntibimutera ipfunwe kuko azi icyamuzanye.

Yewe ngo n’abamubona acigatiye amakayi mu ntoki mu gitondo yerecyeza ku ishuri, basa nk’abamutwama ariko byose ntibishobora kumukoma mu nkokora

Ati “Hari abambonana amakayi ngiye kwiga cyangwa ntashye bakanyibazaho, abandi bakambwira ko ntazabishobora ariko kwiga ni ibintu byambagamo kuva cyera, gusa ubu nihaye intego yuko ngomba kwiga ntitaye ku kintu cyose gishobora kunca intege.”

Umwana w’uyu mugabo biga mu mwaka umwe w’amashuri, avuga ko akibimenya ko umubyeyi we yaje kwiga, byabanje kumutera urujijo agakeka ko ari amayeri yaje gukoresha kugira ngo ajye amukurikirana.

Yagize ati “Byarampahamuye bigera n’aho numva nareka ishuri, nkomeza kubitekerezaho neza, nsanga koko ari ngombwa ko umubyeyi wanjye yiga, kugira ngo azatubesheho.”

Uyu mwana avuga ko amaze kwakira kwiga mu mwaka umwe n’umubyeyi we kandi ko bazajya bafatanya mu gusubiramo amasomo ndetse bakunganirana.

Hakizimana Jules, umwe mu barimu bigisha kuri iri shuri ryigamo uyu mugabo, avuga ko amubonana umuhate udasanzwe ku buryo bizeye ko azajya atsinda amasomo.

Gusa ngo ikiri kumugora, ni ururimi rw’icyongereza banigamo kuko we ubwo yacikirizaga amashuri, bigaga mu rurimi rw’Igifaransa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − eighteen =

Previous Post

Kigali: Imvura idasanzwe yangije bimwe

Next Post

U Rwanda rwasubije abakeka ko rushobora kurwana na DRCongo

Related Posts

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukobwa wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, aravugwaho kuba amaze gukanda ubugabo umubyeyi we inshuro ebyiri, ndetse...

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

by radiotv10
28/01/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere (RDB) rwatangaje ko hari abantu bakomeje kurwiyitirira cyangwa biyitirira kwamamaza ikirango cy’ubukerarugendo ‘Visit Rwanda’ mu nyungu zabo...

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

by radiotv10
28/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yasobanuye birambuye iby’ikirego yarezemo iy’u Bwongereza mu Rukiko Nkemurampaka, ku bijyanye no kutabahiriza amasezerano zombi zagiranye, ivuga...

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
28/01/2026
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Karenge mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko babuzwa n’ubuyobozi kubaka no kuvugurura inzu zabo,...

Simple steps you can follow to build real confidence

Simple steps you can follow to build real confidence

by radiotv10
28/01/2026
0

Confidence isn’t about being the loudest person in the room or having everything figured out. It’s about feeling comfortable with...

IZIHERUKA

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police
FOOTBALL

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

28/01/2026
AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

28/01/2026
Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

28/01/2026
Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwasubije abakeka ko rushobora kurwana na DRCongo

U Rwanda rwasubije abakeka ko rushobora kurwana na DRCongo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.