Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uw’imyaka 33 ahishuye umujinya wamusubije mu ishuri kwigana n’umwana we

radiotv10by radiotv10
28/10/2022
in MU RWANDA
0
Uw’imyaka 33 ahishuye umujinya wamusubije mu ishuri kwigana n’umwana we

Photo/ Kigali Today

Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo w’imyaka 33 y’amavuko wo mu Murenge wa Cyuve mu Karere ka Musanze wasubiye mu ishuri ubu akaba yiga mu ishuri ribanza rya Migeshi rinigaho abana be, avuga ko iki cyemezo yagifashe kuko abana be bamusabaga kubafasha gusubiramo amasomo ariko bikamunanira.

Uyu mugabo witwa Mwangaguhunga Aimable yari amaze imyaka irenga 15 acikirije amashuri, akaba yubatse ariko yiyemeje gusubira mu mashuri abanza kubera abana be.

Avuga ko abana be bajyaga babaha imikoro yo mu rugo, bagera mu rugo bakamusaba ko yabafasha ariko ntabishobore kuko ibyo yize muri iyo myaka ishize yabyibagiwe.

Ati “Byakomeje kujya bimbabaza cyane, bintera kwiyemeza gusubira ku ntebe y’ishuri, nkiga nshyizeho umwete kugira ngo njijuke, ngire ubumenyi, nge mbona n’uko abana banjye najya mbitaho mu myigire yabo.”

Mwangaguhunga wiga mu mwaka wa gatandatu w’amashuri abanza, yigana n’abana yakabaye abyaye ndetse umwe mu bana be biga mu mwaka umwe, gusa ngo ntibimutera ipfunwe kuko azi icyamuzanye.

Yewe ngo n’abamubona acigatiye amakayi mu ntoki mu gitondo yerecyeza ku ishuri, basa nk’abamutwama ariko byose ntibishobora kumukoma mu nkokora

Ati “Hari abambonana amakayi ngiye kwiga cyangwa ntashye bakanyibazaho, abandi bakambwira ko ntazabishobora ariko kwiga ni ibintu byambagamo kuva cyera, gusa ubu nihaye intego yuko ngomba kwiga ntitaye ku kintu cyose gishobora kunca intege.”

Umwana w’uyu mugabo biga mu mwaka umwe w’amashuri, avuga ko akibimenya ko umubyeyi we yaje kwiga, byabanje kumutera urujijo agakeka ko ari amayeri yaje gukoresha kugira ngo ajye amukurikirana.

Yagize ati “Byarampahamuye bigera n’aho numva nareka ishuri, nkomeza kubitekerezaho neza, nsanga koko ari ngombwa ko umubyeyi wanjye yiga, kugira ngo azatubesheho.”

Uyu mwana avuga ko amaze kwakira kwiga mu mwaka umwe n’umubyeyi we kandi ko bazajya bafatanya mu gusubiramo amasomo ndetse bakunganirana.

Hakizimana Jules, umwe mu barimu bigisha kuri iri shuri ryigamo uyu mugabo, avuga ko amubonana umuhate udasanzwe ku buryo bizeye ko azajya atsinda amasomo.

Gusa ngo ikiri kumugora, ni ururimi rw’icyongereza banigamo kuko we ubwo yacikirizaga amashuri, bigaga mu rurimi rw’Igifaransa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × two =

Previous Post

Kigali: Imvura idasanzwe yangije bimwe

Next Post

U Rwanda rwasubije abakeka ko rushobora kurwana na DRCongo

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

IZIHERUKA

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse
MU RWANDA

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwasubije abakeka ko rushobora kurwana na DRCongo

U Rwanda rwasubije abakeka ko rushobora kurwana na DRCongo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.